• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

BK Arena ihenda bitewe n’icyo ugiye kuyikoreramo – Sharangabo Alex

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
November 26, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

BK Arena ntabwo ihenze, ihenda bitewe n’icyo ugiye kuyikoreramo. Iyo ugiye kuyikoreramo haba hagomba kurebwa niba koko bikwiye ko uhakorera igikorwa: ese ushobora kubona abantu bangana iki? Ese wowe wayishoyemo amafaranga yawe uzunguka? Iyo abantu bajyanye igikorwa muri BK Arena, ntibagomba kureba gusa ibikorwa byabo, ahubwo hakanarebwa niba bazabasha kugurisha no kugaruza ayo bashoye.

Ibi byagarutsweho mu kiganiro cyahuje Richard Nick Ngendahayo, wamenyekanye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, n’itangazamakuru hamwe n’abazatera inkunga igitaramo cya Richard Nick yise NIWE Concert, kizaba ku wa 29 Ugushyingo 2025.

Aha ni ho hakomotse ikibazo kijyanye n’ibiciro bya BK Arena bivugwa ko biri hejuru, bityo bikaba bitabashwa kwigonderwa na bamwe mu bashaka kuyikoreramo ibitaramo cyangwa ibirori binyuranye. Mu gusubiza iki kibazo, Sharangabo Alex wari uhagariye ubuyobozi bwa BK Arena yavuze ko biterwa n’uburemere bw’igikorwa ugiye kuhakorera.

Alex ati: “Iyo ushaka gukora igitaramo cyangwa ibirori hano muri BK Arena, ubanza ukaza nk’uko bisanzwe ukatubwira uko ibirori biteguye, uko igitaramo giteye, uko gipanze n’abantu uteganya kuzakira. Iyo tubonye bishobora kuzo guhombya, tukugira inama y’uburyo wabigenza cyangwa ahandi wakorera igikorwa cyaneko.”

Ikiganiro n’itangazamakuru( NIWE Consert)

Yakomeje atanga urugero agira ati: “Tugishe ukuri, wowe uri umucuruzi w’umunyamwuga wareka umukiriya wawe agahomba kandi ubireba? Wareka umuntu agwa mu mutego kandi ufite ubushobozi bwo kumubuza cyangwa kumugira inama? Oya. Natwe ni uko dukora, tubagira inama kandi tukabereka uko byagenda.”

Ni yo mpamvu bamwe bavuga ko BK Arena ihenze, nyamara siko biri. N’iy’abanyamuryango, urubyiruko n’abandi bakeneye kuyikoresha birahenduka bitewe n’uko umuntu yateguye ibirori bye.

Yakomeje avuga ko BK Arena ikunda gutera inkunga ibitaramo n’ibirori bitandukanye, ikananafasha abayiteguriramo ibikorwa byabo kunoza igitaramo n’ibindi biyishamikiyeho.

Yasoje agira ati: “Dutera inkunga bitewe n’uko twabonye umushinga wawe. Iyo tubonye ushobora guhomba, tukugira inama y’uburyo byakorwamo, cyane ko natwe tutatera inkunga umushinga ushobora guhomba. Iyo bidasobanutse ni ho bahera bavuga ngo BK Arena irahenze, nyamara siko biri.”

Previous Post

“Thanksgiving in Action 2025” igamije gushima Imana mu bikorwa igiye kuba ku nshuro ya 19

Next Post

Sinjya mpanga indirimbo, Imana ni yo ibikora” – Richard Nick Ngendahayo

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
12 minutes ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

Biravugwa ko Sat –B yatandukanye na Belle 9ice

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Umuhanzi w’icyamamare mu Burundi, Sat-B, yemeje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe kinini, Belle 9ice (Ingabire...

Next Post
Sinjya mpanga indirimbo, Imana ni yo ibikora” – Richard Nick Ngendahayo

Sinjya mpanga indirimbo, Imana ni yo ibikora” – Richard Nick Ngendahayo

Cyusa Ibrahim agiyegushyira hanze album ye shya yise “Muvumwamata”

Cyusa Ibrahim agiyegushyira hanze album ye shya yise “Muvumwamata”

Umuhanzi Richard Nick Ngendahayo yagarutse ubudahindukira

Umuhanzi Richard Nick Ngendahayo yagarutse ubudahindukira

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.