• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 17, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

BK Arena ihenda bitewe n’icyo ugiye kuyikoreramo – Sharangabo Alex

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
November 26, 2025
Reading Time: 1 min read
A A

BK Arena ntabwo ihenze, ihenda bitewe n’icyo ugiye kuyikoreramo. Iyo ugiye kuyikoreramo haba hagomba kurebwa niba koko bikwiye ko uhakorera igikorwa: ese ushobora kubona abantu bangana iki? Ese wowe wayishoyemo amafaranga yawe uzunguka? Iyo abantu bajyanye igikorwa muri BK Arena, ntibagomba kureba gusa ibikorwa byabo, ahubwo hakanarebwa niba bazabasha kugurisha no kugaruza ayo bashoye.

Ibi byagarutsweho mu kiganiro cyahuje Richard Nick Ngendahayo, wamenyekanye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, n’itangazamakuru hamwe n’abazatera inkunga igitaramo cya Richard Nick yise NIWE Concert, kizaba ku wa 29 Ugushyingo 2025.

Aha ni ho hakomotse ikibazo kijyanye n’ibiciro bya BK Arena bivugwa ko biri hejuru, bityo bikaba bitabashwa kwigonderwa na bamwe mu bashaka kuyikoreramo ibitaramo cyangwa ibirori binyuranye. Mu gusubiza iki kibazo, Sharangabo Alex wari uhagariye ubuyobozi bwa BK Arena yavuze ko biterwa n’uburemere bw’igikorwa ugiye kuhakorera.

Alex ati: “Iyo ushaka gukora igitaramo cyangwa ibirori hano muri BK Arena, ubanza ukaza nk’uko bisanzwe ukatubwira uko ibirori biteguye, uko igitaramo giteye, uko gipanze n’abantu uteganya kuzakira. Iyo tubonye bishobora kuzo guhombya, tukugira inama y’uburyo wabigenza cyangwa ahandi wakorera igikorwa cyaneko.”

Ikiganiro n’itangazamakuru( NIWE Consert)

Yakomeje atanga urugero agira ati: “Tugishe ukuri, wowe uri umucuruzi w’umunyamwuga wareka umukiriya wawe agahomba kandi ubireba? Wareka umuntu agwa mu mutego kandi ufite ubushobozi bwo kumubuza cyangwa kumugira inama? Oya. Natwe ni uko dukora, tubagira inama kandi tukabereka uko byagenda.”

Ni yo mpamvu bamwe bavuga ko BK Arena ihenze, nyamara siko biri. N’iy’abanyamuryango, urubyiruko n’abandi bakeneye kuyikoresha birahenduka bitewe n’uko umuntu yateguye ibirori bye.

Yakomeje avuga ko BK Arena ikunda gutera inkunga ibitaramo n’ibirori bitandukanye, ikananafasha abayiteguriramo ibikorwa byabo kunoza igitaramo n’ibindi biyishamikiyeho.

Yasoje agira ati: “Dutera inkunga bitewe n’uko twabonye umushinga wawe. Iyo tubonye ushobora guhomba, tukugira inama y’uburyo byakorwamo, cyane ko natwe tutatera inkunga umushinga ushobora guhomba. Iyo bidasobanutse ni ho bahera bavuga ngo BK Arena irahenze, nyamara siko biri.”

Previous Post

“Thanksgiving in Action 2025” igamije gushima Imana mu bikorwa igiye kuba ku nshuro ya 19

Next Post

Sinjya mpanga indirimbo, Imana ni yo ibikora” – Richard Nick Ngendahayo

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
4 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Sinjya mpanga indirimbo, Imana ni yo ibikora” – Richard Nick Ngendahayo

Sinjya mpanga indirimbo, Imana ni yo ibikora” – Richard Nick Ngendahayo

Cyusa Ibrahim agiyegushyira hanze album ye shya yise “Muvumwamata”

Cyusa Ibrahim agiyegushyira hanze album ye shya yise “Muvumwamata”

Umuhanzi Richard Nick Ngendahayo yagarutse ubudahindukira

Umuhanzi Richard Nick Ngendahayo yagarutse ubudahindukira

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.