• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Sunday, June 14, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Abanya-Uganda beretse The Ben urukundo bamukunda, amatike yashize kare

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
February 16, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuririmbyi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben yongeye kugaragaza imbaraga ze ku isoko ryo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, nyuma yo gukora igitaramo gikomeye mu Mujyi wa Kampala muri Uganda ku munsi wa Saint Valentin.

Iki gitaramo cyabereye ahitwa Mezo Noir, ahazwi nk’akabari kagezweho kakira abantu bari hagati ya 1000 na 1500, aho cyitabiriwe n’imbaga y’abafana biganjemo abakunda indirimbo z’urukundo. Cyaranzwe n’udushya dutandukanye, indirimbo zakunzwe n’abatari bake ndetse n’amarangamutima yihariye ajyana n’Umunsi w’Abakundana.

Umujyanama wa The Ben, Alex Muyoboke, yatangaje ko banyuzwe n’uko igitaramo cyagenze, agaragaza ko cyari ku rwego rwo hejuru haba mu myiteguro no mu buryo abakunzi b’umuziki bacyitabiriye.

Yagize ati: “Igitaramo cyagenze neza cyane. Byose byari ku rwego rwo hejuru, kandi cyari kimwe mu bitaramo bihenze byabereye i Kampala muri iki gihe. Amatike yose yarashize, abantu bishimye cyane. The Ben hano muri Uganda bamukunda mu buryo budasanzwe.”

Amatike y’iki gitaramo yari mu byiciro bitatu birimo icyiciro cya mbere cyari Miliyoni 5 Frw, Miliyoni 3 Frw na Miliyoni 1.5 Frw. Nubwo ibiciro byari hejuru, ntibyabujije abakunzi b’uyu muhanzi kuyagura amatike yose mbere y’umunsi nyir’izina, bituma igitaramo cyandikwaho ko ari Sold Out.

Iki gitaramo cyaririmbyemo kandi umuhanzi Shaffy wamamaye mu ndirimbo “Akabanga”, aho bafatanyije gushimisha imbaga y’abafana bari bitabiriye.

Ku bijyanye n’indi mishinga ishobora gukomerezaho mu bikorwa bya The Ben muri Uganda, Muyoboke yavuze ko hari ibigikorwa biri gutegurwa, ariko ko bizatangazwa na The Ben ubwe mu gihe kiri imbere.

Ibi bikorwa byongeye kugaragaza ko Uganda imfite masoko akomeye ku muziki wa The Ben, ndetse ko uyu muhanzi akomeje kubaka izina rye ku rwego mpuzamahanga, by’umwihariko mu karere.

Mu ijoro rya Saint Valentin, Mezo Noir yari yuzuye abafana baririmbanaga na we indirimbo ze z’urukundo, igihamya cy’uko igikundiro cye gikomeje kwiyongera muri iki gihugu.

Kuba igitaramo cyarateguwe ku rwego rwo hejuru, amatike agashira mbere y’igihe, ndetse n’ukwitabirwa ku bwinshi bw’abafana, ni ikimenyetso cy’uko The Ben akomeje kwagura isoko rye hanze y’u Rwanda no gukomeza kuzamura izina ry’umuziki nyarwanda mu karere.

Previous Post

Showbiz nyarwanda mu ndorerwamo ya YouTube

Next Post

Gloria Bugie yahawe ibyangombwa by’ubutaka ku munsi w’abakundana

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Gloria Bugie yahawe ibyangombwa by’ubutaka ku munsi w’abakundana

Gloria Bugie yahawe ibyangombwa by'ubutaka ku munsi w’abakundana

Umubikira n’Avoka: Immaculate Muthoni Ahuriza Ibyo Kwizera n’Ubutabera mu Rukiko Rukuru rwa Kenya

Umubikira n’Avoka: Immaculate Muthoni Ahuriza Ibyo Kwizera n’Ubutabera mu Rukiko Rukuru rwa Kenya

Ramadhani 2026: Aho Igisibo Kizaba Kirekire n’Ahagufi ku Isi

Ramadhani 2026: Aho Igisibo Kizaba Kirekire n’Ahagufi ku Isi

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.