• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, June 5, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

“Abahanzi nyarwanda dukwiye guhabwa amafaranga ngana n’ay’abanyamahanga” – Platini P

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
March 18, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Mu gihe abahanzi mpuzamahanga bakomeje gushimwa cyane mu bitaramo bakorera mu Rwanda, hagenda hagaragara impak ku abahanzi b’imbere mu gihugu badatanga umusaruro ungana n’uwabo, aho benshi batunga agatoki ikibazo cy’amikoro make bahabwa.

Ni mu murongo umwe n’ibi, umuhanzi Nemeye Platini uzwi nka Platini P aherutse kugaragaza ko mu Rwanda hari abahanzi bafite impano idashidikanywaho, ariko imikorere yabo igakumirwa n’uko batishyurwa amafaranga angana n’ayo abanyamahanga bahabwa.

Mu butumwa yashyize kuri Instagram ku wa 18 Werurwe 2026, Platini yavuze ko kongera urwego rw’ibitaramo by’abahanzi b’Abanyarwanda bisaba ko nabo bahabwa ubushobozi bujyanye n’akazi bakora.

Ati: “Yego! Hari abahanzi bakomeye, niba mukeneye ko dukora neza kurushaho, mutwishyure nk’ayo mubaha abanyamahanga, hanyuma muzarebe ibikurikira.”

Ibi baya nyuma y’igitaramo cy’umuhanzi Doja Cat cyabereye muri BK Arena ku wa 17 Werurwe 2026, cyavuzweho gukora ku rwego rwo hejuru, ku buryo bamwe mu bakurikira umuziki bagaragaje ko bigoye kubona umuhanzi wo mu Rwanda wakora igitaramo nk’icyo.

Nubwo bimeze bityo, hari abagaragaza ko mu bijyanye n’imyambarire n’imyitwarire ku rubyiniro, abahanzi b’abagore nka Alyn Sano na Marina bashobora kwegera urwo rwego nk’urwa Doj Cat.

Ariko Platini agaragaza ko ikibazo nyamukuru atari ubushobozi bw’abahanzi, ahubwo ari uburyo bashorwamo amafaranga make ugereranyije n’abanyamahanga, bigatuma batabasha gutegura ibitaramo bikomeye.

Ku rwego mpuzamahanga, birasanzwe ko abahanzi bafite izina rikomeye bahabwa amafaranga menshi, bitewe n’isoko bafite no kuba bafite abakunzi benshi.

Mu bihugu bifite amasoko manini, abahanzi mpuzamahanga bashobora guhembwa ibihumbi cyangwa miliyoni z’amadolari ku gitaramo kimwe, mu gihe ab’imbere mu gihugu bagenerwa make bitewe n’ubushobozi bw’isoko ryabo.

Bamwe mu bahanzi bakomeye ku isi na bo bemera iri tandukaniro. Umuraperi Cardi B yigeze kuvuga ko aho ajya hose, usanga abahanzi baho batishyurwa nk’abanyamahanga, kuko biterwa n’agaciro k’isoko ryabo.

Na Burna Boy na we yagaragaje ko iri tandukaniro risanzwe, ariko rishobora kubangamira iterambere ry’abahanzi bo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, cyane cyane mu bijyanye no gukora ibitaramo binini.

Ibi byose byerekana ko iterambere ry’umuziki nyarwanda ridashingiye gusa ku mpano z’abahanzi, ahubwo rishingiye cyane ku bushobozi bw’ishoramari rishyirwa mu bikorwa byabo, cyane cyane mu bijyanye n’ibitaramo.

Previous Post

Element EleéeH yatanguje ko agiye ku murika album ye yahuriyeho na Ruger, Kizz Daniel na Qing Madi

Next Post

Ni icyemezo ntigishobora kwemerwa! Senegal nyuma yo kwamburwa AFCON 2025

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Shema Arnaud de Bosscher wamamaye nka DJ Toxxyk yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse anacibwa ihazabu...

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Umuhanzikazi w’icyamamare Shakira yatangaje ko yatumiye itsinda rya Ghetto Kids kuzataramana na we mu birori byo hagati mu mukino wa...

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

Spice Diana Yongeye gukorana na Selecta Rizzon

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana yongeye kuvugisha abakunzi b’umuziki nyuma y’amakuru avuga ko yongereye Selecta Rizzon mu ikipe imufasha...

Next Post
Ni icyemezo ntigishobora kwemerwa! Senegal nyuma yo kwamburwa AFCON 2025

Ni icyemezo ntigishobora kwemerwa! Senegal nyuma yo kwamburwa AFCON 2025

ADEPR yambuye inshingano za gishumba abantu 35 bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

ADEPR yambuye inshingano za gishumba abantu 35 bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jowy Landa yatangaje ko yifuza gukorana na King Saha

Jowy Landa yatangaje ko yifuza gukorana na King Saha

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.