Winnie Nwagi, yatandaje ko ageze ku rwego kuba yaba umuntu mukuru kandi ufite ubushobozi mwinshi, avuga ko ari yo mpamvu ari gukora cyane anashaka indi mirimo, ishobora ku mwungukira (side hustles), kugira ngo abashe kwinjiza amafaranga, ayashore mu bikorwa bindi by’iterambere no gutegura ejo hazaza he.
Nubwo umuziki wa Winnie Nwagi wamwubakiye izina ndetse ukanamuha itsinzi ikomeye, yanatagaje ko bidashoboka ko yaguma kwamamara iteka ryose. Cyane ko akomeza gukura.
Winnie yakomeje avuga ko ateganya gushyira imbaraga mu mishanga itandukanye y’ubucuruzi izamufasha kwiteza imbere mu zabukuru, ndetse no kwita ku muryango we no gukomeza kubaho neza.
Uyu muhanzikazi wori Swagz Avenue asanzwe anakora umwuga w’ubucuruzi bw’imyambaro, bikaba bivugwa ko afite indi mishanga y’ubucuruzi atifuje gutangaza.
Mu kiganiro yagiranye na Tawfiq Media, uyu mubyeyi afite umwana umwe, akaba anafite imyaka 36 y’anavuko, yavuze ko imyaka agezemo imusaba gutangira gushora imari mu buryo bwiza kandi bwitondewe kugira ngo ategure ejo hazaza.
Yagize ati: “Ubu maze gukura bihagije, n’icyo gihe cyo gukora cyane ndetse no gushora imari mu mishanga igiye itandukanye. Imyaka ngezamo irasaba gufata ibyemezo bikomeye kandi bifatika. Sinshobora gushyira hanze iminshinga yanjye yose nashoyemo amafaranga, cyane ko abantu bahita batangira kunyibazaho byinshi.”
Sintewe ipfunwe n’ubucuruzi nkora kugira ngo mbone imibereho ndetse n’amafaranga; mbusangiza abakurikirana Snapchat ye. Ati: “Icy’ingenzi ni uko ubu meze neza kandi cyane, ubu maze gukura bihagije ku buryo nenye kwizigamira no kwiteza imbere nshora amafaranga mu bikorwa bigeye bitandukanye. Icyo nsaba abantu n’abakunzi banjye ni ugukomeza kushyigikira, kugira ngo nkomeze gutera imbere.”








