Umuhanzikazi w’icyamamare muri Uganda Spice Diana, uzwiho gukora cyane , yashishikarije abandi bagore ku mureberaho bagakora cyane aho kwishingikiriza ku mugabo.
Spice Diana akunze gushimangira akamaro ko gukora cyane no kungira ubwisanzure mu bijyanye n’imari ndetse no kwigenga, kandi yizera ko abagore bose bashobora kubigeraho mu gihe bakora cyane.
Yongeyeho ko abagore benshi bamaze kwibagirwa, bishingikiriza ku bagabo mu mibereho yabo aho kwishakira ubwigenge bakora cyane no gushaka imirimo ibateza imbere.
Avuga ko iyo ibintu bihindutse, sosiyete ishobora gutera imbere vuba, igihe cyose umugore yatinyutse agakora, akomeza avuga ko ari kimwe mu by’ingenzi bishobora kubazanira iterambere n’izamuka ry’ubukungu bwabo bityo n’igihugu kigatera imbere.
Yagize ati: “Ndashishikariza bagenzi banjye ba bagore gukora cyane. Kuko natwe dukwiye ejo hazaza. Mureke kwishingikiriza ku bagabo. Mushobora gukorera amafaranga yanyu ubwanyu, kandi nib wo buryo bwonyine bwo kwiteza imbere duteza imbere imiryango n’igihugu n’isi muri rusange. Kandi turashoboye nk’abagore.”
Aya magambo yayatangaje mu gihe abagore bizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore (International Women’s Day).









