Namagembe Sheena, wamamaye ku izina rya Shena Skies, yatangaje ko yahisemo kuba umahanzi uririmba aho kuba umwanditsi wazo.
Yasobanuye ko ubwo yatangiraha umuziki, yari aziko buri muhanzi uririmba agombaga kuba ari umwanditsi kugira ngo abashe kuzuza inshingano ze nk’umuhanzi.
Ariko nyuma ngo yaje gusobanukirwa ko Atari ko bimeze, ahubwo ko bikorwa n’uwabihisemo kubikora byose, kandi avuga ko ibyo byamuhaye ubumenyi bwo guhitamo kub umuhanzi uzajya anagagara ku rubyiniro, aho kuba umwanditsi w’indirimbo ukorera inyuma y’amarido.
Shena Skies avuga ko gukorera inyuma y’amarido nk’umwanditsi w’indirimbo ari wenyine bitamuha ibyishimo binyuze, n’iyo yaba yandikira bamwe mu bahanzi bakomeye ku isi.
Yongeyeho ko n’iyo yandika indirimbo nyinshi zikuunzwe n’abahanzi bakomeye nka Beyoncé, yakomeza kumva ko atanyuzwe igihe aba na we ari kurubyiniro.
Ati: “Ubwo natangiraga umuziki, natekerezaga ko buri muhanzi agomba kuba ari umwanditsi w’indirimbo. Mu by’ukuri nahitamo kuba umuhanzi uririmba aho kuba umwanditsi gusa, kuko biragoye kunyurwa ukorera inyuma y’amarido, n’iyo waba wandikira abahanzi bakomeye nka Beyoncé.”







