• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Wednesday, June 3, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imikino

Rayon Sports yongeye guhitamo Haringingo

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
March 27, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umutoza ukomoka i Burundi, Haringingo Francis Christian, yasubiye muri Rayon Sports nk’umutoza mukuru, aho agomba gusoza imikino isigaye ya shampiyona ya 2025/26.

Ibi byemejwe ku wa Kane tariki ya 26 Werurwe 2026, nyuma y’uko ubuyobozi bwa Rayon Sports buyobowe na Murenzi Abdallah bumvikanye na we ku masezerano y’igihe gito.

Yitezweho gutanga umusaruro

Haringingo yahawe inshingano zo gufasha Rayon Sports guhatanira ibikombe bikinirwa mu Rwanda, birimo Shampiyona n’Igikombe cy’Amahoro.

Ni umutoza usanzwe uzi neza ruhago y’u Rwanda, aho yatoje amakipe atandukanye nka Mukura VS, Police FC na Bugesera FC, ndetse yanatoje Rayon Sports mbere.

Mu 2023, yayifashije kwegukana Igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC ku mukino wa nyuma.

Azakorana n’abatoza basanzwe

Muri iyi mirimo mishya, Haringingo azakorana n’abatoza bari basanzwe muri Rayon Sports, barimo Romami Marcel uzamwungiriza.

Uyu Romami aheruka gufasha iyi kipe kubona amanota atatu ku mukino wa Gasogi United wabaye mpaga.

Asimbuye Bruno Ferry

Haringingo aje asimbuye Bruno Ferry watandukanye na Rayon Sports ku wa 20 Werurwe 2026.

Uyu mutoza yasize iyi kipe iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 39 muri shampiyona, ndetse igeze muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro aho izahura na Gorilla FC.

Biteganyijwe ko Haringingo azatangira akazi mu ntangiriro z’icyumweru gitaha, aho yanamaze gusezera ku bakinnyi n’abatoza ba Kiyovu Sports abinyujije mu itsinda rya WhatsApp.

Previous Post

Sarah Sanyu: Impano n’umuhamagaro

Next Post

Tanzania yihariye umukino ariko ibura igitego

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Aston Villa Yegukanye Europa League

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Ikipe ya Aston Villa yatsinze SC Freiburg ibitego 3-0 yegukana UEFA Europa League ku nshuro ya mbere mu mateka yayo....

Arsenal yakoze amateka nyuma y’imyaka 22

Arsenal yakoze amateka nyuma y’imyaka 22

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Arsenal yegukanye igikombe cya Premier League 2025-2026, isubira ku ntebe y’icyubahiro nyuma y’imyaka 22 yose itagitwara. Iyi ntsinzi yemejwe nyuma...

Itike y’igikombe cy’isi ibyara amafaranga atabarika

Itike y’igikombe cy’isi ibyara amafaranga atabarika

by MUNYANKINDI Alphonse
3 weeks ago

Kwitabira Igikombe cy’Isi cya FIFA biha ibihugu amafaranga menshi, kwamamara ku rwego mpuzamahanga n’ibyishimo bikomeye mu baturage, bikanafasha guteza imbere...

Next Post
Tanzania yihariye umukino ariko ibura igitego

Tanzania yihariye umukino ariko ibura igitego

Nyina wa DJ Joe Mfalme yitabye Imana

Nyina wa DJ Joe Mfalme yitabye Imana

Eddy Kenzo, Rema na Iryn bashyize hanze indirimbo nshya

Eddy Kenzo, Rema na Iryn bashyize hanze indirimbo nshya

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima
Mu mahanga

“Mfite ibitsina gore bibiri”: Ubuzima bukomeye bwa Abigael bwakoze benshi ku mutima

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice
Imyidagaduro

DJ Toxxyk yakatiwe: Urukiko rwamuhaye umwaka n’igice

by MUNYANKINDI Alphonse
May 23, 2026
Aston Villa Yegukanye Europa League
Imikino

Aston Villa Yegukanye Europa League

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026
Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi
Imyidagaduro

Shakira yatumiye Ghetto Kids mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi

by MUNYANKINDI Alphonse
May 21, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.