• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, January 15, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Nta nshuti n’imwe tugira akandi ibyo bitera agahinda abahanzi – Fille Muton

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
January 7, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzi w’Umunya-Uganda ariko ufite inkomoko mu Rwanda, Fille Mutoni wigaruriye imitima ya benshi mu myaka yashize, yahishuye ko kimwe mu bituma abahanzi benshi bagira agahinda gakabije ari ukubura inshuti nyakuri, bigatuma bagira ubuzima bubi.

Fille Mutoni yanyuze mu bihe bikomeye birimo kwiheba no kugira agahinda gakabije, gukoresha ibiyobyabwenge no kujya mu bigo bifasha ababaswe n’ibiyobyabwenge.

Fille avuga ko nubwo bamwe mu byamamare baba bafite ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga babarirwa muri za miliyoni, akenshi baba badafite n’inshuti n’imwe nyakuri.

Ati “Dufite abayoboke babarirwa muri za miliyoni, ariko nta nshuti n’imwe dufite. Aba bafana bose badushyigikira kandi baduha amashyi menshi igihe turi ku rubyiniro ni benshi cyane, ariko ntidufite n’umuntu n’umwe waguhamagara akakubaza uko wabyutse cyangwa uko waraye.’’

Yongeyeho ko no mu miryango yabo, hari ubwo batabafata nk’abantu bafite n’ibibazo, ahubwo bakabareba nk’abagomba guhora batanga amafaranga.

Ati “Uretse mama cyangwa papa wawe, nta wundi muntu ukwitaho. Tubura uwo tuganira na we ku bibazo byacu by’imbere mu mutima, ndetse n’abagize umuryango bamwe badufata nk’imashini zitanga amafaranga. Nta muntu ugutwara ngo muganire musangira ikawa, muganire ku buzima uko bugenda n’uko bukwiriye kuba bumeze.’’

Ibyo bituma bashaka uko biyibagiza iby’ubuzima busanzwe, bagatangira gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma bikabashora mu kwiyandarika.

Ati “Iyo dutambutse ku rubyiniro, amashyi aba menshi cyane, Isi ikamera nk’ihagaze akanya gato. Ariko iyo uhavuye, uba uri wenyine kurusha undi wese. Ni yo mpamvu ushaka ikintu cyo kukugumisha mu mutuzo no kukugufasha kwihanganira ubwo bwigunge.’’

Uyu muhanzi avuga ko ubu yahisemo guhindura ubuzima bwe burundu, agaruka mu muziki agamije kwisubiza icyubahiro cye no gufasha abandi bahanzi n’abaturage muri rusange kwirinda ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge.

Fille Mutoni yanatangaje ko adakoresha telefone zigezweho (smartphones), kuko yirinda kureba ibintu bishobora kumusubiza mu bibazo yanyuzemo.

Kugeza ubu yamaze gusubira muri studio, aho abakunzi be bagaragaza icyizere ko azongera kwisubiza izina yari afite mu muziki.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Yago asoje Album ya gatatu mu myaka itatu gusa amaze atangiye umuziki

Next Post

Abapasiteri bakwiye kwitwara nk’abasifuzi – Pastor Wilson Bugembe

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
7 hours ago

Abakunzi b’imyidagaduro n’urwenya baritegura ijoro ridasanzwe kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo hateganyijwe igitaramo cya Gen Z...

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

by MUNYANKINDI Alphonse
11 hours ago

Hari filime nshya iri gutegurwa igamije gusubiza mu ndorerwamo y’amateka imwe mu nkuru zibabaje ariko zinagaragaza ubutwari bukomeye bwabereye i...

Uganda: Luwilight ukoresha TikTok arashinjwa gutera ubwoba Zuena Kirema umugore wa Bebe Cool

Uganda: Luwilight ukoresha TikTok arashinjwa gutera ubwoba Zuena Kirema umugore wa Bebe Cool

by Alex RUKUNDO
11 hours ago

Mu kiganiro cyatambutse kuri Kasuku live, mugitondo cyo ku ya 14 Mutarama 2026, hatangajwe amakuru avuga ko Lueiligiht, afugiwe kuri...

Next Post
Abapasiteri bakwiye kwitwara nk’abasifuzi – Pastor Wilson Bugembe

Abapasiteri bakwiye kwitwara nk’abasifuzi - Pastor Wilson Bugembe

Sintinya gushyira hanze umuziki wanjye – Alyn Sano

Sintinya gushyira hanze umuziki wanjye - Alyn Sano

Kwiyunga byabaye byabaye ibyakanya gato hagati ya Regis na Micky

Kwiyunga byabaye byabaye ibyakanya gato hagati ya Regis na Micky

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy
Imyidagaduro

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora
Umutekano

Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo
Amateka

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

by MUNYANKINDI Alphonse
January 15, 2026
Uganda: Luwilight ukoresha TikTok arashinjwa gutera ubwoba Zuena Kirema umugore wa Bebe Cool
Imyidagaduro

Uganda: Luwilight ukoresha TikTok arashinjwa gutera ubwoba Zuena Kirema umugore wa Bebe Cool

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.