• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 11, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Kwiyunga byabaye byabaye ibyakanya gato hagati ya Regis na Micky

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
January 8, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Nyuma y’iminsi mike batangaje ko bamaze kwiyunga no gushyira ku ruhande amakimbirane yari amaze igihe hagati yabo, umwuka mubi wongeye kudogera hagati ya Regis na Micky, ibintu byatunguye benshi mu bakurikiranira hafi ibikorwa byabo.

Ibi byongeye kugaragara nyuma y’uko Regis anyujije ubutumwa ku rubuga rwe rwa Instagram, agaragaza ko Micky yamureze kuri YouTube, bituma imwe muri filime yari yashyize kuri uru rubuga isibwa kubera ikibazo cy’uburenganzira ku mutungo bwite (copyright).

Nk’uko bigaragara mu butumwa bwa YouTube bwashyizwe hanze, iyo filime yasibwe yari ifite umutwe ugira uti “INDAYA MUKIGO: Military Love ft Killman [Nyaxo, Manase, Ben, Mia, Queen]”. YouTube yavuze ko yakiriye ubusabe bwo kuyikuraho hashingiwe ku ifoto y’umwimerere yakoreshejwe nk’ishusho iyiranga (thumbnail), bikavugwa ko ubusabe bwo kuyisiba bwatanzwe na Mukobwajana Asifiwe, izina Regis ahamya ko rifitanye isano na Micky kuko ari yo mazina ye nyakuri.

Regis yavuze ko iki gikorwa cyamubabaje cyane, cyane ko yari yizeye ko amakimbirane yose yamaze kurangira. Yagize ati: “Njye narinzi ko nta mwanzi mfite ariko ndatunguwe. Sinkunda ibibazo, nikundira amahoro murabizi. Hari haciyeho iminsi dutangiye filime yacu, niba ari ishyari, niba ari ubugome, biba biranshanze.”

Yakomeje avuga ko iki kibazo gishobora gushyira mu kaga umuyoboro we wa YouTube (channel), kuko iyo umuntu akomeje kuregwa kenshi kuri uru rubuga bishobora kuvamo kuwusiba burundu, bikaba byagira ingaruka ku bikorwa bye by’ubuhanzi.

Kugeza ubu, Micky ntaragira icyo atangaza ku mugaragaro kuri ibi birego, mu gihe abakunzi babo bakomeje kwibaza icyaba cyihishe inyuma y’uku kudahuza kongeye kugaragara, nyuma y’uko bari bamaze kugaragaza ko bumvikanye.

Ibi bikomeje kwerekana ko n’ubwo kwiyunga bitangazwa, rimwe na rimwe ibibazo bishobora kongera kugaruka mu gihe bitakemuwe mu mizi. Abakurikiranira hafi uru ruganda rw’imyidagaduro bakaba bakomeje gutegereza kureba uko iki kibazo kirangira n’icyo impande zombi zizatangaza mu minsi iri imbere.

Previous Post

Sintinya gushyira hanze umuziki wanjye – Alyn Sano

Next Post

Kiyovu Sports ishaka kongera imbaraga mu busatirizi nyuma yo gutandukana kwa Rivaldo na Rayon Sports

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Kwibuka 32: Filime 6 ukwiriye kureba zigaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka 32: Filime 6 ukwiriye kureba zigaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

by MUNYANKINDI Alphonse
13 hours ago

Kureba filime zivuga ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ni uburyo bwo kwibuka, kwiga no kurinda ukuri. Izi...

Kwibuka 32: Uko umuziki nyarwanda ubika agahinda n’amateka y’igihugu

Kwibuka 32: Uko umuziki nyarwanda ubika agahinda n’amateka y’igihugu

by MUNYANKINDI Alphonse
14 hours ago

Mu Rwanda hose, uko ukwezi kwa Mata gutangiye, amajwi yumvikana kuri radiyo na televiziyo arahita ahinduka. Indirimbo zisanzwe zishimisha abantu...

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutse

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutse

by Alex RUKUNDO
1 day ago

Abahanzi bakomeye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, barimo Harmonize ndetse n’itsinda rya Good Lyfe, bifatanyije n’u Rwanda n’Isi muri iki...

Next Post
Kiyovu Sports ishaka kongera imbaraga mu busatirizi nyuma yo gutandukana kwa Rivaldo na Rayon Sports

Kiyovu Sports ishaka kongera imbaraga mu busatirizi nyuma yo gutandukana kwa Rivaldo na Rayon Sports

Mikie Wine yashimiye umugore we ko yamuteye ingabo mu bitugu mu bihe byari bikomeye

Mikie Wine yashimiye umugore we ko yamuteye ingabo mu bitugu mu bihe byari bikomeye

Rayon Sports mu bihe by’impinduka: kuvugurura abakinnyi n’imiyoborere y’amasezerano mu 2025/26

Rayon Sports mu bihe by’impinduka: kuvugurura abakinnyi n’imiyoborere y’amasezerano mu 2025/26

“Ngarukanye indirimbo nshya nise Tempting kandi izabanyura” Ykee Benda
Uncategorized

“Ngarukanye indirimbo nshya nise Tempting kandi izabanyura” Ykee Benda

by Alex RUKUNDO
April 10, 2026
“Si ngombwa indirimbo 20 ngo ube umuhanzi wuzuye” – Spice Diana
Uncategorized

“Si ngombwa indirimbo 20 ngo ube umuhanzi wuzuye” – Spice Diana

by Alex RUKUNDO
April 10, 2026
Miss Hannah Karema Tumukunde yatsinzwe matora ya Guild President
Uncategorized

Miss Hannah Karema Tumukunde yatsinzwe matora ya Guild President

by Alex RUKUNDO
April 10, 2026
Kwibuka 32: Filime 6 ukwiriye kureba zigaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amateka

Kwibuka 32: Filime 6 ukwiriye kureba zigaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

by MUNYANKINDI Alphonse
April 10, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.