Komite ishinzwe iperereza n’umutekano mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza (ISC) , yatangaje ko Leta ya Iran iri inyuma y’ibikorwa bigamije kwica, gutera ubwoba, no gucungira hafi Abanya-Iran baba mu Bwongereza batavuga rumwe na yo. Ibi bikorwa, ngo bisa n’ibyo u Burusiya bukora mu bihugu bwita ko bufitemo abanzi.
Raporo yasohotse kuri uyu wa Kane yavuze ko Iran ikunze gukoresha ikoranabuhanga mu kugaba ibitero kuri za banki no ku bigo bicukura peteroli byo mu Bwongereza. Ndetse bikaza inyuma ya Leta y’i Burayi na Arabiya Sawudite.
Ibyo bitero bikunze gukorwa n’abantu ku giti cyabo cyangwa abakorana n’inzego z’ubutasi za Iran. Intego ngo ni uguteza imvururu no guca intege abavuga ku miyoborere ya Iran.
Raporo igaragaza ko kuva mu 2021 kugeza muri Kanama 2023, habaye ibikorwa byinshi byo gushaka kwica cyangwa gutera ubwoba Abanya-Iran baba mu Bwongereza. Bamwe muri bo bakorera televiziyo zivuga ku mpindura matwara y’igihugu cyabo cya Iran.
Ibikorwa nk’ibi byarushijeho kwiyongera nyuma y’urupfu rwa Mahsa Amini w’imyaka 22 wapfiriye mu maboko y’inzego z’umutekano za Iran muri Nzeri 2022, ashinjwa kwambara nabi.
Raporo kandi igaragaza ko u Bwongereza bwaburijemo imigambi 20 y’Abanya-Iran bageragezaga kugaba ibitero ku butaka bwayo kuva mu ntangiriro za 2022.
Minisitiri w’Umutekano w’u Bwongereza, Dan Jarvis, yavuze ko Iran igamije guca intege abanyamakuru, batavuga rumwe na yo, n’abandi baharanira impindura matwara.
Yagize ati:“ Iran irwanya abavuga ukuri. Yabuze aho itagiza ubushotoranyi, haba ku Bayahudi, ku BanyaIsreal cyangwa ku bandi bose batayemera.”
Komite yanenze Leta y’u Bwongereza ko idafata ingamba z’ibihe birambye ku bijyanye na Iran, ahubwo igakemura ibibazo igihe byamaze gukomera.
Yanagaragaje ko hari abayobozi bashinzwe Iran mu Bwongereza batumva ururimi rwabo (Farsi), bigatuma bafata imyanzuro ituzuye.
Yasoje ivuga ko Iran ikoresha abambari bayo irimo abagizi ba nabi, inyeshyamba, n’abahanga mu by’ikoranabuhanga mu kugaba ibitero, ariko bakagaragaza nk’aho atari Leta yabikoze.
Ibikorwa nk’ibi bikorwa n’abaturage ba Iran cyangwa abandi bantu ku giti cyabo, ariko bakorera inyungu za Leta cyane cyane inzego zayo z’ubutasi. Iran yanavuzweho guteza akaga ku nganda zicukura peteroli no ku mabanki yo mu Bwongereza.