Mu gihe isi ikomeje gusaba ihagarikwa ry’intambara, Israel yongeye kugaba ibitero bikomeye Mu gace ka Gaza kuRri uyu wa Mbere, aho ibitero byahitanye nibura abantu 60, benshi muri bo bakaba ari abasivile, abandi barakomereka.
Ibi bitero byabaye mbere y’uko hatangira imishyikirano izabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igamije kuganira ku ihagarikwa ry’intambara hagati ya Israel na Hamas. Ibyo bitero byibasiye cyane cyane ibice bya Khan Younis, Rafah na Jabalia, aho abaturage benshi bari bamaze kwimurwa n’imirwano imaze igihe.
Abatangabuhamya bavuze ko indege za gisirikare za Israel zarashe ku mamodoka, amazu no ku duce twari ducumbikiye impunzi, harimo n’abagore n’abana.
Minisiteri y’Ubuzima ya Gaza (Gaza Health Ministry) yatangaje ko mu bahitanywe n’ibi bitero harimo abarwayi, abaganga, n’abantu bari mu nsengero no mu masoko. Ibi bikomeje kwerekana isura ikomeye y’ihohoterwa rikorerwa abasivile, ari na yo mpamvu imiryango itegamiye kuri Leta ikomeje gusaba ko haba ihagarikwa ry’intambara ryihutirwa.
Nyuma yo gukaza ibitero, Israel yohereje intumwa muri Amerika aho hateganyijwe inama izahuza abayobozi b’Amerika n’aba Israel, kugira ngo baganire ku buryo bwo guhagarika intambara.
Biteganyijwe ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, azahura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku wa 7 Nyakanga 2025, ku cyicaro cya White House.
Iyi nama izibanda ku buryo bwo kurangiza intambara imaze imyaka ibiri hagati ya Israel na Hamas, harimo no kureba uko imfungwa zafashwe ku mpande zombi zarekurwa, ndetse n’uburyo bwo kugarura ubuzima mu gace ka Gaza.
Kuva intambara yatangira mu Ukwakira 2023, abantu barenga 56,000 bamaze guhitanwa n’intambara muri Gaza, nk’uko bitangazwa n’ubutegetsi bwaho. Ku ruhande rwa Israel, abantu 1,200 barishwe na Hamas mu gitero cya mbere.
Ibihugu nka Misiri na Qatar bikomeje kugira uruhare mu biganiro bigamije gusubiza ibintu mu buryo. Gusa uko ibitero bikomeza gukaza umurego, ni ko icyizere cy’amahoro gikomeza kuyoyoka.
Umwanditsi: Alex RUKUNDO