• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, January 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Israel yakajije ibitero muri Gaza mbere y’imishyikirano i Washington

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 1, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu gihe isi ikomeje gusaba ihagarikwa ry’intambara, Israel yongeye kugaba ibitero bikomeye Mu gace ka Gaza kuRri uyu wa Mbere, aho ibitero byahitanye nibura abantu 60, benshi muri bo bakaba ari abasivile, abandi barakomereka.

Ibi bitero byabaye mbere y’uko hatangira imishyikirano izabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igamije kuganira ku ihagarikwa ry’intambara hagati ya Israel na Hamas. Ibyo bitero byibasiye cyane cyane ibice bya Khan Younis, Rafah na Jabalia, aho abaturage benshi bari bamaze kwimurwa n’imirwano imaze igihe.

Abatangabuhamya bavuze ko indege za gisirikare za Israel zarashe ku mamodoka, amazu no ku duce twari ducumbikiye impunzi, harimo n’abagore n’abana.

Minisiteri y’Ubuzima ya Gaza (Gaza Health Ministry) yatangaje ko mu bahitanywe n’ibi bitero harimo abarwayi, abaganga, n’abantu bari mu nsengero no mu masoko. Ibi bikomeje kwerekana isura ikomeye y’ihohoterwa rikorerwa abasivile, ari na yo mpamvu imiryango itegamiye kuri Leta ikomeje gusaba ko haba ihagarikwa ry’intambara ryihutirwa.

Nyuma yo gukaza ibitero, Israel yohereje intumwa muri Amerika aho hateganyijwe inama izahuza abayobozi b’Amerika n’aba Israel, kugira ngo baganire ku buryo bwo guhagarika intambara.

Biteganyijwe ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, azahura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku wa 7 Nyakanga 2025, ku cyicaro cya White House.

Iyi nama izibanda ku buryo bwo kurangiza intambara imaze imyaka ibiri hagati ya Israel na Hamas, harimo no kureba uko imfungwa zafashwe ku mpande zombi zarekurwa, ndetse n’uburyo bwo kugarura ubuzima mu gace ka Gaza.

Kuva intambara yatangira mu Ukwakira 2023, abantu barenga 56,000 bamaze guhitanwa n’intambara muri Gaza, nk’uko bitangazwa n’ubutegetsi bwaho. Ku ruhande rwa Israel, abantu 1,200 barishwe na Hamas mu gitero cya mbere.

Ibihugu nka Misiri na Qatar bikomeje kugira uruhare mu biganiro bigamije gusubiza ibintu mu buryo. Gusa uko ibitero bikomeza gukaza umurego, ni ko icyizere cy’amahoro gikomeza kuyoyoka.

Impinga

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Share2Tweet1Send
Previous Post

Abasaga 220,000 barimo n’abafite ubumuga batangiye ibizami bisoza amashuri abanza mu Rwanda

Next Post

Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

CAF yongera kwibutsa abayobozi imyitwarire ikwiye mu mikino mpuzamahanga

CAF yongera kwibutsa abayobozi imyitwarire ikwiye mu mikino mpuzamahanga

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafashe icyemezo gikomeye cyo guhana Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o,...

Umufaransa wiyitaga inzobere muri hypnose akurikiranyweho ihohotera rikabije rishingiye ku gitsina

Umufaransa wiyitaga inzobere muri hypnose akurikiranyweho ihohotera rikabije rishingiye ku gitsina

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Mu majyepfo y’u Bufaransa, urukiko ruri kuburanisha umugabo w’Umunyafaransa ukekwaho ibyaha bikomeye birimo guha abagore ibiyobyabwenge, kubakoresha ihohotera rishingiye ku...

Sat-B: Urugendo rwo kuva mu bukene bukabije kugera ku kuba isura y’umuziki w’u Burundi

Sat-B: Urugendo rwo kuva mu bukene bukabije kugera ku kuba isura y’umuziki w’u Burundi

by MUNYANKINDI Alphonse
6 days ago

Uyu munsi izina Sat-B riri mu akunzwe cyane mu muziki wo mu karere k’Ibiyaga Bigari, ariko inyuma y’icyo cyubahiro hari...

Next Post
Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Trump avuga ko Israel yemeye ibisabwa byose ngo habeho agahenge k’iminsi 60 muri Gaza

Trump avuga ko Israel yemeye ibisabwa byose ngo habeho agahenge k’iminsi 60 muri Gaza

Cloudflare yashyizeho uburyo bwo kurinda imbuga bots za AI, busaba kompanyi kuziyishyura

Cloudflare yashyizeho uburyo bwo kurinda imbuga bots za AI, busaba kompanyi kuziyishyura

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda
Imyidagaduro

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy
Imyidagaduro

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora
Umutekano

Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo
Amateka

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

by MUNYANKINDI Alphonse
January 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.