• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Israel yakajije ibitero muri Gaza mbere y’imishyikirano i Washington

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 1, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu gihe isi ikomeje gusaba ihagarikwa ry’intambara, Israel yongeye kugaba ibitero bikomeye Mu gace ka Gaza kuRri uyu wa Mbere, aho ibitero byahitanye nibura abantu 60, benshi muri bo bakaba ari abasivile, abandi barakomereka.

Ibi bitero byabaye mbere y’uko hatangira imishyikirano izabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igamije kuganira ku ihagarikwa ry’intambara hagati ya Israel na Hamas. Ibyo bitero byibasiye cyane cyane ibice bya Khan Younis, Rafah na Jabalia, aho abaturage benshi bari bamaze kwimurwa n’imirwano imaze igihe.

Abatangabuhamya bavuze ko indege za gisirikare za Israel zarashe ku mamodoka, amazu no ku duce twari ducumbikiye impunzi, harimo n’abagore n’abana.

Minisiteri y’Ubuzima ya Gaza (Gaza Health Ministry) yatangaje ko mu bahitanywe n’ibi bitero harimo abarwayi, abaganga, n’abantu bari mu nsengero no mu masoko. Ibi bikomeje kwerekana isura ikomeye y’ihohoterwa rikorerwa abasivile, ari na yo mpamvu imiryango itegamiye kuri Leta ikomeje gusaba ko haba ihagarikwa ry’intambara ryihutirwa.

Nyuma yo gukaza ibitero, Israel yohereje intumwa muri Amerika aho hateganyijwe inama izahuza abayobozi b’Amerika n’aba Israel, kugira ngo baganire ku buryo bwo guhagarika intambara.

Biteganyijwe ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, azahura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku wa 7 Nyakanga 2025, ku cyicaro cya White House.

Iyi nama izibanda ku buryo bwo kurangiza intambara imaze imyaka ibiri hagati ya Israel na Hamas, harimo no kureba uko imfungwa zafashwe ku mpande zombi zarekurwa, ndetse n’uburyo bwo kugarura ubuzima mu gace ka Gaza.

Kuva intambara yatangira mu Ukwakira 2023, abantu barenga 56,000 bamaze guhitanwa n’intambara muri Gaza, nk’uko bitangazwa n’ubutegetsi bwaho. Ku ruhande rwa Israel, abantu 1,200 barishwe na Hamas mu gitero cya mbere.

Ibihugu nka Misiri na Qatar bikomeje kugira uruhare mu biganiro bigamije gusubiza ibintu mu buryo. Gusa uko ibitero bikomeza gukaza umurego, ni ko icyizere cy’amahoro gikomeza kuyoyoka.

Impinga

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Abasaga 220,000 barimo n’abafite ubumuga batangiye ibizami bisoza amashuri abanza mu Rwanda

Next Post

Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

by Peacemaker PUNDIT
3 days ago

Ni inkuru itangaje kuyumva cyangwa se kuyibarira abantu bo mu bihugu bibyara nka kumwe bivugwa muri Bibiliya"Mubyare mwuzure isi mube...

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

by Alex RUKUNDO
2 weeks ago

Urukiko rwa Bioko muri Guinea Equatoriale ku wa Gatatu rwakatiye igifungo cy’imyaka umunani Baltasar Ebang Engonga, uwahoze ari umuyobozi ukomeye...

Donald Trump yizeye amasezerano hagati ya Vladimir Putin na Ukraine

Donald Trump yizeye amasezerano hagati ya Vladimir Putin na Ukraine

by Alex RUKUNDO
4 weeks ago

Donald Trump yatangaje ko yizeye ko Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yiteguye kugirana amasezerano ku ntambara yo muri Ukraine, mu...

Next Post
Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Trump avuga ko Israel yemeye ibisabwa byose ngo habeho agahenge k’iminsi 60 muri Gaza

Trump avuga ko Israel yemeye ibisabwa byose ngo habeho agahenge k’iminsi 60 muri Gaza

Cloudflare yashyizeho uburyo bwo kurinda imbuga bots za AI, busaba kompanyi kuziyishyura

Cloudflare yashyizeho uburyo bwo kurinda imbuga bots za AI, busaba kompanyi kuziyishyura

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.