• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 25, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Indirimbo ya Kesha iteje impaka hagati ye na White House

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
March 3, 2026
Reading Time: 1 min read
A A

Umuhanzikazi w’Umunyamerika Kesha ari mu mpaka n’Ubutegetsi bwa White House nyuma yo kuvuga ko indirimbo ye “Blow” yakoreshejwe mu mashusho agaragaza ibikorwa bya gisirikare nta burenganzira yatanze.

Ibi byatangiye kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ku wa 2 Werurwe 2026, ubwo amashusho yashyizwe kuri TikTok agaragaza indege z’intambara ziguruka mu kirere, ari kumwe n’iyo ndirimbo yasohotse mu 2010.

Nyuma yo kuyabona, Kesha yagaragaje kutishimira ikoreshwa ry’umuziki we muri ayo mashusho.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga zirimo Instagram, yavuze ko atigeze yemera ko indirimbo ye ikoreshwa mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa by’intambara.

Yagize ati: “Natunguwe no kubona indirimbo yanjye ikoreshwa mu mashusho ashishikariza urugomo. Umuziki wanjye ntabwo ugamije guteza intambara cyangwa kuyishyigikira.”

Aya magambo yahise akwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga, atuma benshi batangira kuganira ku buryo umuziki w’abahanzi rimwe na rimwe ukoreshwa mu bikorwa bya politiki cyangwa bya gisirikare batabyemeye.

Mu gusubiza ibyo Kesha yavuze, umuyobozi ushinzwe itumanaho muri White House, Steven Cheung, yavuze ko kunenga kw’abahanzi ku mbuga nkoranyambaga akenshi bituma amashusho arushaho kurebwa n’abantu benshi.

Ati: “Iyo abahanzi batangiye kunenga ibintu nk’ibi, bituma abantu benshi barushaho gushaka kureba ayo mashusho.”

Ibi bibaye mu gihe Donald Trump aherutse kuvuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri mu bikorwa bya gisirikare bikomeye byakorewe muri Iran ifatanyije na Israel.

Nubwo White House itigeze itangaza niba yarasabye uburenganzira bwo gukoresha iyo ndirimbo, amagambo ya Kesha yateje impaka ku ikoreshwa ry’umuziki w’abahanzi mu bikorwa bya politiki n’ibya gisirikare.

Si ubwa mbere umuhanzi agaragaje kutishimira ikoreshwa ry’indirimbo ze mu bikorwa bya politiki.

 Mbere yaho, umuhanzikazi Olivia Rodrigo na we yigeze kwamagana ikoreshwa ry’indirimbo ye mu mashusho yamamaza ibikorwa by’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika U.S. Immigration and Customs Enforcement. Ibi byose bikomeje gutuma havugwa cyane ku burenganzira abahanzi bagira ku muziki wabo n’uko ugomba gukoreshwa mu ruhame

Previous Post

Eddy Kenzo yasubije Lil Pazo wamushinje kudafasha abahanzi bagenzi be

Next Post

Pia Pounds yavuze ku gutandukana kwe na Daville Mutabazi

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
4 minutes ago

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, ari mu myiteguro yo kumurikira album ye nshya i Kigali, nyuma...

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
1 hour ago

Mu 2018, umugore yaje muri Laboratwari y'irangamimerere muri Kaminuza Nkuru ya Colombia: yari afite impanga z'abahungu yari yarabyaye imyaka ibiri...

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Igihe kirihuta ku bakunzi ba muzika ya Rumba bagikunda kumva indirimbo nka 'Chacun pour soi', 'Show me the way' cyangwa...

Next Post
Pia Pounds yavuze ku gutandukana kwe na Daville Mutabazi

Pia Pounds yavuze ku gutandukana kwe na Daville Mutabazi

Element Eleeh agiye gutaramira i Kampala mu gitaramo cya Comedy Store

Element Eleeh agiye gutaramira i Kampala mu gitaramo cya Comedy Store

“Nkora igitaramo iyo abafana babinsabye” – Pallaso

“Nkora igitaramo iyo abafana babinsabye” – Pallaso

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali
Imyidagaduro

Patient Bizimana agarukanye “Agakiza” i Kigali

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?
Mu mahanga

Umugore yatewe inda n’abagabo babiri icyarimwe, siyanse ibivugaho iki?

by MUNYANKINDI Alphonse
April 25, 2026
Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto
Uncategorized

Urukundo rushya rwa Abba Marcus imfura ya Cameleone ruri mu mbuto

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026
Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye
Imyidagaduro

Kinshasa: Hongeye kwibukwa urupfu rwa Papa WEMBA ‘umwami wa Rumba’ apfuye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 24, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.