Umuhanzikazi akaba n’umwe ukora ibikorwa by’impuhwe, Halim Namakula, yasangije abantu bimwe mu byo bintu byamusigaye ku mutima yibukiraho umuhanzi w’ikirangirire, Mowyze RAdio, avuga ko uyu muhanzi w’itabye Imana mu 2018, imwe mu mico yamuraze n’uruhare yagize mu guteza imbere umuziki wa Uganda.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Namakula yavuze ko kimwe mu bintu atazibagirwa kuri Mowzey Radio wa barizwaga mu itsinda rya Goodlife ari ukutagondwa kwe ( ubunyangamugayo) n’ijwi rye yari afite rihebuje kandi ritavangiye na gato.
Yibikije abantu ko Mowyze Radio yajyaga amuhamagara n’ijwi riranguruye igige yabaga ariku yiwe nka metelo 2-3, agamije gusa ko amwitaho.
Yagize ati: “Icyo nibuka cyane kuri Mowyze Radio ni uko yari uuntu w’inyangamugayo. Yajyaga ampamagara n’ijwi riranguruye.”

Halima Namakula yanavuze ko Mowyze Radio yakoze indirimbo afatanyije n’umukobwa we Rachel K, akaba yizera ko iyo ndirimbo ari yo yari ibaye iya mbere yari akoranye n’umuhanzikazi.
Halima ati: “Yakoranye indirimbo na Rachel K. Ntekeraza ko ari bwo bwa mbere yari afatanyije n’umuhanzikazi gukora indirimbo.”
Byongeyeho, Halima Namakula yanaboneyeho asaba ubuyobozi bw’Ihuriro ry’Abahanzi ba Uganda (Uganda National Musicians Federation – UNMF) gufasha nyina wa Mowzey Radio gutegura igikorwa cyo kumwibuka no kwizihiza umurage yasigiye umuziki wa Uganda, avuga ko nta gikorwa nk’icyo cyari cyakoze kuva uyu muhanzi yashyingurwa.
Mowzey Radio yitabye imana mu mwaka wa 2028, bivuze ko hashize imyaka 8 apfuye, iki gikorwa cyo kumwibuka n’ibintu bimaze gihe bisabwa n’abahoze ari abakunzi banyakwigendera ndetse n’abamwe mubahanzi kuva mu mwaka wa 2025.








