Umuhanzi w’umudancehall wo muri Uganda, Coco Finger, yongeye gutungurana nyuma yo gutangaza inkuru idasanzwe ku buzima bwe bwo hambere mbere y’uko aba icyamamare.
Uyu muhanzi wamamaye cyane mu ndirimbo “Emikono Wagulu” yavuze ko hari igihe mu minsi ye y’ubukene, yakoresheje impapuro za Bibiliya azizingamo urumogi, ashaka uburyo bwose bwamufasha kugera ku nzozi ze zo kuba icyamamare.
Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Coco Finger yasobanuye ko icyo gihe yari akiri umuhanzi ukizamuka, akumva inama zose yahabwaga n’inshuti n’abandi bahanzi bakuru. Yavuze ko bamubwiraga ko kunywa urumogi byamwongerera ubutwari no kwigirira icyizere ku rubyiniro.
Yagize ati: “Hari utubibiliya duto tw’ubururu twajyaga tugendana mu mufuka. Icyo gihe twakoraga ibyo tubwiwe byose twumva byadufasha kuba ibyamamare.”
Yemeye ko mu kugerageza inama yahawe, yigeze gutanyagura impapuro zo muri Bibiliya akazizingamo urumogi. Ati: “Batubwiraga ko gukurura urumogi byaduha courage n’icyizere. Nagerageje byose. Nafashe impapuro zo muri ya Bibiliya ndazizingamo, ntangira gukurura.”
Coco Finger yavuze ko hari amagambo yasangaga muri Bibiliya amukora ku mutima cyane, bigatuma icyo gikorwa akibona nk’igisanzwe muri uwo mwanya.
Avuga ko icyo gihe atabonaga uburemere bwabyo, ahubwo yari yibanze ku nzozi ze zo gutsinda.
Icyakora, avuga ko nyuma y’icyo gihe ari bwo yahise ahimba indirimbo “Emikono Wagulu”, indirimbo yahindutse ikiraro cyamugejeje ku rwego rwo kumenyekana muri Uganda no hanze yayo.
Nubwo ibyo yatangaje byateje impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banenga uko yakoresheje Igitabo Gitagatifu, abandi bagaragaza ko ari urugero rw’ubuzima bugoye abahanzi banyuramo mbere yo kugera ku ntsinzi.
Coco Finger ashimangira ko ubuzima bwe bwahindutse cyane kuva icyo gihe, kandi ko ubu areba inyuma akabona uko yashakaga amahirwe mu buryo bwose bushoboka.
Iyi nkuru yongeye kugaragaza ko inzira igana ku ntsinzi itajya iba yoroshye, cyane cyane mu ruganda rw’imyidagaduro aho benshi banyura mu bibazo n’ibigeragezo bitandukanye mbere yo kugera ku rwego rwo hejuru.








