Nyuma y’imyaka itanu amaze yigaragaza mu muziki nyarwanda no hanze yarwo, umuhanzikazi Bwiza iyinjiye mu kindi kiciro mu rugendo rwe rw’ubuhanzi, aho ari kwitegura gusangiza abanyarwanda n’abakunzi b’umuziki ku isi Album yeya gatatuyise ‘Home’ binyuze mu bitaramo bikomeye azakorera mu bihugu bitandukanye ku isi.
Iyi Album, nk’uko byemejwe n’umujyana we Uhujimfura Claude mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru w’IMPINGA, avuga ko yamaze gutunganywa, indirimbo zose zigize iyi album zikaba zararangiye. Ibitaramo kandi biteganyijwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ahandi, iki gitaramo kizaba kigamije kumenyekanisha izi ndirimbo ndetse n’izina rye ku rwego mpuzamahanga, ariko nanone bikaba ari umwanya avuga ko ar wo gusubiza abakunzi be urukundo binyuze mu muziki.
Uhujifura yagize ati: “Indirimbo zose zigize iyi album zarakozwe kandi zararangiye. Ibitaramo tugiye gukora mu bihugu bitandukanye ni uburyo bwo ni kumenyekanisha indirimbo zigize albuma ndetse tu tibagiwe n’izina, ariko nanone ni uburyo bwo gushimira abakunzi bacu no kubataramira hirya no hino ku isi.”
Bwiza si ubwa mbere agiye kwifashisha ibitaramo mpuzamahanga mu kumurika Album. Mu 2025, yamuritse Album ye ya kabiri “25 Shades” mu gitaramo gikomeye cyabereye mu Bubiligi, nyuma y’uko yari yarasohoye Album ye ya mbere “My Dreams”, yasobanuranga inzozi n’intumbero ze nk’umuhanzikazi ugitagira.
Uruhererekane rw’ibitaramo azakora hiryano hino ku isi byo kumurika Album ye “Home” Bwiza yarwise “Bwiza Home World Tour 2026”, bikaba bigaragaza icyerekezo cye cyo kwagura umuziki we no kuwugeza ku bafana be hirya no hino ku isi. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Mutarama 2026, yashimangiye ko iyi Tour ari intambwe ikomeye mu rugendo rwe.
Mu myaka itanu amaze mu muziki, Bwiza yagiye azamura izina nk’umuhanzikazi ufite intego, uhuza impano, umurava n’icyerekezo cyo kumenyekanisha umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga. Album eshatu amaze gusohora harimo—“My Dreams”, “25 Shades” n’iya gatatu yise“Home”—zerekana urugendo rwe mu muziki n’iterambere ndetse no gukura mu mwuga.
By’umwihariko, Bwiza yagiye agaragaza ubushobozi bwo gukorana n’abandi bahanzi, kubaka umubano n’abafana no gukoresha neza imbuga nkoranyambaga mu kumenyekanisha ibikorwa bye. Ibi byose bigaragaza ko afite gahunda ihamye yo gukomeza kuzamura umuziki we no guhagararira u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga.







