• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Tuesday, February 3, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Bwiza agiye kumurika Album yise “Home” mu bitaramo hirya no hino ku isi

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
January 27, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Nyuma y’imyaka itanu amaze yigaragaza mu muziki nyarwanda no hanze yarwo, umuhanzikazi Bwiza iyinjiye mu kindi kiciro mu rugendo rwe rw’ubuhanzi, aho ari kwitegura gusangiza abanyarwanda n’abakunzi b’umuziki ku isi Album yeya gatatuyise ‘Home’ binyuze mu bitaramo bikomeye azakorera mu bihugu bitandukanye ku isi.

Iyi Album, nk’uko byemejwe n’umujyana we Uhujimfura Claude mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru w’IMPINGA, avuga ko yamaze gutunganywa, indirimbo zose zigize iyi album zikaba zararangiye. Ibitaramo kandi biteganyijwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ahandi, iki gitaramo kizaba kigamije kumenyekanisha izi ndirimbo ndetse n’izina rye ku rwego mpuzamahanga, ariko nanone bikaba ari umwanya avuga ko ar wo gusubiza abakunzi be urukundo binyuze mu muziki.

Uhujifura yagize ati: “Indirimbo zose zigize iyi album zarakozwe kandi zararangiye. Ibitaramo tugiye gukora mu bihugu bitandukanye ni uburyo bwo ni kumenyekanisha indirimbo zigize albuma ndetse tu tibagiwe n’izina, ariko nanone ni uburyo bwo gushimira abakunzi bacu no kubataramira hirya no hino ku isi.”  

Bwiza si ubwa mbere agiye kwifashisha ibitaramo mpuzamahanga mu kumurika Album. Mu 2025, yamuritse Album ye ya kabiri “25 Shades” mu gitaramo gikomeye cyabereye mu Bubiligi, nyuma y’uko yari yarasohoye Album ye ya mbere “My Dreams”, yasobanuranga inzozi n’intumbero ze nk’umuhanzikazi ugitagira.

Uruhererekane rw’ibitaramo azakora hiryano hino ku isi byo kumurika Album ye “Home” Bwiza yarwise “Bwiza Home World Tour 2026”, bikaba bigaragaza icyerekezo cye cyo kwagura umuziki we no kuwugeza ku bafana be hirya no hino ku isi. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Mutarama 2026, yashimangiye ko iyi Tour ari intambwe ikomeye mu rugendo rwe.

Mu myaka itanu amaze mu muziki, Bwiza yagiye azamura izina nk’umuhanzikazi ufite intego, uhuza impano, umurava n’icyerekezo cyo kumenyekanisha umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga. Album eshatu amaze gusohora harimo—“My Dreams”, “25 Shades” n’iya gatatu yise“Home”—zerekana urugendo rwe mu muziki n’iterambere ndetse no gukura mu mwuga.

By’umwihariko, Bwiza yagiye agaragaza ubushobozi bwo gukorana n’abandi bahanzi, kubaka umubano n’abafana no gukoresha neza imbuga nkoranyambaga mu kumenyekanisha ibikorwa bye. Ibi byose bigaragaza ko afite gahunda ihamye yo gukomeza kuzamura umuziki we no guhagararira u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Shena Skies: Sinshobora Kunyurwa ndi Inyuma y’Urubyiniro

Next Post

Halima Namakula yasabye ko hakorwa umuhango wo kwibuka Mowzey Radio

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

“Kuramba mu muziki bisaba guhozaho” – Big Eye

“Kuramba mu muziki bisaba guhozaho” – Big Eye

by Alex RUKUNDO
54 minutes ago

Umuhanzi Big Eye Starboss yakiriye neza izamuka ry’impano nshya mu ruganda rw’umuziki, avuga ko abahanzi bashya ari ingenzi mu iterambere...

Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde

Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde

by Alex RUKUNDO
2 hours ago

Umunyapolitiki umaze igihe kirekire mu ruhando rwa politiki, uzwi ku izna rya Fred Mukasa Mbidde, yagurutse ku gitekerezo cy’umuhanzikazi wo...

“Umuziki usaba gukorera mu ikipe” – Spice Diana

“Umuziki usaba gukorera mu ikipe” – Spice Diana

by Alex RUKUNDO
4 hours ago

Umuhanzikazi wamenyekaniye mu kigo cya Source management, Spice Diana, yagiriye inama bagenzi be bakora umuziki, ashimangira akamaro ko gukorana n’ikipe...

Next Post
Halima Namakula yasabye ko hakorwa umuhango wo kwibuka Mowzey Radio

Halima Namakula yasabye ko hakorwa umuhango wo kwibuka Mowzey Radio

Gisubizo Ministry na The Ben basohoye bahuriyemo bise “Nabaye umwe n’Imana”

Gisubizo Ministry na The Ben basohoye bahuriyemo bise “Nabaye umwe n’Imana”

Nyuma yo kwakira agakiza, Yampano yatangaje ubukwe n’umukunzi weUwineza Vava

Nyuma yo kwakira agakiza, Yampano yatangaje ubukwe n’umukunzi weUwineza Vava

“Kuramba mu muziki bisaba guhozaho” – Big Eye
Imyidagaduro

“Kuramba mu muziki bisaba guhozaho” – Big Eye

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026
Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde
Imyidagaduro

Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026
Ibimenyetso byerekana ko inzoka ishobora kukurya n’uko wakwirinda ibyago byayo
Inkuru Ndende

Ibimenyetso byerekana ko inzoka ishobora kukurya n’uko wakwirinda ibyago byayo

by MUNYANKINDI Alphonse
February 3, 2026
“Umuziki usaba gukorera mu ikipe” – Spice Diana
Imyidagaduro

“Umuziki usaba gukorera mu ikipe” – Spice Diana

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.