• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Amateka

Bamwe mu bahoze ari indwanyi z’igisirikare cya RPA,  ku munsi w’Intwari z’Igihugu bashimiwe ubwitange bwabo.

Impinga Media by Impinga Media
February 3, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Ibi ni ibyagarutsweho na Nsanzabandi na Gahutu Wensislas nyuma yo guhabwa Inka n’ubuyobozi bw’Akarere Ka Nyagatare ku munsi wo kuzirikana Intwari z’Igihugu.

Abo bahoze mu ndwanyi z’igisirikare cya RPA bavuga ko banejejwe cyane n’iyi mpano bagenewe ariko cyane ngo kuba byahujwe no kwibuka ibyakozwe n’intwari zitangiye igihugu.

Yagize ati: “Ndanezerewe cyane. Birashoboka ko nashoboraga korozwa n’ubundi nkundi Munyarwanda wese nkuko Igihugu kibifite muri gahunda zacyo. Ariko kuba nahawe inka kuri uyu munsi muri ibi birori byitabiriwe n’abantu bangana batya, bikitwa ishimwe ku kazi twakoze, byandenze kandi nanejejwe cyane no kubona nyuma y’imyaka 25 nsezerewe mu gisirikare ubuyobozi bufite ku mutima Ibyo nakoze.”

Akomeza agira ati: “Narwanye intamba za Uganda tubohoza Uganda mu 1986, ariko numva mfite inyota yo kuzabona icyerekezo n’uburyo bimpa kurwanirira u Rwanda. Twararwanye turaswa bikomeye ariko umuhate wacu wo gutaha u Rwanda ntiwavaho. Uyu munsi rero niba ibi bizirikanwa dushima ko aya mateka twabayemo atazazima.”

Ikindi abahawe inka bavuga ko bigiye kuba igisubizo mu kunoza imibereho yabo ikarushaho kuba myiza mu minsi nk’iyi bageze mu myaka y’imbaraga nke.

Gahutu Wensislas agira ati: “Ni byo nanjye ndashimira ubuyobozi butuzirikana ku munsi nk’uyu. Inka duhawe zizadukamirwa ku buryo bidufasha mu mibereho yacu y’ubusaza tugezemo, imbaraga ziragenda ziba nke. Tuzabona ifumbire ku buryo aho duhinze tuzeza. Navuga ko kutworoza biri mu bikorwa byo kudusajisha neza. Turashimye”

Umuyobozi w’Akarere Ka Nyagatare Gasana Stephen washikirije abo basaza inka bagenewe, yababwiye ko ubuyobozi buzirikana cyane ubwitange bwabo.”

Ati: “Igihugu kirabazirikana, mwarakoze ku kazi ko kwitangira igihugu turabashimira kandi amateka twifuza ko akomeza kuba umurage wibukwa no kubiragano bizadukurikira.”

Kwizihiza umunsi w’intwari mu K arere Ka Nyagatare wabereye mu murenge wa Karama, ubera mu kibuga kifashishwa na RPA mu gutanga amahugurwa ku barwanyi mu myaka ya za 92 mu gihe cy’urugamba rwo kubohora Igihugu.

Aha hakaba harashyizwe ikimenyetso kiranga aya mateka ku bufatanye bw’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO) na RDB.

Muzehe Nsanzabandi ashima ko yorojwe ku munsi w’Intwari z’Igihugu
Umuyobozi w’Akarere Ka Nyagatare Gasana Steven
Share2Tweet1Send
Previous Post

Miliyari 52 RWF nizo zukenewe mu kurandura kanseri y’inkondo y’umura mu 2027

Next Post

Imodoka ya Gitifu wa Giti yafashwe n’inkongi irakongoka

Impinga Media

Impinga Media

IZINDI NKURU WASOMA

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo....

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Irene Ingabire Kamanzi ni umuhanzi wa menyekanye hano mu Rwanda cyane mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi kw'izina ry'ubuhanzi...

NCPD irashima  ibimaze kugerwaho bifasha abafite ubumuga

NCPD irashima  ibimaze kugerwaho bifasha abafite ubumuga

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’inama nkuru y’abafte ubumuga mu Rwanda NCPD Bwana Ndayisaba Emmanuel, aratangaza kuva mu 2012 kugeza hamaze gukorwa byinshi...

Next Post
Imodoka ya Gitifu

Imodoka ya Gitifu wa Giti yafashwe n’inkongi irakongoka

2025 Toyota Starlet Cross

2025 Toyota Starlet Cross nshya ifite ikoranabuhanga rya ‘hill-start assist’ yamurikiwe i Kigali

Donald Trump

Donald Trump yasinye itegeko rikumira abihinduje ibitsina mu mikino cyangwa amarushanwa yagenewe abagore

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.