Abtex umwe mubaterankunga b’ibitaramo, akaba ari na Perezida w’ishirahamwe ry’abategura ibitaramo muri Uganda (Federation of Uganda Promoter Association), mu kiganiro yagiranye na Sanyuka Tv, yasobanuye ko amakuru amaze iminsi atambuka ku mbuga nkoranyambaga ajyanye n’inkunga ya miliyari 10 z’amashiringi ya Uganda, bivugwa ko Leta yahaye abategura ibitarmo.
Yavuze ko ayo mafaranga atari inkunga yatanzwe, ahubwo ari inguzanyo yatanzwe binyuze mu biro bya Perezida, akandi ayo nguzanyo ikaba yari agenewe abategura ibitaramo, ikaba iyo nguzanyo ikaba ifite igiciro (inyungu) cyayo kandi zoroheje kwishura.
Abtex yavuze ko iyo nguzanyo yari igamije gufasha abategura ibitaramo ariko hakanashyirwaho uburyo bwo kugenzura ikoreshwa ryayo no kuyishyura, anavuga ko yatanzwe mu byiciro. mu ijwirye, yavuzeko ko kugeza ubu amaze guhabwa miliyari 1.5 z’amashiringi ya Uganda.
Abtex yanavuze ko kubona ayo mafaranga bitaboroheye na gato, agaragaza ko yahuye n’imbogamizi zatewe n’abantu bakomeye mu rwego rw’imyidagaduro, barimo Balaam Barugahara, ndetse na mugenzi we utegura ibitaramo, yavuze ko yamugoye cyane kugira ngo abone umwanya wo kuganira na Perezida ,
wavuze ko yamugoye cyane mu kugerageza kubona umwanya wo kuganira na Perezida, bityo bikadindiza no kubona ayo mafaranga.







