• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Abakorewe ihohoterwa bashobora gusigara iheruheru nyuma y’ihagarikwa ry’inkunga ya USAID

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 1, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe iterambere (USAID) cyahagaritse gahunda yo gutanga ibikoresho by’ubuvuzi byagenewe abarokotse ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ubwo amakimbirane yafata intera mu ntangiriro z’umwaka wa 2025.

Ibyo bikoresho, bizwi ku izina rya post-rape kits, byarimo imiti ikumira indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nka SIDA, ibinini bihagarika gusama, n’ibikoresho by’ibanze byo kwa muganga. Byari bigenewe gukoreshwa mu mavuriro arenga 2,000 mu bice byashegeshwe n’intambara muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.

Nk’uko byatangajwe na Reuters, ubwo imirwano hagati ya M23 n’ingabo za Leta yatangiraga gufata intera mu kwezi kwa Mutarama 2025, USAID yahagaritse amasezerano yari yitezweho kugeza ibi bikoresho ku bantu bari mu kaga. Nta mpamvu isobanutse yatanzwe icyo gihe, ariko hari abavuga ko ari igice cy’impinduka za politiki ya Amerika mu karere.

Iri hagarikwa ryateje ikibazo gikomeye mu bikorwa byo kwakira no gutanga ubufasha bw’ubuvuzi ku bagore n’abakobwa bafashwe ku ngufu, benshi muri bo barimo abahunze intambara cyangwa abari mu nkambi z’impunzi. Nk’uko byemezwa n’ishami rya Loni ryita ku baturage (UNFPA), kugeza mu mpera za Werurwe 2025, ibice 31 muri 34 by’uturere twari twarateganyirijwe kwakira ibi bikoresho nta na kimwe cyari cyabitse cyangwa gifite ibindi bibisimbura.

Byongeye, imibare igaragaza ko  13% by’abakorwe ihohoterwa ari bo babashije kubona imiti ikumira ubwandu mu masaha 72 ya mbere, ari na yo y’ingenzi kurusha indi yose.

Abakozi bita ku bakorewe ihohoterwa batangaje ko iri hagarikwa ryabangamiye bikomeye ibikorwa byabo, bamwe bavuga ko hari abagore babagezeho bambaye imyenda iriho amaraso, ariko ntibabone uko babafasha mu buryo bw’ubuvuzi. Nubwo USAID itatangaje impamvu y’iri hagarikwa, umuvugizi wayo yabwiye Reuters ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika “izakomeza gushakira inkunga abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina binyuze mu bufatanye n’abandi baterankunga n’imiryango itari iya Leta.”

Hari gahunda yo gushaka andi mafaranga agera kuri miliyoni 35 z’amadolari avuye mu zindi mfashanyo mpuzamahanga nka Bill & Melinda Gates Foundation, kugira ngo asimbure inkunga yahagaritswe na USAID. Iri hagarikwa ryagaragaje uburyo ibikorwa by’ubutabazi bishingira ku nkunga mpuzamahanga bishobora guhungabana igihe ibihugu bitera inkunga bihinduye gahunda zabyo, cyane cyane mu bihe by’ingorabahizi.

Abakorwe ihohoterwa, cyane cyane abagore n’abana b’abakobwa, bakomeje gusaba ko isi itabatererana mu gihe barimo guhangana n’ingaruka z’intambara n’ihohoterwa.

Impinga

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Share2Tweet1Send
Previous Post

Rubavu: Imyemerere y’amadini ituma bamwe bagira isoni zo kugura agakingirizo

Next Post

Abasaga 220,000 barimo n’abafite ubumuga batangiye ibizami bisoza amashuri abanza mu Rwanda

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yitabye Imana

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yitabye Imana

by Alex RUKUNDO
2 months ago

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Bufaransa, yasanzwe muri hoteli i Paris yapfuye, iperereza ry’ibanze rikavuga...

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

by Peacemaker PUNDIT
3 months ago

Ni inkuru itangaje kuyumva cyangwa se kuyibarira abantu bo mu bihugu bibyara nka kumwe bivugwa muri Bibiliya"Mubyare mwuzure isi mube...

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

by Alex RUKUNDO
3 months ago

Urukiko rwa Bioko muri Guinea Equatoriale ku wa Gatatu rwakatiye igifungo cy’imyaka umunani Baltasar Ebang Engonga, uwahoze ari umuyobozi ukomeye...

Next Post
Abasaga 220,000 barimo n’abafite ubumuga batangiye ibizami bisoza amashuri abanza mu Rwanda

Abasaga 220,000 barimo n’abafite ubumuga batangiye ibizami bisoza amashuri abanza mu Rwanda

Israel yakajije ibitero muri Gaza mbere y’imishyikirano i Washington

Israel yakajije ibitero muri Gaza mbere y’imishyikirano i Washington

Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.