• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, January 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Abakorewe ihohoterwa bashobora gusigara iheruheru nyuma y’ihagarikwa ry’inkunga ya USAID

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 1, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe iterambere (USAID) cyahagaritse gahunda yo gutanga ibikoresho by’ubuvuzi byagenewe abarokotse ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ubwo amakimbirane yafata intera mu ntangiriro z’umwaka wa 2025.

Ibyo bikoresho, bizwi ku izina rya post-rape kits, byarimo imiti ikumira indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nka SIDA, ibinini bihagarika gusama, n’ibikoresho by’ibanze byo kwa muganga. Byari bigenewe gukoreshwa mu mavuriro arenga 2,000 mu bice byashegeshwe n’intambara muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.

Nk’uko byatangajwe na Reuters, ubwo imirwano hagati ya M23 n’ingabo za Leta yatangiraga gufata intera mu kwezi kwa Mutarama 2025, USAID yahagaritse amasezerano yari yitezweho kugeza ibi bikoresho ku bantu bari mu kaga. Nta mpamvu isobanutse yatanzwe icyo gihe, ariko hari abavuga ko ari igice cy’impinduka za politiki ya Amerika mu karere.

Iri hagarikwa ryateje ikibazo gikomeye mu bikorwa byo kwakira no gutanga ubufasha bw’ubuvuzi ku bagore n’abakobwa bafashwe ku ngufu, benshi muri bo barimo abahunze intambara cyangwa abari mu nkambi z’impunzi. Nk’uko byemezwa n’ishami rya Loni ryita ku baturage (UNFPA), kugeza mu mpera za Werurwe 2025, ibice 31 muri 34 by’uturere twari twarateganyirijwe kwakira ibi bikoresho nta na kimwe cyari cyabitse cyangwa gifite ibindi bibisimbura.

Byongeye, imibare igaragaza ko  13% by’abakorwe ihohoterwa ari bo babashije kubona imiti ikumira ubwandu mu masaha 72 ya mbere, ari na yo y’ingenzi kurusha indi yose.

Abakozi bita ku bakorewe ihohoterwa batangaje ko iri hagarikwa ryabangamiye bikomeye ibikorwa byabo, bamwe bavuga ko hari abagore babagezeho bambaye imyenda iriho amaraso, ariko ntibabone uko babafasha mu buryo bw’ubuvuzi. Nubwo USAID itatangaje impamvu y’iri hagarikwa, umuvugizi wayo yabwiye Reuters ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika “izakomeza gushakira inkunga abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina binyuze mu bufatanye n’abandi baterankunga n’imiryango itari iya Leta.”

Hari gahunda yo gushaka andi mafaranga agera kuri miliyoni 35 z’amadolari avuye mu zindi mfashanyo mpuzamahanga nka Bill & Melinda Gates Foundation, kugira ngo asimbure inkunga yahagaritswe na USAID. Iri hagarikwa ryagaragaje uburyo ibikorwa by’ubutabazi bishingira ku nkunga mpuzamahanga bishobora guhungabana igihe ibihugu bitera inkunga bihinduye gahunda zabyo, cyane cyane mu bihe by’ingorabahizi.

Abakorwe ihohoterwa, cyane cyane abagore n’abana b’abakobwa, bakomeje gusaba ko isi itabatererana mu gihe barimo guhangana n’ingaruka z’intambara n’ihohoterwa.

Impinga

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Share2Tweet1Send
Previous Post

Rubavu: Imyemerere y’amadini ituma bamwe bagira isoni zo kugura agakingirizo

Next Post

Abasaga 220,000 barimo n’abafite ubumuga batangiye ibizami bisoza amashuri abanza mu Rwanda

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

CAF yongera kwibutsa abayobozi imyitwarire ikwiye mu mikino mpuzamahanga

CAF yongera kwibutsa abayobozi imyitwarire ikwiye mu mikino mpuzamahanga

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafashe icyemezo gikomeye cyo guhana Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o,...

Umufaransa wiyitaga inzobere muri hypnose akurikiranyweho ihohotera rikabije rishingiye ku gitsina

Umufaransa wiyitaga inzobere muri hypnose akurikiranyweho ihohotera rikabije rishingiye ku gitsina

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Mu majyepfo y’u Bufaransa, urukiko ruri kuburanisha umugabo w’Umunyafaransa ukekwaho ibyaha bikomeye birimo guha abagore ibiyobyabwenge, kubakoresha ihohotera rishingiye ku...

Sat-B: Urugendo rwo kuva mu bukene bukabije kugera ku kuba isura y’umuziki w’u Burundi

Sat-B: Urugendo rwo kuva mu bukene bukabije kugera ku kuba isura y’umuziki w’u Burundi

by MUNYANKINDI Alphonse
6 days ago

Uyu munsi izina Sat-B riri mu akunzwe cyane mu muziki wo mu karere k’Ibiyaga Bigari, ariko inyuma y’icyo cyubahiro hari...

Next Post
Abasaga 220,000 barimo n’abafite ubumuga batangiye ibizami bisoza amashuri abanza mu Rwanda

Abasaga 220,000 barimo n’abafite ubumuga batangiye ibizami bisoza amashuri abanza mu Rwanda

Israel yakajije ibitero muri Gaza mbere y’imishyikirano i Washington

Israel yakajije ibitero muri Gaza mbere y’imishyikirano i Washington

Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda
Imyidagaduro

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy
Imyidagaduro

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora
Umutekano

Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo
Amateka

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

by MUNYANKINDI Alphonse
January 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.