Nsabimana Léonard uzwi cyane ku izina rya ‘Ndandambara’ mu muziki nyarwanda, ari mu bahanzi bakomeje kuvugisha benshi nyuma yo gutangaza ko abana n’abagore babiri mu buzima bwe bwite.
Icyakora, uyu muhanzi agaragaza ko ibi atabifata nk’ikintu giteje impaka gusa, ahubwo abifata nk’imbarutso imufasha mu guhanga, mu kazi ke ka buri munsi no mu iterambere ry’umuryango we.
Uyu muhanzi asobanura ko buri mugore muri aba bombi afite umwanya wihariye mu buzima bwe, atari mu mibanire gusa, ahubwo no mu rugendo rwe rw’umuziki.
Avuga ko umugore we wa mbere, Umutesi Esperance, ari umuntu wamubereye inkingi ikomeye kuva agitangira urugendo rwe rw’ubuhanzi, cyane mu bihe bigoye by’ubuzima.
Ati: “Twagiranye amateka menshi. Yambereye umuntu wo kunyihanganira, kundemera no kunyumva mu bihe byose. Ni yo mpamvu namuhimbiye indirimbo ‘Gurimugwe’, ishingiye ku rukundo rwacu n’ibyo twanyuzemo.”
Nubwo iyo ndirimbo yayihimbiye umugore wa mbere, ‘Ndandambara’ avuga ko atigeze yemera kugaragara mu mashusho yayo bitewe n’uko adakunda itangazamakuru n’isi y’imyidagaduro.

Ibi, uyu muhanzi abifata nk’icyemezo cyubahirizwa, kuko yemeza ko buri wese agira uko yiyumva.
Ku rundi ruhande, umugore wa kabiri Uyisenga Clementine, asobanurwa nk’umuntu uzwiho imbaraga n’ishyaka, cyane mu gufasha umuhanzi mu kwamamaza ibihangano bye.
‘Ndandambara’ avuga ko uyu mugore muto akunze kwitabira cyane ibikorwa bijyanye n’indirimbo ze, birimo ‘challenges’ n’ibindi bikorwa byo ku mbuga nkoranyambaga.
Ati: “Ni umuntu ukunda umuziki wanjye cyane. Akunda kuwushyigikira, akanangira inama mu byo kwamamaza.

Hari n’indirimbo namuhimbiye yitwa ‘Agatumbwe’, azanagaragara mu mashusho yayo.”
Uyu muhanzi agaragaza ko imibanire y’aba bagore bombi ishingiye ku bwumvikane no kuganira.
Avuga ko nta rwango ruri hagati yabo, ahubwo ko hari n’igihe basangira hamwe n’abana babo, bakaganira nk’abantu bafite intego imwe yo kubaka umuryango utekanye.
Ati: “Ngerageza kubatoza gukundana no kumvikana. Iyo ndi kuri umwe, undi turavugana kuri telefone. Bose bafite ibyo bakora, nanjye nkabunganira mu bushobozi mfite.”
‘Ndandambara’ yemera ko gushaka abagore babiri ari inshingano ikomeye, isaba ubwitonzi, ubushobozi n’ubwumvikane.
Ariko kandi yemeza ko kuri we byamufashije kwiyumva nk’umugabo ufite intego, ukora cyane kandi uharanira gutera imbere.
Mu gusoza, uyu muhanzi ashimangira ko ibyo aharanira atari ugushimisha abantu bose, ahubwo ari ukubaho mu kuri kwe, kubaka umuryango we no gukomeza guteza imbere umuziki we.
Avuga ko urukundo, iyo ruyobowe neza, rushobora kuba imbaraga aho kuba imbogamizi.








