• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Umuhanzikazi Ava Peace yanenze imyitwarire y’abamwe mu bashumba b’amadini

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
November 5, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzikazi wo muri TNS, Maureen Peace Namugonza wamamaye ku izina rya Ava Peace, yagaragaje akababaro n’isoni aterwa n’imyitwarire y’abamwe mu bashumba b’amadini, avuga ko hari abo usanga bavuga amagambo atesha agaciro abandi bantu kandi nta shingiro afite.

Ava Peace yavuze ko bimubabaza cyane kubona umukozi w’Imana acira abantu imanza cyangwa akabavugaho amagambo atari meza, kandi atabanje kumenya ukuri kwabo. Avuga ko ibyo bishobora gutera ihungabana ku muryango ibyo bivugwaho ndetse bikanahungabanya umutekano rusange mu gihugu.

Mu magambo ye, yagarutse ku mupasiteri wigeze kuvuga ko umuhanzikazi Sheebah Karungi inda atwite ari iya Sekibi, ibintu byavugishije abatari bake ku mbuga nkoranyambaga.

Umupasiteri wo muri Uganda yatangaje ko Sheebah Karungi atwite inda ya Sekibi

Ava Peace yagize ati: “Numvise umupasiteri avuga ko Sheebah Karungi inda atwite ari iya Sekibi. Hari igihe tuba turi mu buzima busanzwe, ariko watekereza ukuntu ayo magambo mabi asesereza umuntu ukumva birababaje nawe. Iyo umuntu atwite aba akwiye kurindwa amagambo mabi. Ku mutuka ukamwita ‘Mama wa Sekibi’ ni ukumwandagaza cyane. Ibyo ni ukumutera igikomere mu mutima.”

Yakomeje avuga ko abantu benshi bizera cyane abashumba b’amadini, bityo iyo bavuze amagambo nk’ayo adafite ubushishozi, bishobora gutuma abayumva bayafata nk’ukuri kandi bikagira ingaruka ku buzima bw’abayavuzweho.

Ava Peace yasoje agira ati: “Abayoboke benshi bafata ibyo bumva ku bashumba nk’ukuri. Ibyo byavuzwe byari bibi kandi binyibutsa ko rimwe na rimwe gusenga biba bitoroshye, kuko iyo ngiye gusenga siniyumva fite umutekano kubera amagambo akunzwe gukoreshwa mu rusengero.”

Share2Tweet1Send
Previous Post

Eddy Kenzo yangaje ko Pallaso akiri umunyamuryango wa Federasiyo y’Abahanzi bo muri Uganda

Next Post

I Kigali hagiye kubera iserukiramuco ry’ubuhanzi rizahuza abo mu Karere

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Umuhanzi zo kuramya no guhimbaza Imana Richard Nick Ngendahayo nyuma yo gukora igitaramo kikitabirwa n’abantu benshi ndetse umubare w’abihana ukiyongera...

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo....

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Irene Ingabire Kamanzi ni umuhanzi wa menyekanye hano mu Rwanda cyane mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi kw'izina ry'ubuhanzi...

Next Post
I Kigali hagiye kubera iserukiramuco ry’ubuhanzi rizahuza abo mu Karere

I Kigali hagiye kubera iserukiramuco ry’ubuhanzi rizahuza abo mu Karere

Filime ya Gaël Kamilindi yahatanye mu iserukiramuco muri Nigeria

Filime ya Gaël Kamilindi yahatanye mu iserukiramuco muri Nigeria

Alex Muhangi yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Abanyarwenya bo muri Uganda (TUCA)

Alex Muhangi yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Abanyarwenya bo muri Uganda (TUCA)

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.