Umuhanzi Ykee Benda yatangaje ko yamaze kubona amahoro n’ibyishimo byuzuye mu mugore we, avuga ko ari we rukundo rw’ubuzima bwe, ndetse yanahakanye ibihuha bimaze iminsi bivugwa ko yaba ari hafi kwibaruka.
Mu kiganiro yagiranye na Sanyuka TV, Ykee yavuze ko ubuzima bwe bwahindutse bwiza cyane kuva yashaka umugore (introduction ceremony) na Emily muri Nzeri 2025.
Yagize ati: “Mfite umugore w’inzozi zanjye, kandi n’ubuzima bwanjye. Muri make meze neza, ubu ndishimira urushako rwiza.”
Nk’uko Ykee abitangaza, Emily umugore we yamuzaniye ituze n’ibyishimo mu buzima bwe ku buryo atera urwenya asetsa agira ati: “Maze sinyizi no kurira.”
Benda yanagarutse ku bihuha bivaga ko umugore we yaba atwite, Ykee Benda yabiteye utwatsi yivuye inyuma. Yaboneyeho atanga ubusobanuro bugira buti: “Njye n’umugore wanjye twahisemo kubanza kwiyuba no gutuza mbere yo kubyara.
Yongeyeho ati: “Oya, ntarasama cyane ko hari ibintu tugomba kubanza gukora nk’abantu bari kwiyubaka. Tuzabyara igihe tuzaba dushoboye kubitaho.”
Uyu muhanzi yavuze ko kuri ubu bashyize imbaraga mu kwiyubaka no gushyiraho umusingi uhamye mu rugo rwabo mbere yo kubyara.
Ykee Benda yanagarutse ku mbogamizi abahanzi bahura na zo mu rukundo.
Yasobanuye ko ubuzima n’imyumvire by’abahanzi akenshi bitandukanye cyane n’iby’abantu batari mu ruganda rw’imyidagaduro, n’ibintu bishobora guteza impaka.
Yagize ati: “Akenshi ubuzima bwacu n’imyemerere biratandukanye, ariko bisaba abantu babiri kumenya ko hari intambara bagomba ku rwana kandi bazitsinda, ibindi bakabireka, kugira ngo bazabane igihe kirekire. Bakwiye ku menya gutanga no kwakira.”







