• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Sunday, April 5, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Umugore wa Jose Chameleone, yasabye urukiko gutandukana n’umugabo we nyuma yimyaka 17 bashakanye

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 22, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzi w’cyamamare cyo  muri Uganda, Jose Chameleone, uzwi ku izina rya Joseph Mayanja, ari mu rubanza n’umugore we, Daniella Atim, aho barimo kuburana gatanya, nyuma y’imyaka 17 bamaze bashakanye.

Amadosiye y’urukiko agaragaza ko Daniella yatanze ibaruwa mu Ishami ry’Imiryango (Family Division) ry’Urukiko Rukuru rwa Kampala ku itariki ya 20 Werurwe 2025, abinyujije ku bamuhagarariye mu mategeko bo muri Wamimbi Advocates and Solicitors. Ashinja Chameleone kumwandarika imyaka itanu.

Nk’uko ikinyamakuru New Vision cyabitangaje, Daniella yavuze ko gutandukana kwabo byamugizeho ingaruka zikomeye  mu marangamutima ndetse bikamutesha umutwe kenshi.

Yagize ati:“ Kubura urukundo, impuhwe, no kumva ibyiyumvo bya mugenzi wanjye byangije burundu umubano wacu, bigatuma gusubirana bidashoboka. Nta gushimangira cyangwa guteganya gutandukana hagati yacu kwabayeho.”

Uyu si we wa mbere ugerageza guhangana n’umugore we mu rukiko. Mu kwezi kwa Kane 2023, yari yaratanze itangazo ryo gutandukana, ashinja Chameleone kutubahiriza amahame y’urukundo no kutangirwa umwizerwa.

Jose Chameleone n’umugore we bashakanye ku itariki ya 7 Kamena 2008, basezeraniye muri Paruwasi ya Gatolika ya St. James i Bbiina-Mutungo, Kampala, baka bafitanye abana batanu aribo: Abba (w’imyaka19), Alfa (16), Alba (13), Amma (11), na Xara (6). Mbere yo kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2018, bari batuye i Sseguku mu Karere ka Wakiso.

Mu rubanza rwe rwa vuba, Daniella avuga ko ashaka umutekano w’abana, agahabwa imitungo irimo ubutaka n’inzu biri muri Uganda mu Karere ka Wakiso, Sseguku, ndetse akagenerwa n’amafaranga yo gutungisha n’ubwishingizi bw’abana.

Chameleone, wa menyekanye mu ndirimbo cyinshi zitandukanye nka “Valu Valu,” yateye utwatsi ibyo ashinjwa n’umugore we, avuga ko umuziki we wamufashe igihe kirekire ariko atigeze asiga umugore n’abana. Yongeyeho ko icyemezo cyo kwimukira muri Amerika cyari icyemezo bumvikanyeho bombi kandi ko yanaguriye inzu umuryango we yo guturamo.

Nk’uko Chameleone abivuga, ibibazo by’urugo byatangiye nyuma yo kwimukira muri Amerika, aho Daniella ngo yabaye “atajya aganira neza, atishima, kandi akunda amakimbirane ya hato na hato.” Yavuze kandi ko umugore we yashyize amakimbirane yabo ku mbuga nkoranyambaga, ibintu byagize ingaruka ku buzima bwe bwo mu mutwe ndetse bikamuviramo kujya mu ibitaro.

Chameleone yahakanye ko yasize abana be, avuga ko Daniella yashutse bamwe mu bana ngo bamurwaneho. Yasabye urukiko kwirengagiza icyifuzo cya Daniella, kandi asaba ko inzu i Sseguku yaguma nk’urugo rw’umuryango w’abana igihe bari muri Uganda.

Yanamaganye icyifuzo cy’amafaranga y’ubwishingizi, avuga ko umugore we afite akazi muri Amerika kandi ashoboye kwiyitaho. Ahubwo, asaba ko habaho kurindwa kw’abana ku buryo bw’impande zombi no gusangira inshingano ku bana.

Nubwo yemera ko urugo rwasenyutse, yasabye urukiko kumwishyurira ibiciro by’amategeko.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Jay-Z yabaye umuhanzi ukize kurusha abandi ku isi

Next Post

Lil Nas X yafashwe n’inzego z’umutekano nyuma yo kugaragara yambaye ubusa nijoro muri Los Angele

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi barimo Ben & Chance, Papi Clever & Dorcas bashyize hanze indirimbo za Pasika

Abahanzi barimo Ben & Chance, Papi Clever & Dorcas bashyize hanze indirimbo za Pasika

by Alex RUKUNDO
11 hours ago

Mu gihe abantu bari kwitegura kwizihiza Umunsi Mukuru wa Pasika, abahanzi barimo Bruce Melodie, Yampano, Ben & Chance, Papi Clever...

Rick Ross: Umuziki wa Afurika uri gutangira kwigarurira isi

Rick Ross: Umuziki wa Afurika uri gutangira kwigarurira isi

by MUNYANKINDI Alphonse
12 hours ago

Umuraperi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga Rick Ross avuga ko igihe cy’umuziki wa Afurika ku rwego rw’isi cyageze, ashimangira ko injyana...

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

by Alex RUKUNDO
2 days ago

Umunyarwanda Tuma Basa yasezeye kuri YouTube yagezemo mu 2018 ayobora igice cya ‘Urban Music’ ubu akaba akuriye icya ‘Black Music...

Next Post
Lil Nas X yafashwe n’inzego z’umutekano nyuma yo kugaragara yambaye ubusa nijoro muri Los Angele

Lil Nas X yafashwe n’inzego z’umutekano nyuma yo kugaragara yambaye ubusa nijoro muri Los Angele

Amafaranga agira ururimi rwihariye

Ururimi rw’Amafaranga: Impamvu 5 Gukira Bitangira mu Mutwe

Batereye ivi mu gitaramo cya Coldplay

Batereye ivi mu gitaramo cya Coldplay

Abahanzi barimo Ben & Chance, Papi Clever & Dorcas bashyize hanze indirimbo za Pasika
Imyidagaduro

Abahanzi barimo Ben & Chance, Papi Clever & Dorcas bashyize hanze indirimbo za Pasika

by Alex RUKUNDO
April 4, 2026
Rick Ross: Umuziki wa Afurika uri gutangira kwigarurira isi
Imyidagaduro

Rick Ross: Umuziki wa Afurika uri gutangira kwigarurira isi

by MUNYANKINDI Alphonse
April 4, 2026
Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byatumbagiye cyane. “ Abanyarwanda baburiwe”
Ubukungu

Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byatumbagiye cyane. “ Abanyarwanda baburiwe”

by MUNYANKINDI Alphonse
April 4, 2026
Uburyo 3 Isanzure rishobora kurangira – bimwe mu bitekerezo bya siyansi
Umutekano

Uburyo 3 Isanzure rishobora kurangira – bimwe mu bitekerezo bya siyansi

by MUNYANKINDI Alphonse
April 4, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.