Spice Diana yatangaje ko we n’uwahoze ari umuyobozi we, Roger Lubega, bagiye kugabana inyungu (royalties) n’imitungo bakoreye mu gihe bakoranaga.
Ibi yabigarutse mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru ku muyoboro wa telefoni, Aho yavuze ko we na Roger batandikanye batagikora mu mwaka ushize, gusa nanone Roger ntarashyira icyo abivugaho. Spice Diana yashyize hanze iri tangazo abinyujije ku ku mbuga ze muri iki gitondo.
Mu butumwa yashyize hanze, Spice Diana yasobanuye ko ibijyanye n’ubucuruzi bwose bwamuhuzaga na Roger Lugega bwaragiye neza nta kibazo kivutse. Muri ibyo harimo kugabana mu bwumvikane imitungo bari baraguze bafatanyije, ndetse n’ibijyanye n’amasezerano ku nyungu (royalties) z’indirimvo ze zakozwe mbere.
Yagize ati: “Ibintu byose byaga biduhuza byaragiye, ibyo birimo kagabana imitungo twari twarafanyije kugira no gushyiraho amasezerano y’inyungu ku ndirimbo twakoranye mbere. Nta kindi kibazo dufitanye, kandi buri wese yakomeje ubuzima bwe.“
Yakomeje agaragaza amwe mu makuru ajyanye n’ubuyobozi bushya asigaye akorana na bwo, ndetse yanatanze n’aderisi ya email izajya ikoreshwa yohererezwaho ubutumire mu igitaramo, ibi bigaragaza ko atagikora na Roger.
Spice Diana na Roger Lubega bakoranye imyaka irenga icumi, ubufatanye bwagize uruhare runini mu iterambere n’o kwamamara kwa Spice mu muziki wa Uganda ndetse no ku isoko mpuzamahanga.
Mu itangazo rye, Spice Diana yanatanze umuburo ukomeye ku bantu bakwirakwiza ibihuha n’amakuru atari yo amuvugaho. Yagize ati: “Sinzajya njya mu bikorwa byo gukwirakwiza ibihuha, gutekereza ibintu bidafite ishingiro cyangwa gutanga ibitekerezo bisebanya. Amakuru yose atatanzwe binyuze ku mbuga zemewe, yongeyeho ko atazemerera umuntu uwa ari wese uzakoresha izina rye cyagwa ikiranga ntengi cye nabi cyane ko ngo azahita akurikiranwa n’inzego z’umutekano zibishinzwe.“








