Mu gihe hashize imyaka myinshi hatangwa imiti itandukanye yo kwirinda Virusi itera Sida, u Rwanda ruri kwitegura gutangira gutanga umuti mushya uzahindura uburyo bwo kwirinda iyi ndwara, aho uzajya uterwa umuntu inshuro ebyiri gusa mu mwaka.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangaje ko mu gihembwe cya nyuma cya 2026, hazatangira gutangwa umuti wa Lenacapavir Yeztugo, umuti wagaragaje ubushobozi bwo kurinda kwandura Virusi itera Sida ku kigero cya 99,9%.
Uyu muti wakozwe n’ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gilead Sciences, ukaba usanzwe waratangiye kwemerwa no gutegurwa gutangwa mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.
Icyihariye kuri Lenacapavir ni uko udafata buri munsi nk’ikinini, kandi utaterwa buri mezi abiri nk’izindi nshinge zari zisanzwe. Ahubwo umuntu azajya aterwa uru rushinge rimwe mu mezi atandatu, bigatuma byorohera benshi kubahiriza gahunda yo kwirinda.
Dr. Nzeyimana Zephanie wo muri RBC yavuze ko kuri ubu hari gukorwa imyiteguro irimo kuzuza ibisabwa no gutegura ibigo n’abakozi b’ubuzima bazatanga iyi serivisi.
Yagize ati: “Uyu muti uzatangira gutangwa mu gihembwe cya nyuma cy’uyu mwaka. Turimo gutegura ibikenewe byose kugira ngo uzatangwe neza kandi ugerweho n’abawukeneye.”
Biteganyijwe ko mu cyiciro cya mbere, uzahabwa abantu bafite ibyago byinshi byo kwandura Virusi itera Sida, barimo abakora uburaya, abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina, ndetse n’abantu babana n’abafite Virusi itera Sida ariko bo batarayandura.
Gusa RBC ivuga ko bitazagarukira kuri ayo matsinda yihariye, kuko n’abandi bantu bashobora guhabwa uyu muti hashingiwe ku myitwarire yabo n’ibyago bashobora guhura na byo.
Nubwo Lenacapavir yamaze kwemezwa nk’umuti utekanye, abazawuhabwa bazajya bakurikiranwa n’abaganga, banahabwe inama zijyanye n’imikoreshereze n’uko bitwara mu gihe babonye ibimenyetso bidasanzwe.
Icyongera kuyigira umwihariko ni uko uzajya utangirwa ubuntu, mu gihe serivisi zijyanye na wo zizakomeza gutangirwa ku bwishingizi busanzwe burimo na Mituweli de Santé.
Mu karere, ibihugu nka Zambia, Zimbabwe, Afurika y’Epfo na Eswatini byamaze kuzuza ibisabwa ndetse byatangiye gutumiza imiti ya mbere. Ibindi birimo Botswana, Malawi, Tanzania na Uganda na byo byamaze kuwemeza, mu gihe Kenya na Namibia biri ku musozo w’imyiteguro.
Ibi byose bigaragaza ko Afurika iri mu nzira yo kwakira uburyo bushya kandi bworoshye bwo guhangana na SIDA, aho u Rwanda na rwo ruri mu bihugu biri gufata iya mbere mu kuyishyira mu bikorwa.










