Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel) Nsengiyumva Richard, wamamaye cyane nka Richard Keen, giye kwinjiye mu kindi cyiciro cy’ubuzima, aho yambitese umukunzi we Ininahazwe Ange Floxelle impeta y’urukundo, bigaragara ko biteguye kurushinga mu minsi ya vuba.
Iki gikorwa cyabaye nyuma y’igihe cyingana n’umwaka umwe aba bombi bari mu munyenga w’urukundo. Niicyemezo kije gikurukira urugendo rwabo rwubakiye mu kwemera Imana cyane ko basangiye indanga gaciro za gikirisitu.
Ikiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Richard Keen yasobanuye ko icyamuteye guhitamo Ange Floxelle ari imico ye n’ukuntu akunda ijambo ry’Imana, ibintu avuga ko byabaye ishingiro ry’umubano wabo. yatangaje kandi ko ubukwe bwabo buteganyijwe mu cyumweru gitaha, ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026.

Uyu muhanzi ufite imyaka 31 y’amavuko, akaba yaravukiye mu mujyi wa Gisenyi ku ya 15 Nyakanga 1994, azwiho kuba umwe mu bafite impno yokuririmba indirimbo za gospel mu Rwanda. Yigiye amashuri yisumbuye i Kigali mu ishuri rya ESSJT (Jock), mu ishami ry’ubwubatsi, ayamasomo yayize mbere yo kwinjira mu muziki.
Richard Keen yatangiye urugendo rwe rwa muzika mu 2015, aho yasohora indirimbo ye ya mbere yise “Ndagije”. Icyakora, uyu murimo yaje kuwuhagarika igihe gito kubera impamvu z’ubuzima, yongera ku garuka mu muziki mu 2022, aho yasohoye indirimbo “Ni Muri Yesu”, yabaye intangiriro y’indi ntambwe nshya mu buhanzi bwe.

Kuva icyo gihe, yakomeje gukora indirimbo zitandukanye zakunzwe zirimo “Komera”, “Ishimwe” na “Fata Umwanya”. Asobanura ko inganzo ye ishingira ku bihe aba arimo n’ibimukora ku mutima, aho akenshi indirimbo adakuze gufata umwanya wokuzitegura ahubwo zimwisangira, akazibyaza umusaruro mu gusenga no kuririmba yifashishije gitari.
Uretse inkuru y’urukundo rwe, Richard Keen ari no gutegura ibindi bikorwa bikomeye mu muziki we. Yatangaje ko ari gukora kuri album igizwe n’indirimbo icyenda, ateganya kuyisohora mbere yo gutegura igitaramo n’izindi gahunda zigamije kwamamaza umuziki we no gukomeza umurimo wo kwamamaza ubutumwa bwiza.
Mu bahanzi bamubera icyitegererezo, yagaragaje ko yubaha cyane Jonathan McReynolds na Israel Mbonyi, kubera ubutumwa bwabo n’uburyo bakora indirimbo zikagera ku mitima ya benshi.








