• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, January 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Umutekano

Perezida Kagame yashimiye inzego z’umutekano zitagoheka k’ubwo umutekano wu Rwanda

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
December 28, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yashimye ubunyamwuga n’ubwitange byaranze Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’izindi nzego z’umutekano mu mwaka wa 2025, ndetse abashimira uruhare rukomeye bagira mu kubungabunga amahoro n’umutekano w’igihugu no mu butumwa bwo kubungabunga amahoro boherezwamo mu mahanga.

Ni ubutumwa yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 29 Ukuboza 2025, busoza umwaka wa 2025, anifuriza abashinzwe umutekano Umwaka Mushya Muhire wa 2026.

Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo bahura n’imbogamizi zitandukanye, abasirikare n’izindi nzego z’umutekano badahwema gusohoza inshingano zabo neza, barinda ubusugire bw’igihugu n’umutekano w’abaturage.

Yagize ati “Nubwo bahura n’imbogamizi zitandukanye, abagabo n’abagore bari mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) n’izindi nzego z’umutekano bakomeza gusohoza inshingano zabo mu buryo bukwiye kandi badatezuka, haba imbere mu gihugu no mu butumwa barimo mu mahanga.”

Yongeyeho ko ku ruhando mpuzamahanga, Ingabo z’u Rwanda zikomeje kwitwara neza mu butumwa bwo kubungabunga amahoro ku Mugabane wa Afurika, zubahiriza indangagaciro zo kurengera ubuzima bw’abantu, bikaba bigira uruhare mu kuzamura isura nziza y’u Rwanda ku Isi.

Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko umutekano n’amahoro Igihugu gifite byabaye ishingiro ry’iterambere u Rwanda rumaze kugeraho mu nzego zitandukanye.

Yashimangiye kandi ko abaturage bashimira inzego z’umutekano umusanzu wazo mu kuba babasha gukorera mu gihugu kirimo amahoro n’ituze.

Ati “RDF n’izindi nzego z’umutekano ni zo ngabo nifuzaga. Muri uyu mwaka mwakomeje gukura no gukomera, muba inkingi y’ubumwe bw’Igihugu, icyubahiro n’imbaraga zacyo, mubasha kurengera inyungu z’u Rwanda ndetse mugendera ku ndangagaciro z’ubunyangamugayo no gukunda Igihugu.”

Perezida Kagame yasabye abagize inzego z’umutekano gukomeza umurongo wo gukorera mu mucyo no kuzuza inshingano, kubaka no kwitegura guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka.
Yifatanyije kandi n’abari mu butumwa bwa kure, batari kumwe n’imiryango yabo muri ibi bihe by’iminsi mikuru, ashimira n’imiryango yabo ku bwitange no kwihangana bagaragaza.

Umukuru w’Igihugu yihanganishije kandi imiryango yabuze ababo bitangiye igihugu, abizeza ko Leta izahora iri hafi yabo.

Perezida Kagame yifurije abagize RDF n’izindi nzego z’umutekano, kimwe n’imiryango yabo, iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya muhire, abasaba gukomeza gukorera Igihugu mu bwitange.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umugabo wamenaguye ibirahuri by’imodoka i Kigali yajyanywe i Ndera kuvurirwayo indwara zo mu mutwe

Next Post

Djihad na bangenzi be bane batakambiye urukiko barusaba kuburanishwa bari hanze

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora

Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora

by Alex RUKUNDO
19 hours ago

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Itumanaho muri Uganda (UCC), George William Nyombi Thembo, yemeje ku mugaragaro ko internet rusange yahagaritswe...

Urupfu rw’umusore ufite ubumuga bwo mu mutwe rwakanguranyije benshi muri Nyamirama

Urupfu rw’umusore ufite ubumuga bwo mu mutwe rwakanguranyije benshi muri Nyamirama

by MUNYANKINDI Alphonse
22 hours ago

Abatuye Umurenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza bakomeje kuba mu gahinda n’akantu, nyuma yo kumva inkuru y’urupfu rw’umusore wari...

Ngoma: Inkuba ikomeye yibasiye abaturage bari mu mirimo yo kwita ku matungo, 9 bahasiga ubuzima

Ngoma: Inkuba ikomeye yibasiye abaturage bari mu mirimo yo kwita ku matungo, 9 bahasiga ubuzima

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Mu Karere ka Ngoma haravugwa inkuru ibabaje y’inkuba yakubise itsinda ry’abaturage bari bari mu mirimo yo kwita ku matungo no...

Next Post
Djihad na bangenzi be bane batakambiye urukiko barusaba kuburanishwa bari hanze

Djihad na bangenzi be bane batakambiye urukiko barusaba kuburanishwa bari hanze

Gloria Bugie aravuga ko ariwe muhanzi watsindiye ibihembo ku rwego mpuzamahanga

Gloria Bugie aravuga ko ariwe muhanzi watsindiye ibihembo ku rwego mpuzamahanga

Tyler Perry yongeye gushinjwa n’umugabo  ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Tyler Perry yongeye gushinjwa n’umugabo  ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy
Imyidagaduro

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora
Umutekano

Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo
Amateka

Filime nshya igaruka ku ruhare rw’ubutwari bw’Abarokokeye i Bisesero, igashyira imbere inkuru z’Abanyafurika ubwabo

by MUNYANKINDI Alphonse
January 15, 2026
Uganda: Luwilight ukoresha TikTok arashinjwa gutera ubwoba Zuena Kirema umugore wa Bebe Cool
Imyidagaduro

Uganda: Luwilight ukoresha TikTok arashinjwa gutera ubwoba Zuena Kirema umugore wa Bebe Cool

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.