• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Tuesday, February 3, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Uncategorized

“Ntibinshishikaje kurongora vuba” – Papa Sava asobanura impamvu adashaka

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
January 27, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Niyitegeka Gratien uzwi cyane nka Seburikoko cyangwa Papa Sava, yongeye kuvuga ku kibazo kimaze igihe kimubazwa n’abantu benshi: impamvu atarahitamo gushaka umugore n’ubwo ageze mu kigero abantu benshi babona nk’icyo kuba yarabikozeho kera.

Mu kiganiro yagiranye na Royal FM, Papa Sava yabajijwe n’umunyamakuru MC Tino ikintu yumva yatinze gukora mu buzima bwe.

 Atazuyaje, yahise agaragaza ko ari ikibazo cyo gushaka umugore, avuga ko ari ijambo ahora yumva rimuvugwaho cyane.

Papa Sava yavuze ko abantu benshi bagira impungenge bavuga ko yaba “atinze,” ariko we akabona atari ikibazo gikomeye.

Yagaragaje ko abagabo badafatwa kimwe n’abagore ku bijyanye no kubyara, kuko ngo intanga z’umugabo zitajya zishira byoroshye.

Ati: “Abantu bahora bambwira ngo ndatinze kurongora, ariko intanga z’umugabo ntabwo zishira. Sinumva ko nzacura.

 Hari abumva ko iyo ushaka umugore uba utangiye kwinjira mu nshingano zikomeye z’ubuzima, ariko si ngombwa ko buri wese abyinjiramo igihe kimwe.”

Yakomeje asobanura ko n’ubwo yemeranya n’abamugira inama yo gushaka umugore, atumva ko ari igitutu akwiriye gushyirwaho. Yavuze ko hari inshingano nyinshi umuntu atangira kumva neza amaze kurongora, zirimo gutunga urugo no gufata ibyemezo bifite ingaruka ku bandi.

Papa Sava kandi yagarutse ku kindi kibazo akunze kubazwa, cyerekeye kubyara.

Yavuze ko iyo umuntu amaze kurongora ntabyare, atangira kubazwa impamvu, ndetse rimwe na rimwe hakibazwa niba yaba afite umwana hanze y’urugo.

Ati: “Iyo urongoye ntubyare, abantu bahita batangira kukubaza impamvu. Ibyo byose ni igitutu gikurikira icyemezo cyo kurongora, ni yo mpamvu numva buri muntu akwiriye kubikora igihe yumva yiteguye.”

Seburikoko, wamamaye cyane muri sinema nyarwanda, yavutse ku wa 25 Ugushyingo 1978, akaba afite imyaka 47. Ubu ari mu myiteguro yo kwizihiza imyaka 30 amaze mu mwuga wa sinema, aho ateganya kwerekana filime ye nshya yise “What a Day?” mu gikorwa kizabera muri Mundi Center ku wa 30 Mutarama 2025.

Uyu munyabugeni akomeje kugaragaza ko ku bwe, ubuzima atari isiganwa, ahubwo ari urugendo buri wese agendamo ku muvuduko we.

Share2Tweet1Send
Previous Post

  Dr Manirakiza Benjamin yashyikirijwe  urukiko

Next Post

Menya amakipe atunze kurusha ayandi ku isi mu mupira w’amaguru

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

“Umubyeyi wanjye yansabye gusiba icyivugo nari narakoze” – Papa Sava

“Umubyeyi wanjye yansabye gusiba icyivugo nari narakoze” – Papa Sava

by Alex RUKUNDO
4 days ago

Mu rugendo rwe rurerure mu buhanzi bwe no mu mukwandiak amafirime, Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko cyangwa Papa Sava yagaragaje...

Dr. Propa: “Imbaraga zanjye si ibiyobyabwenge, ni umuziki”

Dr. Propa: “Imbaraga zanjye si ibiyobyabwenge, ni umuziki”

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Umuhanzi wo muri Uganda, Dr. Propa, yahakanye yivuye inyuma ibivugwa ko yaba akoresha ibiyobyabwenge, avuga ko ibyo abantu babihuza n’imbaraga...

Gisubizo Ministry na The Ben basohoye bahuriyemo bise “Nabaye umwe n’Imana”

Gisubizo Ministry na The Ben basohoye bahuriyemo bise “Nabaye umwe n’Imana”

by Alex RUKUNDO
5 days ago

Ubwo ivugabutumwa rikomeje gushaka inzira nshya zo kugera ku bantu benshi, itsinda ry’abaririmbyi Gisubizo Ministry ryahisemo kwagura imbago z’umuziki wa...

Next Post
Menya amakipe atunze kurusha ayandi ku isi mu mupira w’amaguru

Menya amakipe atunze kurusha ayandi ku isi mu mupira w’amaguru

Shena Skies: Sinshobora Kunyurwa ndi Inyuma y’Urubyiniro

Shena Skies: Sinshobora Kunyurwa ndi Inyuma y’Urubyiniro

Bwiza agiye kumurika Album yise “Home” mu bitaramo hirya no hino ku isi

Bwiza agiye kumurika Album yise “Home” mu bitaramo hirya no hino ku isi

Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde
Imyidagaduro

Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026
Ibimenyetso byerekana ko inzoka ishobora kukurya n’uko wakwirinda ibyago byayo
Inkuru Ndende

Ibimenyetso byerekana ko inzoka ishobora kukurya n’uko wakwirinda ibyago byayo

by MUNYANKINDI Alphonse
February 3, 2026
“Umuziki usaba gukorera mu ikipe” – Spice Diana
Imyidagaduro

“Umuziki usaba gukorera mu ikipe” – Spice Diana

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026
Rayon Sports mu gihirahiro: imikino iri imbere iteye impungenge
Imikino

Rayon Sports mu gihirahiro: imikino iri imbere iteye impungenge

by MUNYANKINDI Alphonse
February 3, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.