• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, April 4, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

“Ntibinshishikaje kurongora vuba” – Papa Sava asobanura impamvu adashaka

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
January 27, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Niyitegeka Gratien uzwi cyane nka Seburikoko cyangwa Papa Sava, yongeye kuvuga ku kibazo kimaze igihe kimubazwa n’abantu benshi: impamvu atarahitamo gushaka umugore n’ubwo ageze mu kigero abantu benshi babona nk’icyo kuba yarabikozeho kera.

Mu kiganiro yagiranye na Royal FM, Papa Sava yabajijwe n’umunyamakuru MC Tino ikintu yumva yatinze gukora mu buzima bwe.

 Atazuyaje, yahise agaragaza ko ari ikibazo cyo gushaka umugore, avuga ko ari ijambo ahora yumva rimuvugwaho cyane.

Papa Sava yavuze ko abantu benshi bagira impungenge bavuga ko yaba “atinze,” ariko we akabona atari ikibazo gikomeye.

Yagaragaje ko abagabo badafatwa kimwe n’abagore ku bijyanye no kubyara, kuko ngo intanga z’umugabo zitajya zishira byoroshye.

Ati: “Abantu bahora bambwira ngo ndatinze kurongora, ariko intanga z’umugabo ntabwo zishira. Sinumva ko nzacura.

 Hari abumva ko iyo ushaka umugore uba utangiye kwinjira mu nshingano zikomeye z’ubuzima, ariko si ngombwa ko buri wese abyinjiramo igihe kimwe.”

Yakomeje asobanura ko n’ubwo yemeranya n’abamugira inama yo gushaka umugore, atumva ko ari igitutu akwiriye gushyirwaho. Yavuze ko hari inshingano nyinshi umuntu atangira kumva neza amaze kurongora, zirimo gutunga urugo no gufata ibyemezo bifite ingaruka ku bandi.

Papa Sava kandi yagarutse ku kindi kibazo akunze kubazwa, cyerekeye kubyara.

Yavuze ko iyo umuntu amaze kurongora ntabyare, atangira kubazwa impamvu, ndetse rimwe na rimwe hakibazwa niba yaba afite umwana hanze y’urugo.

Ati: “Iyo urongoye ntubyare, abantu bahita batangira kukubaza impamvu. Ibyo byose ni igitutu gikurikira icyemezo cyo kurongora, ni yo mpamvu numva buri muntu akwiriye kubikora igihe yumva yiteguye.”

Seburikoko, wamamaye cyane muri sinema nyarwanda, yavutse ku wa 25 Ugushyingo 1978, akaba afite imyaka 47. Ubu ari mu myiteguro yo kwizihiza imyaka 30 amaze mu mwuga wa sinema, aho ateganya kwerekana filime ye nshya yise “What a Day?” mu gikorwa kizabera muri Mundi Center ku wa 30 Mutarama 2025.

Uyu munyabugeni akomeje kugaragaza ko ku bwe, ubuzima atari isiganwa, ahubwo ari urugendo buri wese agendamo ku muvuduko we.

Share2Tweet1Send
Previous Post

  Dr Manirakiza Benjamin yashyikirijwe  urukiko

Next Post

Menya amakipe atunze kurusha ayandi ku isi mu mupira w’amaguru

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

by Alex RUKUNDO
14 hours ago

Umunyarwanda Tuma Basa yasezeye kuri YouTube yagezemo mu 2018 ayobora igice cya ‘Urban Music’ ubu akaba akuriye icya ‘Black Music...

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

by Alex RUKUNDO
15 hours ago

Agahinda k’abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana mu bitaramo bitandukanye, kongeye kuzamurwa n’umufana wasomeye Winnie Nwangi mu...

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

by Alex RUKUNDO
16 hours ago

Nyuma y’ibyumweru bike umuraperi w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi ku mazina nka “Diddy” yagabanyirijweho amezi abiri ku gifungo yari yakatiwe, itariki...

Next Post
Menya amakipe atunze kurusha ayandi ku isi mu mupira w’amaguru

Menya amakipe atunze kurusha ayandi ku isi mu mupira w’amaguru

Shena Skies: Sinshobora Kunyurwa ndi Inyuma y’Urubyiniro

Shena Skies: Sinshobora Kunyurwa ndi Inyuma y’Urubyiniro

Bwiza agiye kumurika Album ye yise “Home” mu bitaramo hirya no hino ku isi

Bwiza agiye kumurika Album ye yise “Home” mu bitaramo hirya no hino ku isi

“Mubavuga nabi, bahisemo gukoresha TikTok live nk’ijwi ry’abahanzi” – Eddy Kenzo
Uncategorized

“Mubavuga nabi, bahisemo gukoresha TikTok live nk’ijwi ry’abahanzi” – Eddy Kenzo

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera
Imyidagaduro

Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma y’imyaka 8 ayikorera

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana
Imyidagaduro

Abahanzikazi bo muri Uganda bakomeje kwitotombera ihohoterwa bakorerwa n’abafana

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026
Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo
Imyidagaduro

Diddy yagabanirijweho amazi abiri y’igifungo

by Alex RUKUNDO
April 3, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.