Niyitegeka Gratien uzwi cyane nka Seburikoko cyangwa Papa Sava, yongeye kuvuga ku kibazo kimaze igihe kimubazwa n’abantu benshi: impamvu atarahitamo gushaka umugore n’ubwo ageze mu kigero abantu benshi babona nk’icyo kuba yarabikozeho kera.
Mu kiganiro yagiranye na Royal FM, Papa Sava yabajijwe n’umunyamakuru MC Tino ikintu yumva yatinze gukora mu buzima bwe.
Atazuyaje, yahise agaragaza ko ari ikibazo cyo gushaka umugore, avuga ko ari ijambo ahora yumva rimuvugwaho cyane.
Papa Sava yavuze ko abantu benshi bagira impungenge bavuga ko yaba “atinze,” ariko we akabona atari ikibazo gikomeye.
Yagaragaje ko abagabo badafatwa kimwe n’abagore ku bijyanye no kubyara, kuko ngo intanga z’umugabo zitajya zishira byoroshye.
Ati: “Abantu bahora bambwira ngo ndatinze kurongora, ariko intanga z’umugabo ntabwo zishira. Sinumva ko nzacura.
Hari abumva ko iyo ushaka umugore uba utangiye kwinjira mu nshingano zikomeye z’ubuzima, ariko si ngombwa ko buri wese abyinjiramo igihe kimwe.”
Yakomeje asobanura ko n’ubwo yemeranya n’abamugira inama yo gushaka umugore, atumva ko ari igitutu akwiriye gushyirwaho. Yavuze ko hari inshingano nyinshi umuntu atangira kumva neza amaze kurongora, zirimo gutunga urugo no gufata ibyemezo bifite ingaruka ku bandi.
Papa Sava kandi yagarutse ku kindi kibazo akunze kubazwa, cyerekeye kubyara.
Yavuze ko iyo umuntu amaze kurongora ntabyare, atangira kubazwa impamvu, ndetse rimwe na rimwe hakibazwa niba yaba afite umwana hanze y’urugo.
Ati: “Iyo urongoye ntubyare, abantu bahita batangira kukubaza impamvu. Ibyo byose ni igitutu gikurikira icyemezo cyo kurongora, ni yo mpamvu numva buri muntu akwiriye kubikora igihe yumva yiteguye.”
Seburikoko, wamamaye cyane muri sinema nyarwanda, yavutse ku wa 25 Ugushyingo 1978, akaba afite imyaka 47. Ubu ari mu myiteguro yo kwizihiza imyaka 30 amaze mu mwuga wa sinema, aho ateganya kwerekana filime ye nshya yise “What a Day?” mu gikorwa kizabera muri Mundi Center ku wa 30 Mutarama 2025.
Uyu munyabugeni akomeje kugaragaza ko ku bwe, ubuzima atari isiganwa, ahubwo ari urugendo buri wese agendamo ku muvuduko we.










