Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal ryatangaje ko icyemezo cyo kwamburwa igikombe cya Afurika cya 2025 kigahabwa Morocco kidashobora kwemerwa ndetse ko gishobora no gusiga icyasha umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika.
Kuwa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026 ni bwo Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Africa, CAF, yatangaje ko Akanama k’Ubujurire kayo kasanze Sénégal yararenze ku ngingo ya 82 n’iya 84 z’amategeko agenga AFCON, zivuga ko ikipe isohotse mu kibuga cyangwa yanze gukina itabiherewe uburenganzira n’umusifuzi ifatwa nk’itsinzwe, ndetse igahita ihanishwa gutsindwa ibitego 3-0.
Yavuze ko yahise ifata icyemezo cyo gutesha agaciro intsinzi ya Sénégal, iyihanisha gutsindwa ibitego 3-0, maze Morocco ihita yegukana igikombe gutyo.
Nyuma y’ibi Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal ribinyujije mu itangazo ryashyize hanze ryamaganye bikomeye iki cyemezo, rivuga ko ari icyemezo kirimo akarengane, kidasanzwe kandi kidashobora kwemerwa, kikaba gishobora no gusiga icyasha ku mupira w’amaguru muri Afurika.
Senegal yavuze ko mu rwego rwo kurengera uburenganzira bwayo n’inyungu z’umupira w’amaguru muri Sénégal, igiye kujuririra iki cyemezo mu Rukiko rwa Siporo ku Isi (TAS).
Umukino wa nyuma w’iki gikombe cya Afurika cya 2025 wabaye tariki ya 18 Mutarama 2025 ukaba wararangiye Senegal itsinze 1-0 ihabwa igikombe. Uyu mukino ariko wabayemo impaka zikomeye kugeza aho abakinnyi ba Senegal bavuye mu kibuga umukino urahagarara.
By’umwihariko, ku munota wa nyuma w’umukino, Morocco yahawe penaliti itaravuzweho rumwe, bituma abakinnyi ba Sénégal bafata icyemezo cyo gusohoka mu kibuga mu rwego rwo kugaragaza kutishimira icyemezo cy’umusifuzi.
Nyuma y’iminota igera kuri 17 y’akajagari, bongeye kugaruka mu kibuga umukino urakomeza. Penariti yatewe na Brahim Díaz arayirata ariko Sénégal iza gutsinda igitego cy’intsinzi mu minota y’inyongera cyatsinzwe na Pape Gueye.










