• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Urukundo

Ngibi ibyo gutekerezaho mbere yo gutandukana n’uwo mwashakanye

Impinga Media by Impinga Media
November 12, 2024
Reading Time: 1 min read
A A
Divorce
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Hari ubwo umwe mu bashakanye yumva yanze uwo bashakanye akamuzinukwa ku buryo yumva atakifuza no kumureba. Nubwo wumva wazinutswe uwo mwashakanye kubera amakosa ashobora kuba yaragukoreye, umuti wa mbere wabafasha si ugutandukana.

Dore ibyo Charlotte, umujyana w’ingo agusaba kubanza gutekerezaho mbere yo gufata umwanzuro wo gutandukana n’uwo mwashakanye :

Banza urebe ko udashaka ko uwo mwashanye akurikiza ibyifuzo byawe gusa

Ahanini usanga amakosa abashakanye baregana ashingiye ku kuba umwe yakoze ibyo undi adakunda cyangwa se atifuza.

Nyamara ugomba kumenya ko ibyifuzo byawe bidahora ari ukuri kuko niba iyo uwo mwashanaye akora ibinyuranije n’ibyifuzo byawe ukabifata nk’ikosa, ibyo siko bigomba kugenda buri gihe.

Suzuma niba udashaka ko agukorera byinshi kurusha ibyo umukorera

Hari abantu bahora bifuza ko babakorera ibyiza kandi no mu bashakanye babamo, ugasanga aho kugirango we abanze akorere mugenzi we ibyiza, ahora yibwira ko azabikora ari uko nawe yabanje gukorerwa ibyiza mbere.

Isuzume urebe ko wamukunze ntacyo ushingiyeho

Kimwe mu bintu bituma umuntu atangira kumva azinutswe uwo bashakanye nuko hari ibintu runaka uba warashyize mu mutwe ko uzabonera kuwo mwashakanye watangira kubibura ukumva utangiye kumwanga.

Kora urutonde rw’ibyiza yaba yaragukoreye cyangwa se ibyiza umubonaho

Kuba abantu bahora bareba ibibi gusa nabyo biri mu bituma ingo nyinshi zisenyuka ugasanga niba uwo mwashakanye akoze ikosa rimwe uhita wirengagiza ibyiza yakoze byose kubera icyo kibi kimwe akoze.

Suzuma ko udaterwa kumuzinukwa n’amakosa ya kera wanze kumubabarira

Abantu batajya bababarira ngo birangire usanga nabo uko iminsi ishira ariko bazinukwa ababakoreye ikosa kuko uko umuntu akoze ikosa arigereka kuri ya yandi ya mbere bikarushaho kumuremerera.kubabarira ubikuye ku mutima bigufasha kuruhuka kandi bikagufasha kubaka kuko kubakira ku byo wanze kubabarira biruhanya ukazisanga utagishaka kubana nuwo mwashakanye.

Kuzinukwa uwo mwashakanye bishobora guterwa n’amakosa agukorera ariko na none hari ubwo usanga ayo makosa yivanga n’ayawe bikarushaho kuba bibi. Haba ku wumva ko yazinutswe uwo bashakanye cyangwa se n’uwashaka kwirinda kuzagera muri ibyo bihe bibi ni byiza ko wahora usuzuma ibyo twavuze haruguru, bizagufasha kugaruka mu nzira nziza.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Urukundo rwa Megan Fox na Machine Gun Kelly rugiye kuvamo umwana wabo w’imfura

Next Post

Squid Game 2 yagarutse mu buryo bushya, dore aho wayikura

Impinga Media

Impinga Media

IZINDI NKURU WASOMA

Urukundo rwanjye rwatangiriye ku rupapuro (IGICE 1)

Urukundo rwanjye rwatangiriye ku rupapuro (IGICE 1)

by Alex RUKUNDO
5 months ago

Ese urukundo uraruzi? Nonese uzi ibisobanuro byarwo? Ahubwo se uzi akababaro gaterwa n’urukundo, harimo kwigunga no kwiheba bitewe n’umuntu waguhakaniye?...

Urukundo rwa MUTABAZI na MUTONI Igice cya 1

Urukundo rwa MUTABAZI na MUTONI Igice cya 1

by Impinga Media
7 months ago

Iyi nkuru yanditswe hagendewe ku nkuru mpamo y’ibintu byabayeho. Nubwo muri iki gihe urukundo rwakonje mu bantu, muri iyi nkuru...

Ubuhamya: Bigenda bite ngo umuntu yicwe n’irungu afite uwo bashakanye?

Ubuhamya: Bigenda bite ngo umuntu yicwe n’irungu afite uwo bashakanye?

by admin
10 months ago

Mwiza w’imyaka 40 ukora umwuga w’ibaruramari atuye i Kigali. Yibuka neza ko mu gihe cye cyo kubyara, umugabo we byasaga...

Next Post
Squid Game

Squid Game 2 yagarutse mu buryo bushya, dore aho wayikura

Online dating

Amabanga yo gukomeza urukundwo rwa kure y’amaso

Depression

Ibimenyetso 10 byo Kwigunga n'Agahinda nibyo wakora mu kwivura

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.