• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Muhammadu Buhari wahoze ari Perezida wa Nigeria yitabye Imana ku myaka 82

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 14, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Muhammadu Buhari wahoze ari Perezida wa Nigeria yitabye Imana afite imyaka 82, ubwo yari arwariye mu mujyi wa London mu Bwongereza. Nyuma y’urupfu rwe, yajyanywe i Nigeria kugira ngo ashyingurwe mu mahoro mu karere yavukiyemo ka Katsina.

Guverineri wa Leta ya Katsina, Dikko Radda, wari i London ari kumwe n’umuryango wa nyakwigendera, yatangaje ko Buhari azashyingurwa kuri uyu wa Mbere mu mujyi wa Daura, uherereye mu birometero 80 uvuye i Katsina.

Visi Perezida wa Nigeria, Kashim Shettima, na we yari i London, kandi biteganyijwe ko aherekeza umurambo wa nyakwigendera werekeza mu gihugu cy’amavuko.

Guverineri Radda yabwiye Radiyo y’Abadage, DW Hausa, ati: “Nari kumwe n’umuryango wa nyakwigendera ku bitaro. Twumvikanye ko umurambo we ujyanwa i Daura, aho azashyingurwa. Biteganyijwe ko tugenda mu gitondo.”

Na Visi Perezida Shettima yemeje ko Daura ari ho Buhari azashyingurwa, abinyujije mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ubwo yari amaze kugera i London.

Yatangaje ko Buhari yitabye Imana nyuma y’igihe gito arwaye, nubwo indwara yamuhitanye itatangajwe. Buhari yari amaze igihe kinini afite ibibazo by’ubuzima.

Nubwo yari Perezida w’igihugu, umuhango wo kumushyingura uteganyijwe mu buryo busanzwe kandi bworoheje, hatitawe ku byubahiro bisanzwe bigenerwa abayobozi bakuru basezeye ku nshingano.

Nk’uko amategeko y’idini ya Islam abiteganya, umurambo ugomba gushyingurwa vuba, kandi nta birori birebire bizategurwa. Umuyobozi w’idini ya Islam, Sheikh Abdullahi Gasrangamawa, yabwiye BBC ko nubwo ari igikorwa gikomeye, kidashobora kurenga ku cyo amategeko y’idini abiteganya’.

Yavuze ko Buhari naramuka atashyinguwe kuri uyu wa Mbere, bizaterwa n’uko umurambo we uzaba ugeze mu gihugu nijoro, kandi Islam itemera gushyingura nijoro. Nibiba bityo, azashyingurwa ku wa Kabiri mu gitondo.

Mu gihugu hose ndetse no hanze yacyo, abantu bakomeje koherereza umuryango wa nyakwigendera ubutumwa bwo kubahumuriza. Buhari wahoze ari Jenerali mu gisirikare, ni umwe mu bantu bake bayoboye Nigeria inshuro ebyiri: bwa mbere nk’umusirikare, ubwa kabiri nk’umuyobozi watowe binyuze mu matora.

Uwahoze ari Perezida Goodluck Jonathan watsinzwe na Buhari mu matora yo mu 2015, yamuvuzeho nk’umuntu wakundaga abaturage, wiyemezaga inshingano ze kandi witanze cyane mu gukorera igihugu.

N’uwigeze kumuhirika ku butegetsi mu 1985 abinyujije muri kudeta, Jenerali Ibrahim Babangida, na we yamuvuzeho amagambo y’ishimwe, avuga ko nubwo yari ageze mu zabukuru, yari akiri urumuri rwa rubanda, atanga urugero mu kwicisha bugufi no mu kwitangira igihugu.

Perezida Bola Ahmed Tinubu uri ku butegetsi, yatangaje ko azitabira umuhango wo gushyingura Buhari uzabera i Daura. Yashyizeho icyumweru cy’icyunamo mu gihugu hose, mu rwego rwo kumuha icyubahiro.

Mu butumwa bwe bwo guhumuriza abaturage, Perezida Tinubu yavuze ko igihugu kigiye guha nyakwigendera icyubahiro cya nyuma kimukwiye, aho ibendera ry’igihugu rizururutswa rikajya hagati mu gihugu hose guhera muri iki cyumweru.

Share3Tweet2Send
Previous Post

Platini P na Nel Ngabo batangaje Album “Vibranium” nk’isura nshya y’umuziki ny’Afurika

Next Post

Trump yahaye Putin amasaha 50 ngo afate Ukraine” – Abatavuga rumwe n’inkunga y’Amerika bavuga ko ari amagambo gusa

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yitabye Imana

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yitabye Imana

by Alex RUKUNDO
2 months ago

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Bufaransa, yasanzwe muri hoteli i Paris yapfuye, iperereza ry’ibanze rikavuga...

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

by Peacemaker PUNDIT
3 months ago

Ni inkuru itangaje kuyumva cyangwa se kuyibarira abantu bo mu bihugu bibyara nka kumwe bivugwa muri Bibiliya"Mubyare mwuzure isi mube...

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

by Alex RUKUNDO
3 months ago

Urukiko rwa Bioko muri Guinea Equatoriale ku wa Gatatu rwakatiye igifungo cy’imyaka umunani Baltasar Ebang Engonga, uwahoze ari umuyobozi ukomeye...

Next Post
Trump yahaye Putin amasaha 50 ngo afate Ukraine” – Abatavuga rumwe n’inkunga y’Amerika bavuga ko ari amagambo gusa

Trump yahaye Putin amasaha 50 ngo afate Ukraine” – Abatavuga rumwe n’inkunga y’Amerika bavuga ko ari amagambo gusa

Abana basaga miliyoni 30 ku isi bari mu kaga ko kurwara rubeba kubera kudakingirwa

Abana basaga miliyoni 30 ku isi bari mu kaga ko kurwara rubeba kubera kudakingirwa

Intambara y’amagambo hagati ya Leta ya Israel n’igisirikare cyayo ku mushinga w’inkambi y’Abanya-Palestine

Intambara y’amagambo hagati ya Leta ya Israel n’igisirikare cyayo ku mushinga w’inkambi y’Abanya-Palestine

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.