Igihe cyo gucura ku bagore (menopause) kimenyerewe cyaneho ibimenyetso byo mu mubiri nko kubura ibitotsi, ubushyuhe bukabije n’ihindagurika ry’amarangamutima. Gusa ubushakashatsi bushya burerekana ko iki gihe cy’ihinduka ry’imisemburo gishobora no kugira ingaruka zikomeye ku mikorere y’ubwonko, by’umwihariko ku kwibuka no gutekereza.
Abashakashatsi bo mu Bwongereza basanze abagore bari mu bihe bya menopause bagaragaza impinduka mu bice by’ubwonko bifite uruhare rukomeye mu kwibuka no kugenzura amarangamutima. Izi mpinduka zirimo kugabanuka kwa ‘grey matter’, agace k’ubwonko gafasha mu gucunga amakuru no kwibuka ibyakunze kubaho. Ibi byatumye hakomeza kwibazwa impamvu abagore bakunze kugaragaza ibimenyetso byo kwibagirwa cyane ugereranyije n’abagabo.
Icy’ingenzi ni uko izi mpinduka zitajya zifatwa nk’ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe gikeneye kwitabwaho byihuse. Abagore benshi bumva kwibagirwa, kunanirwa gutekereza neza cyangwa guhindagurika mu marangamutima ari ibintu bisanzwe byo kwihanganira mu gihe cya menopause, bigatuma batihutira gushaka ubufasha bw’abaganga.
Nyamara, inzobere zigaragaza ko kumenya hakiri kare izi mpinduka no kuzivugaho bishobora gufasha mu gufata ingamba zo kurinda ubwonko. Kugisha inama abaganga ku bijyanye n’imiti isimbura imisemburo (HRT), nubwo idakwiye buri wese, bishobora gufasha bamwe mu bagore kugabanya bimwe mu bimenyetso bigaragara muri iki gihe cy’ihinduka.
Ikindi cyagaragajwe ni uko ubuzima bwo mu mutwe bw’abagore bugomba gufatwa nk’igice cy’ingenzi cy’ubuzima rusange, cyane cyane mu bihe bya menopause. Guhura n’ibi bibazo ntibivuze intege nke, ahubwo ni ikimenyetso cy’uko umubiri uri kunyura mu mpinduka zikomeye zikeneye kwitabwaho no gushyigikirwa.
Impuguke mu buzima zongeraho ko hari n’ingamba zoroshye abagore bashobora gufata mu buzima bwa buri munsi, zirimo gukora imyitozo ngororamubiri kenshi, kurya indyo yuzuye, kugabanya inzoga no kwirinda itabi. Izi ngamba zifasha ubwonko gukomeza gukora neza no kugabanya ibyago byo kwibagirwa mu gihe kirekire.
Iyi nkuru itanga ubutumwa bukomeye ku muryango nyarwanda n’isi muri rusange: igihe cyo gucura si iherezo ry’ubushobozi bwo gutekereza, ariko ni igihe cyo kwitaho kurushaho ubuzima bwo mu mutwe no kuvuga ku bibazo bigaragara. Kumenya, kwemera no gusaba ubufasha bishobora kuba intambwe ya mbere yo kurinda ubuzima bw’ubwonko bw’abagore n’ejo hazaza habo.









