Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru wa RBA Japhet Mazimpaka yatangaje ko imbuga nkoranyambaga zimaze guhinduka ikibazo gikomeye mu mibereho y’abantu, azigereranya n’icyorezo gihisha kwiyemera gushingiye ku mibare idafite ishingiro.
Yavuze ko abantu benshi bari gutakaza ukuri kwabo, baharanira gusa kugaragara ku masikire (screens) y’abandi.
Ibi Japhet yabigarutseho mu gihe ari kwitegura igitaramo cye cyihariye azataramira wenyine yise “Social Media Influenza”, giteganyijwe ku wa Gatanu tariki ya 23 Mutarama, kibere Urban Park Suites i Remera.
Amatike yo kwinjira muri iki gitaramo yamaze gushyirwa ku isoko ku mafaranga 20,000 Frw.
Uyu munyarwenya, uherutse gutandukana n’itsinda Bigomba Guhinduka akomokamo, avuga ko iki gitaramo kizibanda ku gusetsa ariko kinigisha, kigaruka ku myitwarire y’abantu ku mbuga nkoranyambaga, uko zifata icyerekezo cy’ibitekerezo by’abantu, n’uruhare zigenda zigira ku mibanire n’imibereho rusange mu Rwanda.
Japhet asobanura ko isi y’ikoranabuhanga imaze kuba iyobya benshi, by’umwihariko abantu bazwi mu myidagaduro, aho bamwe bibeshya ko umubare w’ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga ari wo ugaragaza ingaruka bagira ku buzima bw’abantu.
Ati: “Ku isi hose abarenga 64% bakoresha imbuga nkoranyambaga, mu Rwanda ni hafi 9.2%. Ariko izi mbuga ziragenda ziduhindura. Hari ubwo umuntu atakaza uwo ari we, agamije gusa kugaragara ku masikire y’abandi. Ikibazo ni ukumenya uko twabigira mu rugero.”
Yakomeje avuga ko igitekerezo nyamukuru cy’iki gitaramo ari ugushyira ahagaragara ibi bibazo binyuze mu rwenya, kuko abantu bakenera kwigishwa uko babaho muri iyi si nshya y’ikoranabuhanga.
Asanga imbuga nkoranyambaga ari nk’inkota ifite imipanga ibiri, cyane cyane ku rubyiruko rukunze gukururwa n’ibigezweho no gushaka kwigaragaza vuba.
Japhet yagaragaje impungenge ku rubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga rugaharanira gusa kwamamara, kugeza ubwo bamwe bihimba abo batari bo, bagashyira amafoto menshi maze bagahitamo imwe igaragaza isura itari yo.
Yongeyeho ko iterambere ry’ubwenge bw’ubukorano (AI) riri kurushaho gukaza ikibazo, kuko abantu benshi batagishobora gutandukanya ukuri n’ibihimbano.
Ati: “AI iragenda ikora hafi ya byose umuntu yakora. Uburyo bwo kuyobya abantu buriyongera, benshi ntibakibasha kumenya ikinyoma n’ukuri. Ni yo mpamvu twita ibi ‘influenza’ – icyorezo kigomba kuganirwaho.”
Uyu munyarwenya yavuze ko n’uburyo abantu bakoresha internet butandukanye: abakiri bato bayikoresha cyane, mu gihe abakuru benshi batayitaho.
Yongeye kwibutsa ko nta muntu ugira uburenganzira busesuye ku mbuga nkoranyambaga akoresha, bityo ko abantu bakwiye kuyikoresha batekereza.
Agaruka ku ishusho yamamaza iki gitaramo, imugaragaza aseka kandi arira icyarimwe, Japhet yavuze ko isobanura uko imbuga nkoranyambaga zisa: zitanga ibyishimo by’akanya ariko zigahisha ukuri.
Yaburiye cyane abantu bazwi kutitiranya imibare y’ababakurikira n’ingaruka nyazo bagira ku buzima bw’abandi.
Japhet Mazimpaka ni umunyarwenya umaze kwigaragaza ku rwego mpuzamahanga, ataramira mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika y’Iburasirazuba no hanze yayo.
Yakoze igitaramo cye cya mbere wenyine cyiswe “The Stupid Experience” mu 2023, anatambira imbaga muri Nigeria na Kenya.
Kuri we, rwenya si ugusetsa gusa, ahubwo ni umuti uvura imitima n’ibitekerezo by’abantu.








