• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, April 2, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Israel yibasiye Irani mu bikorwa bya nikleyeri n’ibya gisirikare

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
June 26, 2025
Reading Time: 2 mins read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Israel yibasiye ahantu habitse ibikoresho bya nikleyeri n’ahari ibya gisirikare bya Irani, ndetse n’ahantu hari ibikorwa by’abikorera ku giti cyabo, cyane cyane mu burengerazuba bw’igihugu hafi y’umurwa mukuru wa Tehran.

N’ubwo byinshi muri ibyo bitero byaturutse mu kirere, birakekwa ko ikigo gishinzwe iperereza cya Israel, Mossad, na cyo cyagize uruhare rukomeye mu kumenya no gutoranya aho ibyo bitero bigomba kugabwa.

Abashinzwe iperereza ba Mossad  bakoresheje indege zitagira abapirote (drones), zinjizwa muri Irani mu ibanga rikomeye cyane, bagamije guperereza no kumenya aho ibikoresho by’ubwirinzi bwa Irani aho biri, cyane cyane ko hari abayobozi ba Irani baherutse gukeka ko ingabo za Israel  zinjijwe rwihishwa.

Umubare munini w’abakozi bakomeye mu gisirikare no mu rwego rwa nikleyeri barishwe muri ibyo bitero kuva byatangira ku wa 13 Kamena, bigaragaza ko Israel yari ifite amakuru y’aho bari baherereye.

Mossad irakekwaho ko yaba ari yo yagize uruhare mu iyicwa rya Mohsen Fakhrizadeh, inzobere ikomeye mu bya nikleyeri

Biragoye kumenya uruhare rwa Mossad muri ibi bitero – Israel ikunze kuvuga gake ku bikorwa by’iri perereza, kandi nubwo hari andi mashami y’iperereza, ibi ni bimwe mu byo tuzi ku bikorwa bya Mossad mu bihe byashize:

Ismail Haniyeh, umuyobozi wa politiki w’umutwe wa Hamas, yishwe ari mu nzu i Tehran ku wa 31 Nyakanga 2024. Israel ntiyigeze ibyemera ako kanya, ariko nyuma y’amezi make Minisitiri w’ingabo wa Israel, Katz, yaje kwemera ko Israel ari yo yari inyuma y’urwo rupfu.

Uburyo Haniyeh yishwemo ntiburamenyekana neza. Khalil al-Hayya, umwe mu bayobozi ba Hamas, yabwiye itangazamakuru ko Haniyeh yarashwe igisasu cya misile, akurikije amagambo y’abari hafi ye. Icyakora, ikinyamakuru New York Times cyatangaje ko yishwe na bombe yari yashyizwe mu nyubako mu amezi abiri yari ashize.

Amakuru dukesha BBC ivuga ko  itabashije kugenzura ibyatangajwe ku buryo bwigenga. Haniyeh ni umwe mu bayobozi benshi ba Hamas bishwe na Israel kuva ku wa 7 Ukwakira 2023, nyuma y’igitero Hamas yagabye kuri Israel.

Ku wa 17 Nzeri 2024, ibihumbi by’ibikoresho biturika byaturikirijwe rimwe mu bice bitandukanye bya Libani, cyane cyane aho umutwe wa Hezbollah ufite ibirindiro. Abari barinze ibyo bikoresho barakomeretse ndetse bamwe barapfa.

Umunsi wakurikiyeho, haturitse ibikoresho by’itumanaho (walkie-talkies), nabyo byahitanye abantu ndetse bikomeretsa benshi.

Israel yaje kwemera ko ari yo yagabye ibyo bitero, nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru rya Israel nyuma y’amezi abiri. Mu kiganiro na CBS, bamwe mu bakozi ba Mossad bavuze ko ibyo bikoresho byari byashyizwemo ibiturika mu buryo bw’ibanga.

Mahmoud al-Mabhouh yacishijwe amashanyarazi, hanyuma aranigwa

Mu Ugushyingo 2020, Mohsen Fakhrizadeh, inzobere muri nikleyeri muri Irani, yishwe arashwe mu mujyi wa Absard hafi ya Tehran, hakoreshejwe imbunda igenzurwa na Artificial Intelligence.

Benjamin Netanyahu yari yarigeze kwerekana inyandiko zagaragazaga umugambi wa Irani wo gukora intwaro za nikleyeri, avuga ko Fakhrizadeh yari umuntu ukomeye mugukora ibitwara bya kirimbuzi.

Mu 2010, Mahmoud al-Mabhouh, umwe mu bayobozi ba gisirikare ba Hamas, yishwe ari muri hoteli i Dubai. Polisi yemeje ko yishwe n’agatsiko k’abantu nyuma yo kugenzura amashusho ya camera. Bivugwa ko yishwe bamushyize ku ku gatebe kamashanyarazi (electric chair), mbere yo kumuniga.

Israel ntabwo yigeze yemera uruhare rwa Mossad muri ubwo bwicanyi.

Mu 1996, Yahya Ayyash, wari uzwiho gukora ibisasu bya bombe, yishwe hakoreshejwe telefone ya Motorola Alpha yari yashyizwemo igisasu cy’intambi gipima 50g.

Mu ntangiriro z’1980s, Mossad yashoboye kugeza Abayahudi barenga 7,000 b’Abanya-Ethiopia muri Israel ibakuye muri Sudani. Ibi byakozwe mu ibanga rikomeye, bifashishije hoteli y’inyiganano ku nkengero z’Inyanja Itukura.

Nyuma y’uko abantu ba Black September bishe abakinnyi ba Israel muri Olympics i Munich, Mossad yatangiye ibikorwa byo kubahiga, harimo Mahmoud Hamshari wiciwe i Paris n’igisasu cyari cyashyizwe muri telefone ye.

Umutasi wa Mossad ahagaze impande y’imodokari itwaye abanya Ethiopia b’abayahudi bakuwe muri Sudani

Mossad yatangaje amakuru y’ingenzi yafashije ingabo za Israel gutabara abari bafashwe bugwate n’abarwanyi ba PFLP muri Uganda, bagatabarwa n’ingabo za Israel, ku buryo benshi bahasize ubuzima.

Mu 1960, Mossad yafashe Adolf Eichmann, umwe mu bayobozi ba Nazi bateguye Jenoside yakorewe Abayahudi. Yamuvanye muri Argentina amujyana muri Israel, aho yaje guhanishwa igihano cy’urupfu.

Ku ya 7 Ukwakira 2023, Mossad yanenzwe kutabasha kumenya igitero cya Hamas cyahitanye abantu barenga 1,200, abandi barashimutwa bajyanwa Gaza.

Misiri na Syria bagabye igitero kuri Israel ku munsi wa Yom Kippur mu 1973, bitunguranye. Nubwo Israel yaje kwirwanaho, kikaba ari kimwe mu byagaragaje intege nke z’ubutasi bwa Israel.

Ba maneko ba Israel bagerageje kuroga Meshaal i Jordanie mu 1997, ariko barafatwa. Israel yaje kumuha umuti wo ku muvura.

Mu 2003, Israel yagabye igitero cyahitanye umugore n’umuhungu wa al-Zahar, ariko we aracika.

Umutwe w’iperereza wa Israel wafashwe uri mu mugambi wo gutega ibisasu mu Misiri. Ibi byateje ikibazo gikomeye cya politiki muri Israel mu 1954.

Impinga

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Share2Tweet1Send
Previous Post

Turashaka kwereka Perezida Kagame n’Inkotanyi ko tubakunda” — Mariya Yohana

Next Post

Albert Supply Textile Yamuritse Imyambaro Igezweho Ikorerwa mu Rwanda mu Gitaramo Gikomeye cy’Imideli

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Umunyapolitiki wo muri Uganda Mubarak Munyagwa yinjiriye mu mpaka zimaze iminsi hagati y’abahanzi Pallaso na King Saha, avuga ko abo...

Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga

Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa kisilamu (Nikkah) n’umugabo we Hamza Ssebunya bwabaye kera mu...

DR Congo igiye mu gikombe cy’isi bwa mbere mu myaka irenga 50

DR Congo igiye mu gikombe cy’isi bwa mbere mu myaka irenga 50

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, izwi nka Leopards, yanditse amateka mashya nyuma yo kubona itike y’imikino ya...

Next Post
Albert Supply Textile

Albert Supply Textile Yamuritse Imyambaro Igezweho Ikorerwa mu Rwanda mu Gitaramo Gikomeye cy’Imideli

NYO

Umunsi w’Ibyishimo n’akanyamuneza — Abana 20 basoje amashuri y'inshuke muri Nufashwa Yafasha Organization

Irani mu nzira igana ku gutunganya uranium ishobora kuvamo igisasu – IAEA iratanga impuruza

Irani mu nzira igana ku gutunganya uranium ishobora kuvamo igisasu – IAEA iratanga impuruza

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha
Imyidagaduro

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga
Imyidagaduro

Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
FERWAFA yamaganye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga nyuma yo gutsinda
Ibirori

FERWAFA yamaganye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga nyuma yo gutsinda

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure
Ikoranabuhanga

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.