Umushyushyarugamba wa Sanyuka TV ndetse akaba n’umuraperi kuri Next Media, Immy Candace, yavuze ko atazigera afata umwana w’undi mugore mu gihe yaba ashakanye n’umugabo wabyaranye n’undi mugore.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Immy yasobanuye ko impamvu yafashe icyo cyemezo ari uko ari umuntu w’inyangamugayo kandi w’umunyakuri mu rukundo.
Ati: “Ndakunda cyane, kandi iyo nkunda umuntu, niwe nkunda gusa. Sinabasha gukundana n’abagabo benshi icyarimwe, N’ubwo uwo mugabo yakora ikintu kibi kuri jye, guma iruhande rwe. Mu by’ukuri, naba mbonye umugabo unyitaho cyangwa anganiriza, namwihanganira nkamukunda.”
Yongeyeho ko gukunda cyane no kwiyumvamo umugabo bituma bigorana gusangira uwo akunda cyangwa kwita ku bana buwo mugabo cyane ko bishobora kuba imbogamize m’urukundo rwabo.
Yakomeje agira ati: “Sinasha kwihanganira no kwita ku mwana w’umugore wundi kuko nshaka uwo mugabo uwo sinjye.”
Icyo aheraho areba mugabo akunda, Immy yavuze ko isura ye uko ateye, ijyendo n’uko avuga n’ibindi nabyo ari ingenzi ku rukundo rwe.
Yongeyeho ko atashora gukundana n’umugabo ufite amagara mato kuko atashora “kurinda” abana bazavuka mu muryango cyagwa akabyara abana bagufi, ati: “Nshaka umugabo murere ushinguye kandi ufite ibingago n’imbaraga ku buryo twabyara abana barebare kandi beza.”







