Umuhanzikazi wo muri Uganda Grace Khan yatangaje ko yasohotse mu ivuriro ryita ku bantu bafite ikibazo cy’ubusinzi, nyuma y’igihe ari kuvurirwa ubusinzi bw’inzoga.
Uyu muhanzikazi yavuze ko ubu ari gutangira ubuzima bushya, anashimira abamubaye hafi mu bihe bikomeye yanyuzemo byatumye ajya kwivuriza mu kigo cyita ku bantu bafite ibibazo byo kwizihirwa n’inzoga.
Grace Khan yashimiye cyane Uganda National Musicians Federation yamufashije kwishyura igice kinini cy’amafaranga yasabwaga mu kwivuza. Yavuze ko iri shyirahamwe ry’abahanzi ryamufashije kwishyura miliyoni 6 z’amashilingi ya Uganda, bituma umutwaro w’amadeni yari afite ugabanuka.
Mu butumwa yasangije abakunzi be, Grace Khan yavuze ko igihe yamaze mu ivuriro cyamwigishije byinshi ku buzima bwe ndetse n’uko agomba kwiyitaho.
Yagize ati: “Ndashimira Ishyirahamwe ry’Abahanzi ryamfashije muri ibi bihe bikomeye. Muri iki gihe namaze mu ivuriro nari ndi kwitekerezaho cyane, kandi nahigiye ibintu byinshi. Nize kwiyemera no kwikunda.”
Nubwo hari amafaranga yamaze kwishyurwa, uyu muhanzikazi yavuze ko hakiri umwenda muto ugomba kwishyurwa kugira ngo ibijyanye n’ubuvuzi bwe birangire burundu.
Uretse ibyo, Grace Khan yatangaje ko ubu intego ye ari kongera kubaka ubuzima bwe no gusubirana n’umuryango we. Yavuze ko ategereje n’ibyishimo byinshi kongera guhura n’umukobwa we witwa Grannah, kuko yumva ubu yiteguye kongera kumwitaho nk’umubyeyi.
Gusohoka kwe mu ivuriro byahaye icyizere abakunzi b’umuziki we, benshi bifuza ko uyu muhanzikazi yakongera kugaragara mu bikorwa by’umuziki nyuma yo kongera kwisuganya mu buzima bwe bwite.
Bamwe mu bakurikiranira hafi imyidagaduro muri Uganda bavuga ko iyi ari intambwe ikomeye kuri Grace Khan mu rugendo rwo kwiyubaka no kongera gusubira mu muziki n’imishinga ye mu gihe kiri imbere.







