Umuhanzi w’Umunya-Uganda Geosteady yatangaje ko ubuzima bwe bwahindutse cyane nyuma yo gusoza gahunda yo kwivura no kwiyubaka mu bigo ngororamuco, aho yari yajyanywe kubera ibibazo by’ibiyobyabwenge. Yagarutse ku masomo akomeye yakuye muri uru rugendo, ashimangira ko kwitandukanya n’ingeso mbi bisaba kwiyemeza no guhindura imibereho.
Mu byo yagarutseho, Geosteady yavuze ko ubunebwe no kugira igihe kinini kidakoreshwa ari bimwe mu bintu bishobora gusubiza umuntu mu ngeso mbi yari yararetse. Yavuze ko umuntu uri mu rugendo rwo kwivura agomba kwihugura no kugira gahunda ihamye imufasha gukomeza gutekereza ku byiza.
Ati: “Kugira ngo utsinde ibiyobyabwenge, ugomba kwishakira icyo uhugiramo no kuba ufite gahunda ihoraho. Iyo uri umunebwe, ibitekerezo byawe bigusubiza mu ngeso wari wararetse.”

Uyu muhanzi yanavuze ko yahinduye byinshi mu buzima bwe bw’imibanire, cyane cyane abo yagendaga na bo, avuga ko byamufashije gusubirana icyizere no gukomeza kuba ku murongo mwiza. Yagaragaje ko kwitondera abo ugendana na bo ari ingenzi ku muntu wese ushaka impinduka nziza.
Ati: “Rimwe na rimwe ugomba guhindura abo ugendana na bo. Ushake abantu bakugiraho ingaruka nziza, bakongerera agaciro ubuzima bwawe kandi ububaha. Nahinduye itsinda nari ndimo, sinabaciyeho burundu, ariko nagabanyije uko twavuganaga.”
Geosteady yavuze ko ubu ari kwitwara neza, yiteguye kongera gushyira imbaraga mu muziki we no kuba urugero rwiza ku bandi bari mu bihe bikomeye by’ubuzima. Yashishikarije urubyiruko n’abandi bafite ibibazo nk’ibyo yanyuzemo kudacika intege no gushaka ubufasha igihe babukeneye.







