Umuhanzi wo muri Uganda, Dr. Propa, yahakanye yivuye inyuma ibivugwa ko yaba akoresha ibiyobyabwenge, avuga ko ibyo abantu babihuza n’imbaraga agaragaza ku rubyiniro bidafite ishingiro.
Dr. Propa yavuze ko atigeze akoresha ibiyobyabwenge bitemewe n’amategeko. Yashimangiye ko imiti yose anywa aba yayandikiwe n’abaganga mu bitaro.

Yagize ati: “Sinywa ibiyobyabwenge. Imiti nywa iba yemewe n’abaganga. Navutse ndi ‘high’ kuko umuziki uba muri jye.”
Uyu muhanzi yavuze ko imbaraga n’imyitwarire idasanzwe agaragaza mu bitaramo biterwa n’urukundo rwinshi akunda umuziki, aho kuba ikoreshwa ry’ibintu bitemewe.
Dr. Propa yanavuze ku bijyanye n’uko aherutse kugaragara mu bikorwa bya politiki bya NRM. Yemeje ko atishyuwe ku bitaramo yakoreye muri ayo mahuriro.
Yavuze ko yabyemeye ku bushake, ashingiye ku kwizera ko akazi ke kazamenyekana, bikazamuha amahirwe yo guhabwa ishimwe mu gihe kizaza.
Yongeye gushimangira ko intego ye nyamukuru ari ugukora umuziki no gushimisha abafana be, asaba abantu kudahuza impano ye n’ibihuha bidafite gihamya ku buzima bwe bwite.










