Fondasiyo Nyafurika y'Ishuri ry'Imiyoborere (African School of Governance/ ASG Foundation) ifite icyicaro gikuru i Kigali mu Rwanda, yashyizeho Umunya-Nigeria Prof. Kingsley Moghalu nk'umuyobozi mukuru w'ikigo gishya cy'imiyoborere yatangije.
Nyuma yaho umuraperi P.Diddy afunzwe ibirego bigakomeza kwiyongera, ubu yashinjwe gufata ku ngufu umwana w'umukobwa w'imyaka 13 akaba yarabikoze mu 2000.
Uko ibihe bisimburana hagenda hagaragara ubushakashatsi bwinshi harimo n'ubutangaje, ku buryo ubwumvise agira ngo ni ibinyoma. Ubushakashatsi bushya busa n'ubusekeje kandi butangaje bwagaragaje ko ari bibi kumva indirimbo za Justin Bieber uri kurya kuko bibishya amafunguro.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yakiriye itsinda ryaturutse muri Lesotho riyobowe na Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ubutabera w’Ubwami bwa Lesotho, Nthomeng Majara, mu ruzinduko ruzamara iminsi itandatu, ashima aho u Rwanda rugeze mu iterambere.
Nyuma y'uko mu myaka yashize Donald Trump yagiye ashinjwa n'abanyamideli batandukanye ihohotera rishingiye ku gitsina, ubu noneho undi mugore witwa Stacey Williams wahoze amurika imideli nawe yamushinje ko yamuhohoteye mu 1993.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie yerekeje mu gihugu cya Canada, aho agiye gukorera ibitaramo bine, asiga avuze ko nta mikoranire yihariye yagiranye na 'Fatakumavuta' nk'uko byagiye bivugwa mu bihe bitandukanye.
Umuhanzi Icyishaka Davis wamenye nka Davis D yatangaje ko atangira urugendo rw'umuziki umuryango we utahise ubyumva, ariko kandi ntibamurwanyije kuko bamusabaga kubanza gusoza amasomo mbere y'uko yiyegurira umuziki nk'akazi ke ka buri munsi.
Umukinnyi w'ikipe y'igihugu ya Brazil ndetse na Real Madrid , Vinicius Junior, yatangaje ko yifuza kuguma mu ikipe ya Real Madrid iteka nyuma yuko ayifashije gutsinda Borussia Dortmund atsinda ibitego 3 wenyine.
Abarimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe bajyanye na Perezida Paul Kagame mu nama ya CHOGM muri Samoa, bamutunguye bamukatira umutsima mu kumwifuriza isabukuru nziza y’imyaka 67.
Hakizimana Muhadjiri yavuze ko impamvu atahamagawe mu ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, Amavubi, izakina na Djibouti mu mikino y'ijonjora rya mbere ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2024), atari ukubera ko adahagaze neza...