• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, January 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Abantu barenga 20 bapfiriye mu mvururu kabereye ahatangiwe imfashanyo mu majyepfo ya Gaza

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 16, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Nibura abantu basaga 20 bo muri Palesitine bapfiriye mu mvururu zabereye ahatangirwa ibiribwa mu majyepfo ya Gaza, ahari hateguwe ibikorwa n’Ikigo cy’Ubutabazi Gaza Humanitarian Foundation (GHF), gishyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibyo byabaye nyuma y’uko abashinzwe umutekano b’icyo kigo bakoreshaga imyuka iryana mu maso (pepper spray) ku bantu benshi bari baje gushaka imfashanyo, nk’uko byemejwe n’Ikigo cy’Ubuzima cya Palesitine.

Mu itangazo GHF yasohoye, yavuze ko abantu 19 bapfiriye mu mvururu zabereye ahatangirwa imfashanyo mu gitondo cyo ku wa Gatatu, mu gihe undi umwe yakomerekejwe n’icyuma. Gusa icyo kigo nticyigeze gisubiza ibibazo by’abanyamakuru babazaga niba koko abashinzwe umutekano wacyo barakoresheje imyuka iryana ku baturage bari hafi y’umujyi wa Khan Younis.

Minisiteri y’Ubuzima ya Gaza yatangaje ko abantu 15 bishwe n’iyo myuka y’ubumara babateye. Yagize iti: “Babateye imyuka y’ubumara bibaviramo kubura umwuka barapfa.” Abo bapfuye bongewe ku mubare w’Abanyapalesitine bamaze kugwa muri iyi ntambara basaga 58,000, abenshi bakaba ari abasivili.

Minisiteri y’Ubuzima muri Palesitine yakomeje ivuga ko ari ubwa mbere habaye impfu zatewe no guhumeka imyuka y’ubumara no gukandagirirwa ahatangirwa imfashanyo.

Guhera mu kwezi kwa Gicurasi ubwo GHF yatangiraga ibikorwa byayo byo gutanga imfashanyo, abasivili bagera kuri 800 bamaze kwicwa n’ingabo za Isiraheli mu gihe bageragezaga kugera ahatangirwa ubufasha. Gusa ni bwo bwa mbere habonetse impfu nyinshi nk’izo.

GHF ni ikigo gishya kidafite ubunararibonye buhambaye mu gutanga imfashanyo mu bice byibasirwa n’intambara. Cyatangaje ko nta ruhare cyagize ku byabaye inyuma y’ahantu cyari cyateganyirije ibikorwa byacyo.

Hari amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, nubwo ataremezwa ku mugaragaro, agaragaza umugabo uvuga ko abashinzwe umutekano bateye imyuka iryana mu bantu bari bagerageje kwegera aho imfashanyo zatangirwaga.

Yagize ati: “Twabyiganaga cyane, tugeze ku muryango abashinzwe umutekano bahita batangira kuduteramo imyuka iryana.”

GHF yavuze ko ari bwo bwa mbere babonye abantu bafite intwaro bari mu mbaga y’abari baje gushaka imfashanyo, ndetse ivuga ko yafatiriye imbunda imwe. Yanashinje abarwanashyaka b’abahezanguni bifitanye isano na Hamas gushaka guteza imvururu, ariko ntiyagaragaza ibimenyetso bibihamya.

Iki kigo gikoresha ibigo bine mu gutanga imfashanyo ku baturage bagera kuri miliyoni ebyiri bari mu kaga, aho inzara ikomeje gukaza umurego. Inzobere mu by’umutekano w’ibiribwa zaburiye ko inzara ikomeye ishobora kwibasira Gaza mu buryo budasanzwe.

Mbere y’uko GHF itangira gutanga imfashanyo, zari zisanzwe zitangwa n’Umuryango w’Abibumbye n’indi miryango mpuzamahanga, binyuze mu bigo birenga 400, aho abaturage bashoboraga gufashwa mu buryo butandukanye.

Gusa abayobozi ba Israel bavuga ko bashyizeho uburyo bushya bwo gutanga imfashanyo, bavuga ko Hamas yajyaga yigarurira inzira zanyuzwagamo ubufasha. Gusa kugeza ubu nta bimenyetso byigeze bigaragaza ko imfashanyo z’iyo miryango mpuzamahanga zari zarafunzwe.

Inzobere zemeza ko niba uburyo bwo gutanga imfashanyo bukomeje kuba buke kandi budahagije, abantu ibihumbi amagana bari mu bukene bukabije bashobora gukomeza gupfa bazize inzara n’indwara.

Impinga

Share2Tweet1Send
Previous Post

Intambara y’amagambo hagati ya Leta ya Israel n’igisirikare cyayo ku mushinga w’inkambi y’Abanya-Palestine

Next Post

Trump yahakanye ko ahisha ukuri ku byaha bya Epstein wiyahuriye muri gereza

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

CAF yongera kwibutsa abayobozi imyitwarire ikwiye mu mikino mpuzamahanga

CAF yongera kwibutsa abayobozi imyitwarire ikwiye mu mikino mpuzamahanga

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafashe icyemezo gikomeye cyo guhana Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o,...

Umufaransa wiyitaga inzobere muri hypnose akurikiranyweho ihohotera rikabije rishingiye ku gitsina

Umufaransa wiyitaga inzobere muri hypnose akurikiranyweho ihohotera rikabije rishingiye ku gitsina

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Mu majyepfo y’u Bufaransa, urukiko ruri kuburanisha umugabo w’Umunyafaransa ukekwaho ibyaha bikomeye birimo guha abagore ibiyobyabwenge, kubakoresha ihohotera rishingiye ku...

Sat-B: Urugendo rwo kuva mu bukene bukabije kugera ku kuba isura y’umuziki w’u Burundi

Sat-B: Urugendo rwo kuva mu bukene bukabije kugera ku kuba isura y’umuziki w’u Burundi

by MUNYANKINDI Alphonse
6 days ago

Uyu munsi izina Sat-B riri mu akunzwe cyane mu muziki wo mu karere k’Ibiyaga Bigari, ariko inyuma y’icyo cyubahiro hari...

Next Post
Trump yahakanye ko ahisha ukuri ku byaha bya Epstein wiyahuriye muri gereza

Trump yahakanye ko ahisha ukuri ku byaha bya Epstein wiyahuriye muri gereza

Maneko wa Ukraine yishwe arashwe amasasu atanu i Kyiv

Umutwe w’iterabwoba “The Base” ukekwaho kwivugana umukozi w’ubutasi wa Ukraine

Rutsiro : Abanyeshuri babiri bagerageje gusohokana ikizamini, Nyamagabe: Undi afatirwa ku kindi kigo afite icyuma

Rutsiro : Abanyeshuri babiri bagerageje gusohokana ikizamini, Nyamagabe: Undi afatirwa ku kindi kigo afite icyuma

Imibereho n’ubukungu bigena icyemezo cyo kubyara mu Rwanda
Ubuzima

Imibereho n’ubukungu bigena icyemezo cyo kubyara mu Rwanda

by Alex RUKUNDO
January 16, 2026
Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira
Imyidagaduro

Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Menya imwe mu miti ishobora kugabanya ‘ingufu z’abagabo’ mu gihe cyo gutera akabariro
Ubuzima

Menya imwe mu miti ishobora kugabanya ‘ingufu z’abagabo’ mu gihe cyo gutera akabariro

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
RURA yashyize iherezo ku rujijo rw’imikoreshereze ya USSD codes zishingiye ku miyoboro ya telephone
Ikoranabuhanga

RURA yashyize iherezo ku rujijo rw’imikoreshereze ya USSD codes zishingiye ku miyoboro ya telephone

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.