• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

White House yateye utwatsi ku irekurwa rya P Diddy

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 21, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika byatangaje ko nta cyemezo cyigeze gifatwa cyo kurekura cyangwa guha imbabazi umuhanzi Sean “Diddy” Combs, nyuma y’uko amakuru yakwirakwijwe avuga ko Perezida Donald J. Trump ashobora kuba ari gutekereza kumurekura vuba.

Aya makuru yaturutse mu bitangazamakuru mpuzamahanga birimo TMZ na Daily Mail, aho byavugaga ko hari ibiganiro biri gukorwa hagati y’abo mu biro bya Perezida Trump n’abunganizi ba Diddy, hagamijwe kumusabira imbabazi kugira ngo agabanyirizwa igihano.

Nyuma y’uko ayo makuru akwirakwijwe, White House yasohoye itangazo ribivuguruza, rivuga ko ibyo ari ibihuha bidafite ishingiro.

White House yagize iti “Amakuru avuga ko hari umwanzuro wihariye wa Perezida Trump ku birebana no kubabarirwa kwa Sean Combs ni ibinyoma. Perezida ni we wenyine ufite ububasha bwo gutaga imbabazi, kandi kugeza ubu nta kintu na kimwe cyemejwe ku birebana n’uru rubanza.”

Umuraperi akaba n’umushoramari mu muziki Sean “Diddy” Combs w’imyaka 55, yahamijwe ibyaha birimo gucuruza abagore mu bihugu bitandukanye hagamijwe kubakoresha imibonano mpuzabitsina ndetse no gucuruza ibiyobyabwenge.

Ku itariki ya 3 Ukwakira 2025, umucamanza Arun Subramanian yamukatiye igihano cy’imyaka ine n’amezi abiri (50 months) y’igifungo, ndetse ategekwa no kuzagenzurwa igihe azaba arangije igihano (supervised release).

Mu rukiko, Diddy yahakanye ibyo aregwa byose, avuga ko ari ibikorwa byashyizwemo imbaraga n’abashaka kumusenya nk’umuntu w’icyamamare ufite izina rikomeye ku rwego rw’isi.

Nyuma yo guhamwa n’ibyaha, abunganizi be batangaje ko bazajurira uwo mwanzuro, ndetse banasaba ko yakwimurirwa mu gereza ifite umutekano, aho yabasha gukomeza ibikorwa bye byo kwandika indirimbo ze.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Hamenyekanye abahanzi Davido azazana i Kigali

Next Post

The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
5 hours ago

Umuhanzi zo kuramya no guhimbaza Imana Richard Nick Ngendahayo nyuma yo gukora igitaramo kikitabirwa n’abantu benshi ndetse umubare w’abihana ukiyongera...

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo....

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Irene Ingabire Kamanzi ni umuhanzi wa menyekanye hano mu Rwanda cyane mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi kw'izina ry'ubuhanzi...

Next Post
The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

Udushya tudasanzwe mu iserukiramuco rya Oldies rigiye kugaruka

Udushya tudasanzwe mu iserukiramuco rya Oldies rigiye kugaruka

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.