Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika byatangaje ko nta cyemezo cyigeze gifatwa cyo kurekura cyangwa guha imbabazi umuhanzi Sean “Diddy” Combs, nyuma y’uko amakuru yakwirakwijwe avuga ko Perezida Donald J. Trump ashobora kuba ari gutekereza kumurekura vuba.
Aya makuru yaturutse mu bitangazamakuru mpuzamahanga birimo TMZ na Daily Mail, aho byavugaga ko hari ibiganiro biri gukorwa hagati y’abo mu biro bya Perezida Trump n’abunganizi ba Diddy, hagamijwe kumusabira imbabazi kugira ngo agabanyirizwa igihano.
Nyuma y’uko ayo makuru akwirakwijwe, White House yasohoye itangazo ribivuguruza, rivuga ko ibyo ari ibihuha bidafite ishingiro.
White House yagize iti “Amakuru avuga ko hari umwanzuro wihariye wa Perezida Trump ku birebana no kubabarirwa kwa Sean Combs ni ibinyoma. Perezida ni we wenyine ufite ububasha bwo gutaga imbabazi, kandi kugeza ubu nta kintu na kimwe cyemejwe ku birebana n’uru rubanza.”
Umuraperi akaba n’umushoramari mu muziki Sean “Diddy” Combs w’imyaka 55, yahamijwe ibyaha birimo gucuruza abagore mu bihugu bitandukanye hagamijwe kubakoresha imibonano mpuzabitsina ndetse no gucuruza ibiyobyabwenge.
Ku itariki ya 3 Ukwakira 2025, umucamanza Arun Subramanian yamukatiye igihano cy’imyaka ine n’amezi abiri (50 months) y’igifungo, ndetse ategekwa no kuzagenzurwa igihe azaba arangije igihano (supervised release).
Mu rukiko, Diddy yahakanye ibyo aregwa byose, avuga ko ari ibikorwa byashyizwemo imbaraga n’abashaka kumusenya nk’umuntu w’icyamamare ufite izina rikomeye ku rwego rw’isi.
Nyuma yo guhamwa n’ibyaha, abunganizi be batangaje ko bazajurira uwo mwanzuro, ndetse banasaba ko yakwimurirwa mu gereza ifite umutekano, aho yabasha gukomeza ibikorwa bye byo kwandika indirimbo ze.







