Mu gace ka Sicile mu Butaliyani, umugabo w’imyaka 42 yisanze mu bibazo bitari biteganyijwe, nyuma yo kugaragara mu mashusho yo kwamamaza resitora yashyizwe kuri TikTok atabizi, ari kumwe n’umugore utari uwe.
Iyi videwo yari igamije kwamamaza uburyohe n’imyidagaduro ya resitora, ariko ku mugabo wayigaragayemo, yahindutse intandaro yo gusenyuka kw’urugo rwe.
Amakuru avuga ko uwo mugabo yari yabwiye umugore we ko yagiye gusangira n’abo bakorana. Icyakora, nyuma y’iminsi mike, umugore yaje kubona amashusho ya TikTok amugaragaza ari ku meza asangira n’undi mugore atazi.
Ntabwo bizwi niba ayo mashusho yarayabonye ku bw’impanuka cyangwa niba hari uwayamwoherereje, ariko icyabaye ni uko yahise amenya ko umugabo we yamubeshye.
Kumva ko yahemukiwe kandi bigakorerwa ku mugaragaro byatumye afata icyemezo cyo guhagarika kubana n’umugabo we nk’umugore n’umugabo.
Mu gihe uwo mugabo yamenyaga ko ayo mashusho yamugejeje mu bibazo byo mu muryango, yahise agana inkiko arega resitora yamufashe amashusho ikanayatangaza itabimusabye uburenganzira.
Yemeza ko ubuzima bwe bwite bwahungabanye, ndetse ko amashusho yamushyize mu ruhame mu buryo butari bukwiye, bigatuma ahura n’ingaruka zitari zikenewe mu rugo rwe.
Ubu ahagarariwe n’umuryango ‘Codacons’ uharanira uburenganzira bw’abaguzi mu Butaliyani, uri gusaba indishyi ku bw’ingaruka yagize, ndetse unateganya gutanga ikirego mu kigo gishinzwe kurengera amakuru bwite y’abantu.
Umuvugizi wa Codacons, Francesco Tanasi, yavuze ko bidakwiye ko ibigo bifata amashusho y’abakiliya batabiherewe uruhushya rugaragara, hanyuma bikayatangaza ku mbuga nkoranyambaga.
Yagize ati: “Kwamamaza ntibikwiye kunyura hejuru y’ubuzima bwite bw’abantu. Hari igihe amashusho ashobora guteza ingaruka zikomeye kuruta uko babitekereza.”
Iyi nkuru yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bayifashe nk’isomo rikomeye ku bijyanye n’ubuzima bwite n’imikoreshereze ya TikTok mu kwamamaza.
Hari abavuze ko ikibazo atari amashusho, ahubwo ari imyitwarire y’umugabo ubwe. Abandi bo bagaragaje ko n’ubwo yaba yarakoze amakosa, gufatwa amashusho no gushyirwa ku karubanda atabizi na byo ari ikibazo gikomeye.
Iyi nkuru yagaragaje uko mu gihe cya TikTok n’imbuga nkoranyambaga, ubuzima bwite bushobora kujya ahagaragara mu kanya gato, kandi bikagira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu no ku mibanire yabo.
Ni inkuru yibutsa ko rimwe na rimwe, atari ibintu bikomeye bisenya urugo, ahubwo ari utuntu duto tudatekerejweho, ariko tukavamo ingaruka zikomeye.










