Umuryango w’umuhanzikazi ukora indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Baby Gloria, watangaje ko utemeranywa n’ibihuha bimaze iminsi bikwirarakwira ku mbuga nkoranyambaga, bivuga ko urugo rw’uyu muhanzikazi Baby, ruri mu marembera, ibi bihuha bije nyuma y’igihe cy’amezi make gusa bashinze urugo.
Mu munsi ishiz, ku mbuga nkoranyambaga yagiye havugwa amakuru, avuga ko umugabo wa Baby Gloria batameranye neza, hari n’andi makuru avuga ko Jonas Mbaleka, yaba afitenye umubano w’ibanga na mushiki we muto, Jolly Mirembe Ssenyonjo.

Gusa nanone uyu muryango wahakanye ibi bivugwa wivuye inyuma, uvuga ko ari ibinyoma, bigamije guharabika no kwandagaza ndetse no guteza umwiryane mu muryango.
Na Jolly Mirembe ubwe yihutiye guhakana anasubiza kuri ibibyavuzwe, abinyujije ku rubuga rwe rwa Snapchat, avuga ko ibyo bivuga nta kuri kubirimo.
Yagize ati: “Iyo nza Kuba nkundana n’umugabo we, ubu mba ndi kumwe n’umugabo wa Baby Gloria. Ibi byagaragaje ko ibi bihuha bidafite inshingiro bidashidikanywaho na gato.







