• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, January 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Umuraperi Snoop Dogg, yanenze uburyo LGBTQ+ igaragazwa mu mafirime y’abana

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 26, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuraperi Snoop Dogg yatangaje ko atishimira uburyo ibikorwa bya LGBTQ+ bigaragarizwa mu mafirime y’abana, kuko ngo bituma abana babaza ibibazo bigoye gusubizwa.

Ibi yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro cya podcast giherutse, aho yibutse uko umwuzukuru we yagize icyo abaza igihe barebaga filime ya Lightyear yakozwe na Disney na Pixar mu 2022.

Muri iyo filime, harimo agace karimo umuryango w’ababyeyi babiri b’abagore bagaragazwa basomana ndetse nyuma bakabyarana umwana.

Mu kiganiro cyasohotse ku wa 20 Kanama kuri podcast yitwa It’s Giving, Snoop w’imyaka 53 yavuze uburyo umwuzukuru we yamubajije ikibazo mu gihe filime yari ikirebwa.

Ati: “Baravuga ngo ‘yabyaranye n’umugore’. None umwuzukuru wanjye mu gihe cyo mu filime arambaza ngo, ‘Sogoku? Umugore abyarana ate n’undi mugore kandi bose ari abagore?’”

Snoop yavuze ko icyo gihe yumvise arakaye cyane mu nzu mberabyombi, ati: “Nari nje kureba filime gusa, sinari niteguye ibi bibazo.”

Umuraperi Snoop Dogg, yanenze uburyo LGBTQ+ igaragazwa mu mafirime y’abana

Aho gusubiza uwo mwana, yavuze ko yamubwiye ngo akomeze arebe filime. Ariko umwuzukuru we ntiyacogoye, akomeza kubaza ati: “Ariko se Sogoku, bavuze ko ari abagore bombi babyaranye. None byagenze bite?”

Snoop yasobanuye ko yamucecesheje, amubwira ati: “Reba filime iracyakomeza,” ndetse amusaba kurya ijugu( popcorn), aregereje. Nyuma yongeyeho ko yari yaje kwisinzirira no kureba filime, ariko aza gukangurwa n’ibibazo by’umwana we.

Ati: “Byatumye ntinya kongera kujya mu nzu mberabyombi. Muteramo ibintu ntazi uko bimeze. Byanyobeye. Nibajije nti ‘Ese ibi bizageza hehe filime?’ Aba ni abana, kuki babibereka? Bari bukubaze ibibazo… kandi ntawabaha igisubizo cyanyacyo.”

Abashakanye bahuje ibitsina muri ‘Lightyear’.
Disney

Muri icyo kiganiro, Snoop yanagarutse ku bintu bijyanye na LGBTQ+ “bishyirwa hose.”

Kuva filime Lightyear yasohoka mu 2022, yerekana abasomana yateje impaka zikomeye mu bihugu bimwe.

Saudi Arabia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu byayibujije guca mu mu nzu ya sinema.

Muri Leta ya Oklahoma muri Amerika, sinema imwe yanashyizweho itangazo riburira abareba iyo filime, inavuga ko izajya isimbuka ako gace k’abasomana.

Byigeze no kuvugwa ko ako gace kasibwe muri filime, nk’uko Variety yabitangaje, ariko nyuma kasubijwemo bitewe n’uko abakozi ba Disney na Pixar batishimiye uburyo uwari CEO wa Disney, Bob Chapek, yitwaye ku itegeko rya Florida rizwi nka “Don’t Say Gay bill.”

Abakinnyi b’ingenzi muri Lightyear barimo Uzo Aduba na Chris Evans bari mu bashyigikiye icyemezo cya Disney na Pixar cyo gusubizamo ako gace k’abasomana.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Ishusho yo ku Rukiko rwa Gisirikare

Next Post

Carly Pearce yagaragaje urugendo rwe ahanganye n’indwara zo mu mutwe

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira

Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira

by MUNYANKINDI Alphonse
46 minutes ago

Mu gihe benshi bamumenyereye nk’umukinnyi wa filime ukunzwe cyane mu Rwanda, Niyitegeka Gratien, uzwi nka Papa Sava, amaze imyaka irenga...

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
2 hours ago

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bazwi ku rwego mpuzamahanga, Todd Galberth na Naomi Raine, batangaje ko u Rwanda...

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
23 hours ago

Abakunzi b’imyidagaduro n’urwenya baritegura ijoro ridasanzwe kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo hateganyijwe igitaramo cya Gen Z...

Next Post
Carly Pearce yagaragaje urugendo rwe ahanganye n’indwara zo mu mutwe

Carly Pearce yagaragaje urugendo rwe ahanganye n’indwara zo mu mutwe

Ishusho yo ku Rukiko rwa Gisirikare

Abanyamakuru n'abakozi ba RCS bafunguwe by'agateganyo

Kagame yanenze abayobya amakuru ku bikorwa bya RDF

Kagame yanenze abayobya amakuru ku bikorwa bya RDF

Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira
Imyidagaduro

Papa Sava: Urugendo rw’imyaka irenga 30 mu buhanzi, kuva ku mafaranga 2000 Frw kugeza kuri filime ye ya mbere irangira

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Menya imwe mu miti ishobora kugabanya ‘ingufu z’abagabo’ mu gihe cyo gutera akabariro
Ubuzima

Menya imwe mu miti ishobora kugabanya ‘ingufu z’abagabo’ mu gihe cyo gutera akabariro

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
RURA yashyize iherezo ku rujijo rw’imikoreshereze ya USSD codes zishingiye ku miyoboro ya telephone
Ikoranabuhanga

RURA yashyize iherezo ku rujijo rw’imikoreshereze ya USSD codes zishingiye ku miyoboro ya telephone

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda
Imyidagaduro

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.