• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Umuraperi Snoop Dogg, yanenze uburyo LGBTQ+ igaragazwa mu mafirime y’abana

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 26, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuraperi Snoop Dogg yatangaje ko atishimira uburyo ibikorwa bya LGBTQ+ bigaragarizwa mu mafirime y’abana, kuko ngo bituma abana babaza ibibazo bigoye gusubizwa.

Ibi yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro cya podcast giherutse, aho yibutse uko umwuzukuru we yagize icyo abaza igihe barebaga filime ya Lightyear yakozwe na Disney na Pixar mu 2022.

Muri iyo filime, harimo agace karimo umuryango w’ababyeyi babiri b’abagore bagaragazwa basomana ndetse nyuma bakabyarana umwana.

Mu kiganiro cyasohotse ku wa 20 Kanama kuri podcast yitwa It’s Giving, Snoop w’imyaka 53 yavuze uburyo umwuzukuru we yamubajije ikibazo mu gihe filime yari ikirebwa.

Ati: “Baravuga ngo ‘yabyaranye n’umugore’. None umwuzukuru wanjye mu gihe cyo mu filime arambaza ngo, ‘Sogoku? Umugore abyarana ate n’undi mugore kandi bose ari abagore?’”

Snoop yavuze ko icyo gihe yumvise arakaye cyane mu nzu mberabyombi, ati: “Nari nje kureba filime gusa, sinari niteguye ibi bibazo.”

Umuraperi Snoop Dogg, yanenze uburyo LGBTQ+ igaragazwa mu mafirime y’abana

Aho gusubiza uwo mwana, yavuze ko yamubwiye ngo akomeze arebe filime. Ariko umwuzukuru we ntiyacogoye, akomeza kubaza ati: “Ariko se Sogoku, bavuze ko ari abagore bombi babyaranye. None byagenze bite?”

Snoop yasobanuye ko yamucecesheje, amubwira ati: “Reba filime iracyakomeza,” ndetse amusaba kurya ijugu( popcorn), aregereje. Nyuma yongeyeho ko yari yaje kwisinzirira no kureba filime, ariko aza gukangurwa n’ibibazo by’umwana we.

Ati: “Byatumye ntinya kongera kujya mu nzu mberabyombi. Muteramo ibintu ntazi uko bimeze. Byanyobeye. Nibajije nti ‘Ese ibi bizageza hehe filime?’ Aba ni abana, kuki babibereka? Bari bukubaze ibibazo… kandi ntawabaha igisubizo cyanyacyo.”

Abashakanye bahuje ibitsina muri ‘Lightyear’.
Disney

Muri icyo kiganiro, Snoop yanagarutse ku bintu bijyanye na LGBTQ+ “bishyirwa hose.”

Kuva filime Lightyear yasohoka mu 2022, yerekana abasomana yateje impaka zikomeye mu bihugu bimwe.

Saudi Arabia na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu byayibujije guca mu mu nzu ya sinema.

Muri Leta ya Oklahoma muri Amerika, sinema imwe yanashyizweho itangazo riburira abareba iyo filime, inavuga ko izajya isimbuka ako gace k’abasomana.

Byigeze no kuvugwa ko ako gace kasibwe muri filime, nk’uko Variety yabitangaje, ariko nyuma kasubijwemo bitewe n’uko abakozi ba Disney na Pixar batishimiye uburyo uwari CEO wa Disney, Bob Chapek, yitwaye ku itegeko rya Florida rizwi nka “Don’t Say Gay bill.”

Abakinnyi b’ingenzi muri Lightyear barimo Uzo Aduba na Chris Evans bari mu bashyigikiye icyemezo cya Disney na Pixar cyo gusubizamo ako gace k’abasomana.

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Ishusho yo ku Rukiko rwa Gisirikare

Next Post

Carly Pearce yagaragaje urugendo rwe ahanganye n’indwara zo mu mutwe

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
2 days ago

rikaba rizitabirwa n'abahanga imideli bo mu bihugu nka South Africa, Kenya, Central Africa, Rwanda, USA na Senegal n’abamurika imideli babigize...

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
2 days ago

Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'igihugu rw'imiyoborere RGB yabengutse umuziki wa Ruti Joel dore ko amufata nk'umuhanzi w'ibihe byose mu Rwanda. Umuyobozi...

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Kevin kade yasobanuye impamvu, yavuye muri Iwacu na muzika festival 2025, yari umwe mu batoranyijwe muri ibyo bitaramo byamaze iminsi...

Next Post
Carly Pearce yagaragaje urugendo rwe ahanganye n’indwara zo mu mutwe

Carly Pearce yagaragaje urugendo rwe ahanganye n’indwara zo mu mutwe

Ishusho yo ku Rukiko rwa Gisirikare

Abanyamakuru n'abakozi ba RCS bafunguwe by'agateganyo

Kagame yanenze abayobya amakuru ku bikorwa bya RDF

Kagame yanenze abayobya amakuru ku bikorwa bya RDF

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
     

    Loading Comments...