Umuhanzi nyarwanda Mbarushimana Moise uzwi ku izina rya Boy Chopper mu njyana ya Hip Hop, arimo gusaba ubufasha bwo gutaha mu Rwanda, nyuma yo kumara igihe afungiye mu gihugu cya Cambodia mu buryo butemewe n’amategeko, aho bivugwa ko yajyanweyo n’abantu bamushutse bamwizeza akazi.
Boy Chopper, wamamaye mu ndirimbo zirimo 420, 24/7 na 911, bivugwa ko yagiye muri Cambodia ashakisha akazi ko kwigisha.
Icyakora, amakuru yashyizwe ku rubuga rwa GoFundMe n’inshuti ye ya hafi agaragaza ko agezeyo yahise afungirwa ahantu hasobanurwa nk’ikigo gikorerwamo uburiganya (scam compound), aho yamaze amezi agera kuri icyenda.
Amakuru akomeza avuga ko uyu muhanzi yabashije gutoroka ku wa 16 Mutarama, nyuma y’igikorwa cyakozwe na Polisi ya Cambodia yagabye igitero kuri icyo kigo.

Nyuma yo gutoroka, Boy Chopper bivugwa ko yahise asigara adafite aho ajya, adafite ibyangombwa by’inzira ndetse n’ubushobozi bwo gusubira mu gihugu cye.
Leigh Woods, wagaragaje ko yigeze kuba umurinzi (guardian) wa Mbarushimana mu gihe yari mu Rwanda, yemeje aya makuru abinyujije ku rubuga rwa Facebook, avuga ko Boy Chopper yagizwe victime y’ubucuruzi bw’abantu (human trafficking).
Ati: “Moise ni umwe mu bana nigeze kurera mu Rwanda. Yajyanywe muri Cambodia ajyanwa mu bikorwa by’uburiganya, ahamara amezi icyenda. Yagize amahirwe atoroka, ariko ubu yarabuze.”
Uyu Leigh Woods yongeyeho ko hari ibiganiro biri gukorwa n’inzego zitandukanye zirimo za ambasade, Umuryango Mpuzamahanga wita ku Bimukira (IOM), n’izindi nzego bireba, hagamijwe gushakira Boy Chopper uko ataha mu Rwanda amahoro.
Ku rubuga rwa GoFundMe, hagaragajwe ko uyu muhanzi ubu atuye mu mujyi wa Phnom Penh, ariko akaba adafite pasiporo cyangwa ibyangombwa bimwemerera gusubira mu Rwanda.
Bivugwa kandi ko n’amikoro adahagije ari imwe mu mpamvu zimubangamiye.
Ubukangurambaga bwo gukusanya inkunga bwatangijwe n’inshuti ye yitwa Itslaaah L, bukaba bugamije gukusanya amapawundi 2,553 (asaga miliyoni 4.3 z’amafaranga y’u Rwanda), azifashishwa mu kugura itike y’indege, kwishyura ibyangombwa by’inzira n’ibindi bikenerwa byose.
Mu butumwa bwashyizwe hanze, hagaragajwe ko kubura ibyangombwa n’amafaranga byatumye Boy Chopper adashobora kuva muri Cambodia, n’ubwo yaba yaravuye mu maboko y’abamufungaga.
Ku rundi ruhande, itangazamakuru ryagerageje kuvugana n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo rumenye niba hari iperereza riri gukorwa kuri iki kibazo, ariko nta gisubizo cyabonetse kugeza inkuru itambutse.
Iyi nkuru yongeye kugaragaza ikibazo cy’uburiganya bukorerwa urubyiruko n’abahanzi, aho bamwe bashukwa n’amasezerano y’akazi hanze y’igihugu, bagasanga baguye mu mutego w’abacuruza abantu.
Abasesenguzi basaba ko hakomeza gukazwa ingamba zo kwigisha abantu kwitondera ayo masezerano, by’umwihariko ajyanye n’ingendo zo kujya gukora mu mahanga.








