Umuhanzi wo muri Uganda, Fik Fameica, yateguje igitaramo cye cyizaba ku itariki ya 5 Nzeri, kikaba cyitezwe. Yatangiye imyiteguro ya nyuma, harimo imyitozo. Nyuma y’ukwezi akora ibikorwa byo kwamamaza ku butaka.
Umwaka wa 2025 umaze kumenyekana kubera ibitaramo byinshi yagiye akora kindi bigenda neza, Fik Fameica kandi yifuza ko yakomeza uwo murongo muri iki gitaramo giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu.
Fik, uzwiho indirimbo nyinshi zakunzwe cyane, ari gukora imyitozo hamwe n’itsinda ry’abanyamuziki babigize umwuga muri studio ya ABM i Muyenga.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Fik Fameica yatangaje ko afite impungenge nke ku munsi w’igitaramo, ariko ashimangira ko inzozi ze zigomba gushyirwa mu bikorwa kuri uwo munsi.
Ati:“ Imbarangazo mporandi nazo . Mfite impungenge, ariko ni ikigeragezo. Ni ikintu nabyutse umunsi umwe nkafata umwanzuro wo kugikora n’ubwo byagenda bite. Ni isezerano nari nahawe ubwange.”
Yahamagariye abakunzi be kuza aho igitaramo kizabera i Lugogo Cricket Oval ari benshi, abasezeranya ko hazaba harimo abahanzi bakomeye batandukanye ndetse n’imurikabikorwa ritazibagirana azerekana we ubwe.
Yongeyeho agira ati:“ Ndabasaba abakunzi banjye kuzinduka kuri uyu wa Gatanu. Nzajya ku rubyiniro igihe cyose mbona bafana benshi, hatitawe ku isaha. Inshuti zanjye zose nazo zizaririmba.”