• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Udushya tudasanzwe mu iserukiramuco rya Oldies rigiye kugaruka

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 22, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Iserukiramuco ‘Oldies Festival’ rigiye kongera kuba, aho abagore bahawe umwihariko wo kuzafata umwanya munini mu gususurutsa abazaba baryitabiriye.

Basile Uwimana uri gutegura iri serukiramuco yavuze ko by’umwihariko, bazibanda ku guhesha agaciro abagore, aho bazagira uruhare rugaragara mu myidagaduro, cyane cyane mu kazi k’ubushushyarugamba no kuvanga imiziki.

Yavuze ko iserukiramuco rya Oldies Festival kuri iyi nshuro rizabera muri Kigali Universe tariki 6 Ukuboza 2025.

Ati “Kuva ‘Oldies Festival’ yatangira, abari aba-DJ ndetse n’abashyushyarugamba akenshi babaga ari abagabo. Ubu rero twahisemo guha umwanya n’abari n’abategarugori. Ni ukuvuga ngo muri aba-DJ hazabamo abakobwa, ndetse n’umushyushyarugamba nyamukuru azaba ari umugore.”

Uwimana yongeyeho ko indi mpinduka izaba itandukanye n’iy’ibindi bihe ari ‘Live Band’ iri mu za mbere mu Rwanda, izacuranga umuziki wo mu myaka yo hambere, ihuza injyana za kera n’iz’ubu mu buryo bwo gususurutsa abitabira.

Iri serukiramuco ryaherukaga kuba tariki ya 26 Nyakanga 2025, naryo ryabereye muri Kigali Universe. Kuri iyo nshuro, ryari ryitabiriwe n’abatari bake bakunda umuziki n’umuco wo hambere, ndetse hahembwe abahize abandi mu myambarire barimo Mugisha Emmanuel wamamaye nka Clapton Kibonge muri Cinema.

Uretse igitaramo nyamukuru, iri serukiramuco risanzwe riherekezwa n’ibiganiro ku mateka y’umuziki nyarwanda, ibiganiro by’abahanga mu myambarire ya kera, ndetse n’imurikabikorwa ry’abanyabugeni n’abashushanya bigaragaza iterambere ry’ubuhanzi n’umuco kuva kera.

Ku isi hose, amaserukiramuco nk’aya akunze kuba urubuga rwo guhuza abakunzi b’umuziki n’abahanzi bakunda kwibuka ibihe byahise. Mu birori nk’ibi, abitabira baba bambaye imyambaro ya kera, bagaragaza uburyo umuco n’imideli byagiye bihinduka.

Share2Tweet1Send
Previous Post

The Ben na Madebeats biyungiye mu Bwongereza

Next Post

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Umuhanzi zo kuramya no guhimbaza Imana Richard Nick Ngendahayo nyuma yo gukora igitaramo kikitabirwa n’abantu benshi ndetse umubare w’abihana ukiyongera...

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo....

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Irene Ingabire Kamanzi ni umuhanzi wa menyekanye hano mu Rwanda cyane mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi kw'izina ry'ubuhanzi...

Next Post
Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Chagga yavuze ko yakabaye yarahagaritse abantu bagiriraga nabi Mowzey Radio

Chagga yavuze ko yakabaye yarahagaritse abantu bagiriraga nabi Mowzey Radio

Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.