U Rwanda rwageze ku manota menshi rwari rutaherukana kubona mu kurwanya (Corruption Perceptions Index (CPI) 2025), raporo ngarukamwaka itangazwa na Transparency International (TI) isuzuma uko ruswa ihagaze mu bihugu bitandukanye ku isi.
Iyi raporo yasohotse ku wa Kabiri, tariki ya 10 Gashyantare 2026, igaragaza ko u Rwanda rwabonye amanota 58 ku ijana, avuye kuri 57 ku ijana rwari rwaragize mu 2024.
Ku rwego rw’isi, u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa 41 mu bihugu 182 byasuzumwe, ruvuye ku mwanya wa 43 rwariho umwaka ushize. Ibi bigaragaza intambwe ikomeje guterwa mu gukumira ruswa no guteza imbere imiyoborere ishingiye ku mucyo no kubazwa inshingano.
Ku mugabane wa Afurika, u Rwanda rwakomeje kuguma mu myanya y’imbere, rufata umwanya wa gatatu, runganya amanota na Botswana, na yo yagize 58 ku ijana. Seychelles ni yo ya mbere muri Afurika n’amanota 68 ku ijana, ikurikirwa na Cape Verde ifite 62 ku ijana.

Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda ni rwo rukomeje kuza ku isonga. Tanzania iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 40 ku ijana, igakurikirwa na Kenya (30 ku ijana), Uganda (25 ku ijana), Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (20 ku ijana), na Burundi (17 ku ijana). Ku rwego rw’isi, Tanzania iri ku mwanya wa 84, Kenya ku wa 130, Uganda ku wa 148, DR Congo ku wa 163 naho Burundi iri ku wa 167.
Mu ijambo rye ubwo hasohokaga iyi raporo, Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Apollinaire Mupiganyi, yavuze ko CPI 2025 igaragaza ishusho iteye impungenge ku rwego rw’isi. Yavuze ko impuzandengo y’amanota ku isi yagabanutse ikagera kuri 42 ku ijana, ari na yo ntoya imaze kuboneka mu myaka irenga icumi ishize.
Yongeyeho ko ibihugu birenga bibiri bya gatatu by’isi bigira amanota ari munsi ya 50, bivuze ko miliyari z’abantu bakomeje kubaho mu mikorere irimo ruswa igoreka serivisi za Leta, igaca intege demokarasi kandi igadindiza iterambere.
Yavuze kandi ko n’ibihugu bikomeye byo mu Burengerazuba birimo Amerika, Kanada n’Ubwongereza byagize igabanuka ry’amanota kubera intege nke mu bugenzuzi.










