• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

U Rwanda na USA bageze ku masezerano yo kwakira abimukira

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 6, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yageze ku masezerano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yo kwakira abimukira bagera kuri 250, mu rwego rwo gufatanya mu gukemura ibibazo byugarije isi by’abimukira.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, aho yavuze ko iki gikorwa ari igice cy’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, hagamijwe kurengera ubuzima n’uburenganzira bwa muntu , ahanini bava mu bihugu bikomeje guhura n’ibibazo by’intambara, ubukene n’ivangura.

“Ni igikorwa kigamije gutanga ubufasha ku bantu bahangayikishijwe n’ahazaza habo. U Rwanda ruzakomeza kugira uruhare mu gufasha abantu bari mu kaga, nk’uko twabikoze n’ubundi mu bihe bishize.Yolande Makolo umuvugisi wa guverinoma y’u Rwanda
Nk’uko byemezwa n’itangazo ryasohowe, aba bimukira bazinjira mu gihugu mu byiciro, aho bazajya bashyirwa mu bigo byabugenewe, bahabwe ubufasha bw’ibanze burimo ubuvuzi, icumbi n’ubujyanama, mu gihe bazaba bategereje ibisubizo bijyanye n’imibereho yabo ya buri munsi n’ahazaza habo.

Bivugwa ko aba bimukira bashobora kuba baravuye mu bihugu by’Afurika, Aziya cyangwa Amerika y’Epfo, bamwe bakaba barafashwe bari mu nzira berekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baciye mu nzira zitemewe.

Iki gikorwa kibaye mu gihe u Rwanda rumaze kumenyerwa ku rwego mpuzamahanga mu kwakira abimukira no kubaha ubuzima bwiza kurusha aho baturutse. Urugero ni nk’abimukira baturutse muri Libya rwakiriye mu myaka yashize, mu bufatanye na HCR (Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi).

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Amerika yavuze ko aya masezerano atagamije gusa gukemura ikibazo cy’abimukira, ahubwo anashimangira umubano mwiza hagati ya Washington na Kigali.

Ibi bivuze iki ku Rwanda?

Iki ni ikimenyetso gikomeye cyerekana icyizere ibindi bihugu bikomeje kugira ku Rwanda nk’igihugu gifite amahoro, ubuyobozi bufite icyerekezo, ndetse n’ubushobozi bwo gucunga ibibazo byihutirwa bijyanye n’ubuzima n’umutekano w’abantu.

Byitezwe ko aba bimukira bazatangira kugera mu Rwanda mu mezi ari imbere, mu gihe ibijyanye n’ibikorwa by’iyakira bizaba byarangiye gutegurwa.

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Bebe Cool yageze mu Bwongereza

Next Post

Kizz Daniel yateguje abanya kigali ko azagaruka

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

by Peacemaker PUNDIT
3 days ago

Ni inkuru itangaje kuyumva cyangwa se kuyibarira abantu bo mu bihugu bibyara nka kumwe bivugwa muri Bibiliya"Mubyare mwuzure isi mube...

Uganda: Fik Fameica Yateguje Igitaramo i Lugogo

by Alex RUKUNDO
6 days ago

Umuhanzi wo muri Uganda, Fik Fameica, yateguje igitaramo cye cyizaba ku itariki ya 5 Nzeri, kikaba cyitezwe. Yatangiye imyiteguro ya...

Bushali muri rwaserera, Tiwa Savage kuri Tatoo (Avugwa mu myidagaduro)

Bushali muri rwaserera, Tiwa Savage kuri Tatoo (Avugwa mu myidagaduro)

by Peacemaker PUNDIT
1 week ago

Iyi nkuru ikubiyemo amakuru avugwa mu isi y’imyidagaduro. Ntabwo twakusanyije amakuru menshi ahubwo twakurikiranye ikibazo cya Bushali n'umuyobozi wa PSF...

Next Post
Kizz Daniel yateguje abanya kigali ko azagaruka

Kizz Daniel yateguje abanya kigali ko azagaruka

Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 2025 ryafunguwe ku mugaragaro i Kigali

Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 2025 ryafunguwe ku mugaragaro i Kigali

Adesope Olajide yageze mu Rwanda

Adesope Olajide yageze mu Rwanda

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.