• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

U Rwanda na USA bageze ku masezerano yo kwakira abimukira

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 6, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yageze ku masezerano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yo kwakira abimukira bagera kuri 250, mu rwego rwo gufatanya mu gukemura ibibazo byugarije isi by’abimukira.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, aho yavuze ko iki gikorwa ari igice cy’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, hagamijwe kurengera ubuzima n’uburenganzira bwa muntu , ahanini bava mu bihugu bikomeje guhura n’ibibazo by’intambara, ubukene n’ivangura.

“Ni igikorwa kigamije gutanga ubufasha ku bantu bahangayikishijwe n’ahazaza habo. U Rwanda ruzakomeza kugira uruhare mu gufasha abantu bari mu kaga, nk’uko twabikoze n’ubundi mu bihe bishize.Yolande Makolo umuvugisi wa guverinoma y’u Rwanda
Nk’uko byemezwa n’itangazo ryasohowe, aba bimukira bazinjira mu gihugu mu byiciro, aho bazajya bashyirwa mu bigo byabugenewe, bahabwe ubufasha bw’ibanze burimo ubuvuzi, icumbi n’ubujyanama, mu gihe bazaba bategereje ibisubizo bijyanye n’imibereho yabo ya buri munsi n’ahazaza habo.

Bivugwa ko aba bimukira bashobora kuba baravuye mu bihugu by’Afurika, Aziya cyangwa Amerika y’Epfo, bamwe bakaba barafashwe bari mu nzira berekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baciye mu nzira zitemewe.

Iki gikorwa kibaye mu gihe u Rwanda rumaze kumenyerwa ku rwego mpuzamahanga mu kwakira abimukira no kubaha ubuzima bwiza kurusha aho baturutse. Urugero ni nk’abimukira baturutse muri Libya rwakiriye mu myaka yashize, mu bufatanye na HCR (Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi).

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Amerika yavuze ko aya masezerano atagamije gusa gukemura ikibazo cy’abimukira, ahubwo anashimangira umubano mwiza hagati ya Washington na Kigali.

Ibi bivuze iki ku Rwanda?

Iki ni ikimenyetso gikomeye cyerekana icyizere ibindi bihugu bikomeje kugira ku Rwanda nk’igihugu gifite amahoro, ubuyobozi bufite icyerekezo, ndetse n’ubushobozi bwo gucunga ibibazo byihutirwa bijyanye n’ubuzima n’umutekano w’abantu.

Byitezwe ko aba bimukira bazatangira kugera mu Rwanda mu mezi ari imbere, mu gihe ibijyanye n’ibikorwa by’iyakira bizaba byarangiye gutegurwa.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Bebe Cool yageze mu Bwongereza

Next Post

Kizz Daniel yateguje abanya kigali ko azagaruka

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Umunyarwanda yatorewe kuba umukuru w’ihuriro ry'abanglikani ritemera amwe mu amahame y'ubutegetsi busanzweho bw’iri dini ku isi rikuriwe na Archbishop of...

Ava Peace yatangaje ko impano z’isabukuru ye zarenze miliyoni 100 UGX

Ava Peace yatangaje ko impano z’isabukuru ye zarenze miliyoni 100 UGX

by MUNYANKINDI Alphonse
2 days ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Ava Peace yatangaje ko mu birori byo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko yakusanyije impano n’amafaranga birenga miliyoni...

Next Post
Kizz Daniel yateguje abanya kigali ko azagaruka

Kizz Daniel yateguje abanya kigali ko azagaruka

Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 2025 ryafunguwe ku mugaragaro i Kigali

Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 2025 ryafunguwe ku mugaragaro i Kigali

Adesope Olajide yageze mu Rwanda

Adesope Olajide yageze mu Rwanda

Umwuka mubi hagati ya Alien Skin na Yung Mulo ukomeje gufata indi ntera
Imyidagaduro

Umwuka mubi hagati ya Alien Skin na Yung Mulo ukomeje gufata indi ntera

by Alex RUKUNDO
March 7, 2026
Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.