• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Trump yahakanye ko ahisha ukuri ku byaha bya Epstein wiyahuriye muri gereza

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 16, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko iperereza ku byaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bikekwa kuri Jeffrey Epstein bidakwiye guteza impagarara. Yavuze ko iryo perereza “ridashishikaje” kandi ko rihangayikishije “abantu babi” gusa. Ariko yongeyeho ko ashyigikiye ko amakuru yizewe yose yerekeye icyo kibazo yatangazwa.

Ibi Trump yabitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa Kabiri nijoro, ubwo yabazwaga ku mpamvu abayoboke be, cyane cyane abashyigikiye gahunda ye ya “Make America Great Again (MAGA)”, bakomeje gusaba ko ukuri ku byaha bya Epstein kumenyekana.

Epstein yari umuherwe ukomoka muri Amerika, washinjwaga guhohotera abana b’abakobwa. Yatawe muri yombi mu 2019, ariko nyuma yaje kwiyahura akiri muri gereza. Hari abacyeka ko atiyahuye ahubwo yishwe, kugira ngo hakumirwe ko atangaza amazina y’abantu bakomeye bakoranaga nawe mu bikorwa by’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Trump yavuze ko adasobanukiwe impamvu abantu bagihangayikishijwe cyane n’iyo dosiye. Ati: “Ni ibintu bitari bikwiye gukomeza guteza impaka. Biragayitse, binatesha umutwe. Sinumva impamvu bikiri ikibazo.”

Yongeyeho ko abashyira imbere icyo kibazo ari “abantu babi barimo n’abanyamakuru batanga amakuru atari yo.” Ariko yanemeye ko ibintu byose bifite ukuri byakabaye bishyirwa ahagaragara, kugira ngo abaturage bamenye ukuri.

Trump asanzwe azwiho gutanga ibitekerezo bigaragaramo impamvu zishingiye ku cyiswe “deep state”, aho avuga ko hari agatsiko k’abantu bihishe inyuma ya politiki gashaka kuyobora Amerika mu ibanga. Ibi byatumye bamwe mu bamushyigikiye barushaho kugira amakenga, bibaza niba na dosiye ya Epstein harimo ibihishwe.

Mu cyumweru gishize, Minisiteri y’Ubutabera hamwe n’Urwego rushinzwe Ubutasi (FBI), batangaje ko iperereza ryabo ryemeje ko Epstein yiyahuye kandi ko nta rutonde rugaragaza abakiliya be rwatangazwa ku mugaragaro.

Icyo cyemezo cyateje impaka nyinshi, cyane cyane mu bantu bashyigikiye Trump ariko batavuga rumwe n’imitwe ya politiki isanzwe, barimo n’abanyapolitiki bo mu ishyaka ry’Aba-Repubulikani. Bibasiye Umushinjacyaha Mukuru Pam Bondi wari uyoboye iperereza, bavuga ko hari amagambo aherutse gutangaza yemeza ko “urutonde rw’abakiliya ba Epstein ruri ku meza ye.”

Hari n’abandi banyapolitiki b’aba-konsevative basabye ko Trump ubwe atangaza amakuru yose azi kuri Epstein. Nko ku ruhande rwa Lara Trump, umugore w’umuhungu wa Trump akaba n’umunyamakuru wa Fox News, nawe yavuze ko “hari byinshi bikeneye ibisobanuro mu kibazo cya Epstein.”

Mu rundi ruhande, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Mike Johnson, nawe yasabye Minisiteri y’Ubutabera gutangaza amakuru yose kuri Epstein. Ibi yabivugiye mu kiganiro yahaye umunyamakuru Benny Johnson, uzwi mu itangazamakuru ryegamiye ku ruhande rw’aba-konsevative. Ati: “Iki ni ikibazo gikomeye. Ariko dukwiye gushyira byose ahagaragara maze abaturage bakifatira umwanzuro.”

Impinga

Share2Tweet1Send
Previous Post

Abantu barenga 20 bapfiriye mu mvururu kabereye ahatangiwe imfashanyo mu majyepfo ya Gaza

Next Post

Umutwe w’iterabwoba “The Base” ukekwaho kwivugana umukozi w’ubutasi wa Ukraine

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yitabye Imana

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yitabye Imana

by Alex RUKUNDO
2 months ago

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Bufaransa, yasanzwe muri hoteli i Paris yapfuye, iperereza ry’ibanze rikavuga...

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

by Peacemaker PUNDIT
3 months ago

Ni inkuru itangaje kuyumva cyangwa se kuyibarira abantu bo mu bihugu bibyara nka kumwe bivugwa muri Bibiliya"Mubyare mwuzure isi mube...

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

Baltasar Ebang Engonga yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo akatirwa imyaka 8

by Alex RUKUNDO
3 months ago

Urukiko rwa Bioko muri Guinea Equatoriale ku wa Gatatu rwakatiye igifungo cy’imyaka umunani Baltasar Ebang Engonga, uwahoze ari umuyobozi ukomeye...

Next Post
Maneko wa Ukraine yishwe arashwe amasasu atanu i Kyiv

Umutwe w’iterabwoba “The Base” ukekwaho kwivugana umukozi w’ubutasi wa Ukraine

Rutsiro : Abanyeshuri babiri bagerageje gusohokana ikizamini, Nyamagabe: Undi afatirwa ku kindi kigo afite icyuma

Rutsiro : Abanyeshuri babiri bagerageje gusohokana ikizamini, Nyamagabe: Undi afatirwa ku kindi kigo afite icyuma

Gaza: Iperereza ryagaragaje uruhare rwa MBDA mu bitero byahitanye abasivile n’abana

Gaza: Iperereza ryagaragaje uruhare rwa MBDA mu bitero byahitanye abasivile n'abana

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.