• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, January 16, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Mu mahanga

Trump avuga ko Israel yemeye ibisabwa byose ngo habeho agahenge k’iminsi 60 muri Gaza

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
July 2, 2025
Reading Time: 2 mins read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Israel yemeye ibisabwa byose kugira ngo hasinywe amasezerano y’agahenge k’iminsi 60 muri Gaza. Iyi nkuru yahaye icyizere abaturage b’ako gace kuri uyu wa Gatatu, mu gihe abayobozi b’ubuzima bavuze ko nibura abantu 20 bishwe n’ibitero bya Israel.

Trump yabitangaje ku wa Kabiri abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko “ubusabe bwa nyuma” buzashyikirizwa umutwe wa Hamas n’abahuza aribo Qatar na Misiri, nyuma y’inama ndende kandi itanga icyizere yabaye hagati y’intumwa ze n’abayobozi ba Israel.

Abaturage ba Gaza bavuze ko n’iyo agahenge kaba gato, kabazanira ihumure rikomeye. Umwe muri bo witwa Kamal wo mu mujyi wa Gaza yabwiye itangazamakuru ati: “Nizera ko bizakunda. N’iyo byamara amezi abiri gusa, byarokora ubuzima bw’abantu b’inzirakarengane ibihumbi.”

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, akomeje gushyirwaho igitutu gisaba ko yemera agahenge karambye no guhagarika intambara imaze hafi imyaka ibiri. Icyakora bamwe mu bayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi bakomeje kugira impungenge kuri icyo cyemezo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yanditse kuri X ko benshi mu bagize guverinoma y’ubufatanye bashyigikiye amasezerano yagombaga gutuma hafungurwa imfungwa za Hamas zigifungiye muri Gaza.

Yagize ati: “Niba hari amahirwe yo kubigeraho – Twayasamiara mu kirere! Mu abantu 50 bafashwe, bivugwa ko abagera kuri 20 ari bo bakiriho.”

Abaturage ba Gaza bamaze guhura n’ubuzima bubi kubera intambara, inzara, n’ubuhunzi bimaze  amezi 21. Amakuru mashya ku bushake bwa Israel bwo gusinya amasezerano byatanze icyizere n’ihumure.

Tamer Al-Burai, umucuruzi wo muri Gaza, yagize ati: “Turi kubaho iminsi igoye kurusha indi yose. Abaturage bifuza iherezo ry’intambara, ry’inzara n’igitugu.”

Kugeza ubu, ntakirataganzwa na Israel cyangwa Hamas ku byatangajwe na Trump. Gusa Trump yagize ati: “Israel yemeye ibisabwa byose kugira ngo hasinywe amasezerano y’agahenge k’iminsi 60, mu gihe tuzaba dukorana n’impande zose mu kurangiza iyi ntambara.” Ariko ntiyasobanuye ibyo Israel yemeye cyangwa ibisabwa Hamas.

Perezida Trump yagaragaje ko hari igitutu ashaka gushyira kuri Hamas, mu gihe ibihugu byombi – Amerika na Israel – bikomeje ibikorwa bikomeye byo kurwanya ibikorwa bya nikleyeri bya Iran, nubwo hari agahenge kari kamaze kugerwaho.

Abayobozi ba Israel nabo bemera ko intambara yamaze iminsi 12 muri Iran yasize icyo gihugu gikennye ku buryo bukomeye, bigaha amahirwe ibindi bihugu byo mu karere kubaka umubano na Israel.

Umwe mu bayobozi ba Hamas yanze kugira icyo atangaza ku byavuzwe na Trump. Gusa umuntu uzi imikorere y’iyo mitwe yavuze ko abayobozi ba Hamas bitegura kuganira kuri ayo masezerano, bakanasaba ibisobanuro birambuye ku bahuza mbere yo gutanga igisubizo.

Mu mpera za Gicurasi, Hamas yari yasabye ko havugururwa zimwe mu ngingo z’amasezerano y’agahenge yari ashyigikiwe na Amerika. Trump we yavuze ko icyo busabe “cyari kidakwiriye ndetse kitakwakirwa.”

Aya masezerano yavugaga ku gahenge k’iminsi 60 no ku kurekurwa kwa kimwe cya kabiri cy’imbohe za Hamas, zihererekanwe n’imfungwa z’Abanya-Palestina hamwe n’imibiri y’Abanya-Palestina bapfuye. Hamas yari yemeye kurekura abandi basigaye mu gihe cy’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika burundu intambara.

Yair Lapid, Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Israel, yanditse kuri X ko ishyaka rye ryatanga ubufasha kuri guverinoma, igihe bamwe mu bayobozi bayo batakwemera ayo masezerano. Yavuze ko atazashyigikira icyemezo cyatuma guverinoma igwa binyuze mu matora yo kutayigirira icyizere.

Abayobozi b’ubuzima bo muri Gaza bavuze ko abantu basaga 20 bishwe n’ibitero bya gisirikare bya Israel ku wa Kabiri nijoro mu majyaruguru no mu majyepfo ya Gaza. Ingabo za Israel zategetse abaturage bava mu duce turimo imirwano.

Mu gusubiza ibibazo by’Ibiro Ntaramakuru Reuters, igisirikare cya Israel cyavuze ko kigamije gusenya ubushobozi bwa gisirikare bwa Hamas, ariko nticyagira icyo gitangaza ku byabaye ku giti cyabyo.

Intambara yatangiye ku wa 7 Ukwakira 2023, ubwo abarwanyi ba Hamas binjiraga muri Israel mu buryo butunguranye, bakica abantu 1,200 – benshi muri bo ari abasivili – ndetse bagashimuta abandi 251 bajyanwa muri Gaza. Icyo ni cyo cyabaye itangiriro ry’iyi ntambara ikomeye.

Ibitero by’ingabo za Israel byakurikiyeho byahitanye Abanya-Palestina barenga 56,000 – benshi muri bo ari abasivili – nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ya Gaza. Ibyo bitero byagize ingaruka zikomeye ku baturage bagera kuri miliyoni 2.3 batuye Gaza, bituma aka gace kajya mu bibazo bikomeye.

Leta Zunze Ubumwe z’Abibumbye zatangaje ko hejuru ya 80% by’ako karere kashyizwe mu maboko y’ubutegetsi bwa gisirikare bwa Israel cyangwa kakajyaho amabwiriza yo kwimuka.

Impinga

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Share2Tweet1Send
Previous Post

Kigali yiyemeje gukura mu muhanda imodoka zidafite amashanyarazi guhera mu 2026

Next Post

Cloudflare yashyizeho uburyo bwo kurinda imbuga bots za AI, busaba kompanyi kuziyishyura

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

CAF yongera kwibutsa abayobozi imyitwarire ikwiye mu mikino mpuzamahanga

CAF yongera kwibutsa abayobozi imyitwarire ikwiye mu mikino mpuzamahanga

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafashe icyemezo gikomeye cyo guhana Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o,...

Umufaransa wiyitaga inzobere muri hypnose akurikiranyweho ihohotera rikabije rishingiye ku gitsina

Umufaransa wiyitaga inzobere muri hypnose akurikiranyweho ihohotera rikabije rishingiye ku gitsina

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Mu majyepfo y’u Bufaransa, urukiko ruri kuburanisha umugabo w’Umunyafaransa ukekwaho ibyaha bikomeye birimo guha abagore ibiyobyabwenge, kubakoresha ihohotera rishingiye ku...

Sat-B: Urugendo rwo kuva mu bukene bukabije kugera ku kuba isura y’umuziki w’u Burundi

Sat-B: Urugendo rwo kuva mu bukene bukabije kugera ku kuba isura y’umuziki w’u Burundi

by MUNYANKINDI Alphonse
6 days ago

Uyu munsi izina Sat-B riri mu akunzwe cyane mu muziki wo mu karere k’Ibiyaga Bigari, ariko inyuma y’icyo cyubahiro hari...

Next Post
Cloudflare yashyizeho uburyo bwo kurinda imbuga bots za AI, busaba kompanyi kuziyishyura

Cloudflare yashyizeho uburyo bwo kurinda imbuga bots za AI, busaba kompanyi kuziyishyura

Umutwe w’Abadepite yemeje umushinga wa Trump nubwo hari abawutangiye bawurwanya

Umutwe w’Abadepite yemeje umushinga wa Trump nubwo hari abawutangiye bawurwanya

Diogo Jota na murumuna we André bapfiriye mu mpanuka y’imodoka muri Espagne

Diogo Jota na murumuna we André bapfiriye mu mpanuka y’imodoka muri Espagne

RURA yashyize iherezo ku rujijo rw’imikoreshereze ya USSD codes zishingiye ku miyoboro ya telephone
Ikoranabuhanga

RURA yashyize iherezo ku rujijo rw’imikoreshereze ya USSD codes zishingiye ku miyoboro ya telephone

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda
Imyidagaduro

Abahanzi bakomeye ba Gospel Todd Galberth na Naomi Raine bagiye gutaramira mu Rwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
January 16, 2026
Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy
Imyidagaduro

Angeli Mutabaruka umwe mubanyamakuru bakomeye na Papa Sava ateganyijwe kuzitabi igitaramo cya Gen Z Comedy

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026
Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora
Umutekano

Uganda: William Nyombi Thembo yatangaje ko internet izasubiraho nyuma y’amatora

by Alex RUKUNDO
January 15, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.